• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»APR FC yatsinze Rayon Sports yuzuza imikino 40 idatsindwa, Gasogi United iyoboye urutonde rwa Shampiyona nyuma yo gutsinda Bugesera FC ku munsi wa 4

APR FC yatsinze Rayon Sports yuzuza imikino 40 idatsindwa, Gasogi United iyoboye urutonde rwa Shampiyona nyuma yo gutsinda Bugesera FC ku munsi wa 4

Ubwanditsi 24 Nov 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Shampiyona y’u Rwanda y’umupira w’amaguru yakomezaga ku munsi wayo wa kane, mu mikino yaraye ibaye kuri uyu wa gatatu tariki ya 23 Ugushyingo 2021, ikipe y’ingabo z’igihugu ya APR FC yaraye itsinze ikipe ya Rayon Sports ibitego 2-1 naho mu wundi mukino ikipe ya Bugesera FC yatsindiwe mu rugo na Gasogi United ibitego 2-1 ihita iyobora urutonde rwa Shampiyona.

Mu mukino w’ishiraniro wabereye kuri Sitade ya Kigali i Nyamirambo, ikipe ya APR FC yari yakiriye ikipe ya Rayon Sports umukino urangira ari ibitego bibiri byatsinzwe na Manishimwe Djabel ndetse na Ruboneka Jean Bosco, ni ibitego byombi byatsinzwe mu gice cya mbere naho ku ruhande rwa Rayon Sports yatsindiwe na Andre Willy Onana.Nk’uko imibare ibigaragaza ni uko ikipe ya APR FC ndetse n’umutoza wayo Adil Mohammed Erradi buzuzaga imikino 40 adatsindwa, ibi bikaba byanatumye ubuyobozi bw’iyi kipe bwashimye abakinnyi bayo kubwo gukomeza kwitwara neza.

Binyuze ku rubuga rwa internet rwa APR FC, umuyobozi wa APR FC Lt Gen Mubarakh Muganga yagize ati “Mu izina ry’ Ubuyobozi, Abakunzi n’Abafana ba APR FC ndatangira nshimira byimazeyo Abakinnyi n’ Abatoza b’ikipe yacu ku intsinzi baduhaye turishimye.”

“Ndashima n’ikipe twakiriye n’ubwo tubatsinda kenshi ni gake bemera ko batsinzwe ariko bongeye kwemera ko batsinzwe kumugaragaro ndetse bavuga ko twimwe na penarite yari gutuma dutahana ibitego birenze bibiri.”

Uyu muyobozi yasoje avuga ku gitekerezo cyo gukoresha abakinnyi b’abanyarwanda mu ikipe ya APR FC bigenda bitanga umusaruro, yagize ati “N’ubwo bisaba kwihangana ariko umusaruro ugaragaza ko kiriya cyerekezo ari inyamibwa cyane. Ubu tuvugana k’umukino wa gatatu w’iyi Shampiyona ikipe twahuye nazo zose zakinishije Abanyamahanga babo 05 babahashyi ariko ntibitubuza ku batsinda.”

Usibye uyu mukino wahuje amakipe yombi kuri sitade ya Kigali i Nyamirambo, i Bugesera ikipe ya Gasogi United yahatsindiye ikipe ya Bugesera FC ibitego 2-1 byatumye ihita iyobora uru rutonde rwa shampiyona aho kuri ubu ifite amanota 10 mu mikino 4 imaze gukinwa.

Iyi kipe irakurirwa na na AS Kigali ndetse na APR FC zifite amanota 9 ariko zimaze gukina imikino 3.

I Gicumbi kandi ikipe ya Kiyovu Sports yahatsindiye ikipe ya Gicumbi FC igitego kimwe ku busa bituma ikipe y’urucaca igeza amanota 7 ikaba iri ku mwanya wa 5.

Uyu munsi imikino irakomeza hakinwa umunsi wa kane mu buryo bukurikira:
AS Kigali vs Marines FC i Nyamirambo
Etoile de l’Est vs Etincelles i Ngoma
Musanze FC vs Espoir FC

2021-11-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma yo gutera penaliti 22, ikipe ya Villareal yo muri Esipanye yegukanye igikombe cya UEFA Europa League itsinze Manchester United.

Nyuma yo gutera penaliti 22, ikipe ya Villareal yo muri Esipanye yegukanye igikombe cya UEFA Europa League itsinze Manchester United.

Ubwanditsi 27 May 2021
CAN 2019: Nigeria yatsinze u Burundi bwakinnye umukino w’amateka, Guinée iratungurwa

CAN 2019: Nigeria yatsinze u Burundi bwakinnye umukino w’amateka, Guinée iratungurwa

Ubwanditsi 23 Jun 2019
RDF izahana by’intangarugero umusirikare warashe umuturage – Maj Gen  Jack Nziza

RDF izahana by’intangarugero umusirikare warashe umuturage – Maj Gen Jack Nziza

Ubwanditsi 12 May 2017
Abarimo Kagere Medie bari ku rutonde Adel Amrouche yatangaje bazakina na Algérie mu mukino wa gicuti utegura imikino y’igikombe cy’isi 2026

Abarimo Kagere Medie bari ku rutonde Adel Amrouche yatangaje bazakina na Algérie mu mukino wa gicuti utegura imikino y’igikombe cy’isi 2026

Ubwanditsi 28 May 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Judith Heard ukomoka mu Rwanda yafungiwe muri Uganda kubera amafoto y’ubwambure
HIRYA NO HINO

Judith Heard ukomoka mu Rwanda yafungiwe muri Uganda kubera amafoto y’ubwambure

Ubwanditsi 01 Aug 2018
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
INKURU NYAMUKURU

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 20 May 2023
Imyaka itanu irashize icyamamare Jean Christophe Matata avuye kuri iyi isi
Mu Rwanda

Imyaka itanu irashize icyamamare Jean Christophe Matata avuye kuri iyi isi

Ubwanditsi 06 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru