• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ntibitangaje kuba abajenosideri n’abana babo bifuza ko “IBUKA-MEMOIRE ET JUSTICE” isenyuka, kuko uyu muryango ubambika ubusa mu ruhame

Ntibitangaje kuba abajenosideri n’abana babo bifuza ko “IBUKA-MEMOIRE ET JUSTICE” isenyuka, kuko uyu muryango ubambika ubusa mu ruhame

Ubwanditsi 03 Dec 2021 Amakuru, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Mahanga

Ntibitangaje kuba abajenosideri n’abana babo bifuza ko “IBUKA-MEMOIRE ET JUSTICE” isenyuka, kuko uyu muryango ubambika ubusa mu ruhame!
Abajenosideri n’ababakomokaho bibumbiye mu kiswe”Jambo Asbl”, bamaze iminsi bikirigita bagaseka, bakwiza ibihuha ngo Umuryango “IBUKA-Mémoire et Justice” ugiye guseswa.

Umuryango IBUKA ubwo bari mu rugendo rwa Walk to Remember mu gihugu cy’Ubufaransa

Ntibavuga ikizatuma useswa, n’abazawusesa. Ni bya bindi by’umutindi urota arya, kuko inzozi zabo zitazigera ziba impamo.

Ni mu gihe ariko, kuko kuva IBUKA-Mémoire et Justice yashingwa mu mwaka w’1994, utigeze uha amahwemo abajenosideri, ugaragariza isi yose ubugome ndengakamere bakoreye Abatutsi. Zimwe mu Nterahamwe-mpuzamugambi byaziviriyemo gufatwa zicirirwa imanza, izindi ziracyabundabunda, ariko ni ikibazo cy’igihe, nazo zizaryozwa ibyo zakoze.

Guhora bikanga uyu muryango rero, nibyo bituma bawifuriza guseswa, bagakwiza ibihuha bitagira epfo na ruguru, ariko mu by’ukuri bazi neza ko ntaho ”IBUKA-Mémoire et Justice” iteze kujya. Abajenosideri n’abana babo bo muri Jambo Asbl barabizi neza ko abayishinze n’abayinjiyemo nyuma, ari abagore n’abagabo biyemeje kutadohoka.

Abanyarwanda baba mu Bubiligi ari naho ””IBUKA-Mémoire et Justice” ifite icyicaro, batubwiye ko iby’abarotera uyu muryango guseswa ari nko kwitera ikinya ngo babone uko basinzira, kuko ibikorwa byawo bibambika ubusa mu ruhame. Byatumye ibihugu babamo bimenya ko bicumbikiye inyamaswa, ndetse abaturage babyo bakabaza abayobozi impamvu abo bagizi ba nabi bakidegembya.

Kimwe muri bikorwa by’uyu Muryango uharanira ko Jenoside yakorewe Abatutsi yahabwa agaciro, igahora yibukwa ku isi yose, n’abayigizemo uruhare bagahanwa, ni”Walk to Remember”, urugendo rwo kwibuka, rwitabirwa n’abantu batagira ingano, barimo Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda.

Iyo uru rugendo rwabaye usanga abajenosideri basuherewe, abenshi bakajya mu myobo nk’inyaga, bakazapfupfunukamo rurangiye.

Abajenosideri rero n’abana banyu bonse amashereka yuzuyemo ingengabitekerezo ya jenoside, nimusubize amerwe mu isaho.

Imiryango irwanya abahakana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ntaho iteze kujya, ahubwo hazavuka n’indi myinsi cyane, kuko kuririra abacu, kubibuka no guharanira ko mushyikizwa ubutabera Abanyarwanda bazima babigize ihame ndakuka.

Ipfunwe mubana naryo nimwe mwaryiteye, ntimwaritewe n’imiryango iharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi. Nimuhame hamwe rero!

2021-12-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uvira : Intambara iraca ibintu

Uvira : Intambara iraca ibintu

Ubwanditsi 28 Sep 2017
Umusifuzi mpuzamahanga w’umunyarwanda Mukansanga Salima yashyizwe ku rutonde rw’abazasifura imikino Olempiki izabera mu Buyapani.

Umusifuzi mpuzamahanga w’umunyarwanda Mukansanga Salima yashyizwe ku rutonde rw’abazasifura imikino Olempiki izabera mu Buyapani.

Ubwanditsi 21 Apr 2021
ICYOBA: FARDC na Wazalendo yayo, Abarundi n’indi mitwe uruhumbirajana babuze ayo bacira n’ayo bamira kubera igotwa rya Goma

ICYOBA: FARDC na Wazalendo yayo, Abarundi n’indi mitwe uruhumbirajana babuze ayo bacira n’ayo bamira kubera igotwa rya Goma

Ubwanditsi 05 Feb 2024
RNC – ICYEGERANYO  : Kayumba Nyamwasa n’agaco ke muri Uganda ba komeje kuba Nyakamwe baricira inda kurwara.

RNC – ICYEGERANYO : Kayumba Nyamwasa n’agaco ke muri Uganda ba komeje kuba Nyakamwe baricira inda kurwara.

Ubwanditsi 01 Apr 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

#TAS2017: Kigali yabaye Umujyi ku bw’impanuka – Kagame
Mu Rwanda

#TAS2017: Kigali yabaye Umujyi ku bw’impanuka – Kagame

Ubwanditsi 11 May 2017
Undi musilikare mukuru wa FARDC nawe yatorotse ajya muri Gumino
Mu Mahanga

Undi musilikare mukuru wa FARDC nawe yatorotse ajya muri Gumino

Ubwanditsi 21 Jan 2020
FERWAFA Yashyize Ahagaragara Ingengabihe y’Amarushanwa yayo mu Mwaka wa 2020/21.
IMIKINO

FERWAFA Yashyize Ahagaragara Ingengabihe y’Amarushanwa yayo mu Mwaka wa 2020/21.

Ubwanditsi 06 Aug 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru