• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Muri Uganda haratutumba imvururu kubera Perezida Yoweri K. Museveni ushaka guhindura itegekonshinga

Muri Uganda haratutumba imvururu kubera Perezida Yoweri K. Museveni ushaka guhindura itegekonshinga

Ubwanditsi 20 Jan 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Ibimenyetso simusiga birerekana ko mu mwaka wa 2026 Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni azongera kwiyamamariza umwanya w’Umukuru w’Igihugu, ikazaba ibaye manda ya 7. Icyo gihe Museveni azaba yujuje imyaka 82 y’amavuko.

Nyamara mu matora aheruka, abaturage bamugaragarije ko barambiwe ubutegetsi bwe n’ishyaka rya NRM, maze amajwi bayahundagaza kuri Robert Kyaguranyi bita Bobi Wine. Byamusabye kwiyambaza uburiganya n’iterabwoba, maze ubutegetsi bwemeza ko Museveni ariwe watsinze, Byahe byo kajya!

Nyuma yo kubona ko abaturage bamuhaze, ubu Museveni yahinduye umuvuno, Kubera ko NRM ifite abadepite benshi mu nteko ishinga amategeko, nabo bashyizwemo n’uburiganya, Perezida Museveni arasaba guhindura itegekonshinga, ku buryo kuva mu w’2026 Perezida wa Uganda azajya atorwa n’abadepite, aho gutorwa n’abaturage bujuje imyaka nk’uko byari bisanzwe.

Uyu mushinga ukimara kumenyekana, abaturage bararakaye bikomeye, ndetse baranerura bavuga ko Museveni na NRM nibagerageza guhindura itegekonshinga hazavuka imvururu ziteye ubwoba.

Ubutegetsi bubonye ibintu bikomeye, bwashatse amayeri yose yo gukinga abaturage ibikarito mu maso. Muri ayo mayeri harimo kohereza ingabo muri kongo kugirango abaturage n’isi yose babe aribyo barangariraho, hagati aho Museveni n’abambari be banoza umushinga wo kugundira ubutegetsi.

Abasesengura politiki yo muri Uganda bavuga ko guhindura itegekonshinga bizagorana cyane ubutegetsi, bikaba byanatuma hatemba umuvu w’amaraso.

Bemeza ko Museveni nabona umushinga we upfubye, azahitamo kutiyamamaza, ahubwo akamamaza umuhungu we, Gen Muhoozi Kainerugaba, ubu utegeka ingabo zirwanira kubutaka. Gusa uyu nawe ngo abaturage ntibamukozwa, kuko bamushinja ingeso zirimo gukabya gukunda agasembuye. Ikindi abaturage bumva Gen Kainerugaba abaye Perezida ntaho byaba bivuye ntaho bigiye, kuko ubutegetsi bwaba bukiri mu biganza by’umuryango wa Kaguta Museveni.

Icyakora niyo bamwima amajwi ntibyamubuza kuba Perezida, kuko na se atigeze atorwa, ahubwo byamusabye kwiba amajwi mu matora yose yabaye.
Ikigaragarira buri wese ni uko ibihe biri imbere bikomereye ubutegetsi bwa Museveni. Guhindura itegekonshinga cyangwa kwamamaza umuhungu we, byombi ni ihurizo , kuko bizakurura imidugararo mu baturage.

Abaturage ndetse n’amahanga barega Leta ya Museveni ruswa n’icyenewabo byashize Uganda ahantu habi mu nzego zose, nko mu burezi, mu buvuzi, mu mutekano, mu bikorwa-remezo, n’ahandi.

2022-01-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

CNLG yahishuye ibanga ry’uko Col. Bagosora yapanze kwikiza Habyarimana ngo azice Abatutsi nta nkomyi

CNLG yahishuye ibanga ry’uko Col. Bagosora yapanze kwikiza Habyarimana ngo azice Abatutsi nta nkomyi

Ubwanditsi 15 Jan 2020
Icyoba ni cyose ku mupaka wa Uganda na Congo

Icyoba ni cyose ku mupaka wa Uganda na Congo

Ubwanditsi 16 Dec 2017
APR FC yatsinze Musanze ishimangira umwanya wa mbere, Rayon Sports yafashe umwanya wa Kabiri itsinze Marine FC

APR FC yatsinze Musanze ishimangira umwanya wa mbere, Rayon Sports yafashe umwanya wa Kabiri itsinze Marine FC

Ubwanditsi 05 Feb 2024
Akabaye icwende ntikoga : Ingabire Victoire yafatiwe mu cyuho ashakisha ingabo zo guhungabanya umutekano

Akabaye icwende ntikoga : Ingabire Victoire yafatiwe mu cyuho ashakisha ingabo zo guhungabanya umutekano

Ubwanditsi 12 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gen Emmy Ruvusha niwe muyobozi mushya w’ingabo za RDF ziri muri Mozambique
Amakuru

Gen Emmy Ruvusha niwe muyobozi mushya w’ingabo za RDF ziri muri Mozambique

Ubwanditsi 21 Aug 2024
Ubufatanye hagati ya leta y’u Burundi, Uganda n’imitwe ya gisirikare mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Ubufatanye hagati ya leta y’u Burundi, Uganda n’imitwe ya gisirikare mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 30 Aug 2018
Moto yibwe mu karere ka Bugesera yafatanywe umugabo muri Gakenke
Mu Mahanga

Moto yibwe mu karere ka Bugesera yafatanywe umugabo muri Gakenke

Ubwanditsi 20 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru