• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports ifite imyenda ya miliyoni 260 Frw, ikeneye miliyoni 200 Frw yo kugura abakinnyi   |   05 Dec 2025

  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Muri Uganda haratutumba imvururu kubera Perezida Yoweri K. Museveni ushaka guhindura itegekonshinga

Muri Uganda haratutumba imvururu kubera Perezida Yoweri K. Museveni ushaka guhindura itegekonshinga

Editorial 20 Jan 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Ibimenyetso simusiga birerekana ko mu mwaka wa 2026 Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni azongera kwiyamamariza umwanya w’Umukuru w’Igihugu, ikazaba ibaye manda ya 7. Icyo gihe Museveni azaba yujuje imyaka 82 y’amavuko.

Nyamara mu matora aheruka, abaturage bamugaragarije ko barambiwe ubutegetsi bwe n’ishyaka rya NRM, maze amajwi bayahundagaza kuri Robert Kyaguranyi bita Bobi Wine. Byamusabye kwiyambaza uburiganya n’iterabwoba, maze ubutegetsi bwemeza ko Museveni ariwe watsinze, Byahe byo kajya!

Nyuma yo kubona ko abaturage bamuhaze, ubu Museveni yahinduye umuvuno, Kubera ko NRM ifite abadepite benshi mu nteko ishinga amategeko, nabo bashyizwemo n’uburiganya, Perezida Museveni arasaba guhindura itegekonshinga, ku buryo kuva mu w’2026 Perezida wa Uganda azajya atorwa n’abadepite, aho gutorwa n’abaturage bujuje imyaka nk’uko byari bisanzwe.

Uyu mushinga ukimara kumenyekana, abaturage bararakaye bikomeye, ndetse baranerura bavuga ko Museveni na NRM nibagerageza guhindura itegekonshinga hazavuka imvururu ziteye ubwoba.

Ubutegetsi bubonye ibintu bikomeye, bwashatse amayeri yose yo gukinga abaturage ibikarito mu maso. Muri ayo mayeri harimo kohereza ingabo muri kongo kugirango abaturage n’isi yose babe aribyo barangariraho, hagati aho Museveni n’abambari be banoza umushinga wo kugundira ubutegetsi.

Abasesengura politiki yo muri Uganda bavuga ko guhindura itegekonshinga bizagorana cyane ubutegetsi, bikaba byanatuma hatemba umuvu w’amaraso.

Bemeza ko Museveni nabona umushinga we upfubye, azahitamo kutiyamamaza, ahubwo akamamaza umuhungu we, Gen Muhoozi Kainerugaba, ubu utegeka ingabo zirwanira kubutaka. Gusa uyu nawe ngo abaturage ntibamukozwa, kuko bamushinja ingeso zirimo gukabya gukunda agasembuye. Ikindi abaturage bumva Gen Kainerugaba abaye Perezida ntaho byaba bivuye ntaho bigiye, kuko ubutegetsi bwaba bukiri mu biganza by’umuryango wa Kaguta Museveni.

Icyakora niyo bamwima amajwi ntibyamubuza kuba Perezida, kuko na se atigeze atorwa, ahubwo byamusabye kwiba amajwi mu matora yose yabaye.
Ikigaragarira buri wese ni uko ibihe biri imbere bikomereye ubutegetsi bwa Museveni. Guhindura itegekonshinga cyangwa kwamamaza umuhungu we, byombi ni ihurizo , kuko bizakurura imidugararo mu baturage.

Abaturage ndetse n’amahanga barega Leta ya Museveni ruswa n’icyenewabo byashize Uganda ahantu habi mu nzego zose, nko mu burezi, mu buvuzi, mu mutekano, mu bikorwa-remezo, n’ahandi.

2022-01-20
Editorial

IZINDI NKURU

Abanyarwanda babiri batoterejwe muri Uganda bavuze akaga bahuriye nako muri gereza

Abanyarwanda babiri batoterejwe muri Uganda bavuze akaga bahuriye nako muri gereza

Editorial 03 Jan 2020
Inama za RGB ku bayobozi baterwa ubwoba n’ Itangazamakuru rivuga ibitagenda

Inama za RGB ku bayobozi baterwa ubwoba n’ Itangazamakuru rivuga ibitagenda

Editorial 19 Dec 2016
Mukabalisa Donatille niwe watorewe  gusimbura Mitali k’ubuyobozi bwa PL

Mukabalisa Donatille niwe watorewe gusimbura Mitali k’ubuyobozi bwa PL

Editorial 02 Aug 2016
Uko bazimya umuriro w’Amatora!

Uko bazimya umuriro w’Amatora!

Editorial 19 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amavubi yitegura Benin yahamagawe atarimo Sahabo na York bazize imyitwarire mibi
Amakuru

Amavubi yitegura Benin yahamagawe atarimo Sahabo na York bazize imyitwarire mibi

Editorial 28 Sep 2024
Kwivuguruza kwa Donald Trump biramwambura amahirwe yo gutsinda amatora
POLITIKI

Kwivuguruza kwa Donald Trump biramwambura amahirwe yo gutsinda amatora

Editorial 29 Aug 2016
Uganda: Hatahuwe  inkambi nshya ikorerwamo imyitozo y’abarwanya leta y’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Hatahuwe  inkambi nshya ikorerwamo imyitozo y’abarwanya leta y’u Rwanda

Editorial 25 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru