• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Nyuma yo gutsinda Espoir FC,  na APR FC ikanganya na As Kigali, Kiyovu SC yasubiranye umwanya wa mbere w’agateganyo

Nyuma yo gutsinda Espoir FC,  na APR FC ikanganya na As Kigali, Kiyovu SC yasubiranye umwanya wa mbere w’agateganyo

Editorial 23 Jan 2022 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ubwo kuri uyu wa gatandatu tariki ya 22 Mutarama 2022 hakinwaga imikino y’umunsi wa 14  wa shampiyona y’u Rwanda y’ikiciro cya mbere mu bagabo,  ikipe ya Kiyovu SC yisubije umwanya wa mbere w’agateganyo nyuma yo gutsinda Espoir FC.

Muri uyu mukino wabereye kuri sitade ya Kigali I Nyamirambo,  Kiyovu SC niyo yari yakiriye uyu mukino warangiye itsinze ibitego 2-1.

Ikipe ya Espoir FC ibarizwa mu karere ka Rusizi niyo yatangiye neza muri uyu mukino, kuko ubwo  hari ku kumunota wa 33 nibwo myugariro wayo Nkurunziza Félicien yafunguye amazamu ya Kiyovu, ni nyuma yaho umukino wari wahagaze kubera imvura yaguye ku kibuga ari nyinshi.

Amakipe yombi avuye ku ruhuka ubwo hari ku munota wa 47, nibwo  myugariro wa Kiyovu SC Ndayishimiye Thierry yaboneye ikipe ye igitego cyo kwishyura mbere yaho  Bigirimana Abed yashimangiye intsinzi ayibonera igitego cya kabiri cyabonetse ku kumunota wa 65.

Gutsinda uyu mukino kwa Kiyovu SC  byasobanuraga ko iyobora urutonde rwa shampiyona rw’agateganyo n’amanota 29, ibi yabigezeho nyuma yaho umukino wakurikiyeho  wahuje AS Kigali na APR FC warangiye amakipe yombi anganyije ubusa ku busa.

Kurangira banganya hagati ya AS Kigali  na APR FC, byatumye ikipe y’ingabo  z’igihugu ifata umwanya wa kabiri n’amanota 28,  gusa ikaba igifite imikino 2 y’ibirarane itari yakina.

Uko indi mikino y’umunsi wa 14 itegerejwe gukinwa:
Ku cyumweru, tariki ya 23 Mutarama 2022

Mukura VS&L vs Musanze FC, Huye Stadium – 15.00
Rayon Sports FC vs Marine FC, Kigali Stadium – 12.30
Gasogi United vs Etincelles FC, Kigali Stadium – 15.00

Ku wa mbere, tariki ya 24 Mutarama 2022

Rutsiro FC vs Gicumbi FC, Umuganda Stadium – 15.00
Gorilla FC vs Etoile de l’Est FC, Kigali Stadium – 12.30
Police FC vs Bugesera FC, Kigali Stadium – 15.00

2022-01-23
Editorial

IZINDI NKURU

Itangira ry’urubanza rwa Turinabo na bagenzi be babangamiye imikorere y’urukiko rw’Arusha

Itangira ry’urubanza rwa Turinabo na bagenzi be babangamiye imikorere y’urukiko rw’Arusha

Editorial 22 Oct 2020
u Rwanda rurashimirwa igikorwa rukomeje cyo gutabara inzirakarengane ziri mu bucakara muri Libiya. Ikindi kimenyetso ko rudakeneye abaruha amasomo yo kwita ku kiremwamuntu!!

u Rwanda rurashimirwa igikorwa rukomeje cyo gutabara inzirakarengane ziri mu bucakara muri Libiya. Ikindi kimenyetso ko rudakeneye abaruha amasomo yo kwita ku kiremwamuntu!!

Editorial 24 Nov 2020
Ishyirahamwe ry’umukino w’intoki ya Volleyball rifatanyije na Rwanda Revenue Authority hateguwe irushanwa ryo gushimira abasora neza

Ishyirahamwe ry’umukino w’intoki ya Volleyball rifatanyije na Rwanda Revenue Authority hateguwe irushanwa ryo gushimira abasora neza

Editorial 15 Nov 2022
Bayern Munich yandagarije Tottenham iwayo, Real Madrid ikomeza gutungurwa

Bayern Munich yandagarije Tottenham iwayo, Real Madrid ikomeza gutungurwa

Editorial 02 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Burusiya bugiye kugurisha u Rwanda uburyo bw’ubwirinzi bw’ibitero byo mu kirere
HIRYA NO HINO

U Burusiya bugiye kugurisha u Rwanda uburyo bw’ubwirinzi bw’ibitero byo mu kirere

Editorial 04 Jun 2018
Polisi y’u Rwanda ku mwanya wa mbere muri Afurika mu zizerwa n’abaturage
ITOHOZA

Polisi y’u Rwanda ku mwanya wa mbere muri Afurika mu zizerwa n’abaturage

Editorial 26 Aug 2018
Minisiteri ya Siporo yahakanye amakuru y’iseswa ry’amatora ya FERWAFA y’uzayiyobora mu myaka ine iri imbere
Amakuru

Minisiteri ya Siporo yahakanye amakuru y’iseswa ry’amatora ya FERWAFA y’uzayiyobora mu myaka ine iri imbere

Editorial 29 Jul 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru