• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Leta ya Uganda yiyemeje gushyira mu bikorwa ibyifuzo byose by’u Rwanda, birimo no kurekura Abanyarwanda bari bafungiye ahantu hatazwi

Leta ya Uganda yiyemeje gushyira mu bikorwa ibyifuzo byose by’u Rwanda, birimo no kurekura Abanyarwanda bari bafungiye ahantu hatazwi

Editorial 29 Jan 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Mu itangazo Leta ya Uganda yahise ishyira ahagaragara amasaha make u Rwanda rutangarije ko umupaka wa Gatuna uzafungurwa tariki ya 31 Mutarama 2022, abategetsi ba Uganda baravuga ko biyemeje kuvana mu nzira ibintu byose byakuruye urwikekwe no kurebana ay’ingwe, kugeza igihe umubano w’ibihugu byombi uzaba wongeye kuba ntamakemwa.

Ibi byanashimangiwe na Amb. Adonia Ayebare,uhagarariye Uganda mu Muryango w’Abibumye, ubwo yabwiraga televiziyo NTV, ko igihugu cye cyavanye isomo rikomeye mu bibazo cyagiranye n’u Rwanda, bityo ngo bakaba biteguye gukora ibisabwa byose ngo umwuka wa gicuti na kivandimwe ugaruke hagati y’ibi bihugu bisangiye byinshi.

Hari ibimenyetso bigaragaza ko ibyo Uganda ivuga byaba atari amareshyamugeni. Dore nk’ubu hari Abanyarwanda 58 bari bafungiye ahantu hatazwi bahise barekurwa, iyi ngo akaba ari intangiriro nziza yo gufungura n’abandi amagana bari bararenganyijwe na Gen abel Kandiho uherutse kuvanwa ku buyobozi bw’urwego rw’ubutasi mu gisirikari cya Uganda, CMI.

Amb. Ayebare yavuze ko Gen Muhoozi Kainerugaba uherutse kuza mu Rwanda kubonana na Perezida Paul Kagame, ari umusemburo w’impinduka nziza (game changer), ngo kuko yumva neza imiterere y’ikibazo, kandi akaba afite ubushake bukomeye bwo kugikemura.

Uretse guhohotera Abanyarwanda batuye cyangwa bagenda muri Uganda, Leta y’u Rwanda inavuga ko hari ibindi bibazo Uganda igomba kubonera umuti, birimo guhagarika ubufasha yahaga abagambiriye guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Abakurikiranira hafi iby’umubano wa Uganda n’u Rwanda bategereje kureba niba koko abategetsi ba Uganda bagiye gucutsa RNC ya Kayumba Nyamwasa, n’indi mitwe y’iterabwoba nka FDLR n’iyindi.

Amakuru ava mu bigarasha aravuga ko ba David Himbara, Kayumba Rugema, Charles Kambanda, Sula Wakabiligi Nuwamanya, Prossy Bonabana n’abandi CMI ihembera guharabika u Rwanda n’abayobozi barwo, bahiye ubwoba ko bagiye kuvanwa amata mu kanwa.

Nyamara wabona uwahekwaga agiye kwigenza nako gucumbagira!

2022-01-29
Editorial

IZINDI NKURU

Burundi: Abanyarwanda babiri batawe muri yombi n’urwego rw’ubutasi, SNR

Burundi: Abanyarwanda babiri batawe muri yombi n’urwego rw’ubutasi, SNR

Editorial 26 Oct 2018
Nyuma yaho Nyina umubyara asahuriye Ambasade akigurira inzu muri Amerika, umuhungu we Bikorwa Freeman arakataje mu ngengabitekerezo ya Jenoside

Nyuma yaho Nyina umubyara asahuriye Ambasade akigurira inzu muri Amerika, umuhungu we Bikorwa Freeman arakataje mu ngengabitekerezo ya Jenoside

Editorial 26 Apr 2021
Kayumba ni umuterabwoba, aho kuba umudemokarate nkuko yifuza ko isi imumenya gutyo

Kayumba ni umuterabwoba, aho kuba umudemokarate nkuko yifuza ko isi imumenya gutyo

Editorial 07 May 2019
RNC ikomeje kwivamo nk’inopfu, uko Kayumba akomeje gufatanwa igihanga cya Rutabana

RNC ikomeje kwivamo nk’inopfu, uko Kayumba akomeje gufatanwa igihanga cya Rutabana

Editorial 24 Feb 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dorothy  umugore wa Rudasingwa yatabajwe igitaraganya ko umugabo we ashobora kwitaba Imana
ITOHOZA

Dorothy umugore wa Rudasingwa yatabajwe igitaraganya ko umugabo we ashobora kwitaba Imana

Editorial 13 Jun 2016
APR FC na Rayon Sports zizacakirana ku munsi wa Gatanu wa shampiyona ya PNL – Uko tombola yose yagenze
Amakuru

APR FC na Rayon Sports zizacakirana ku munsi wa Gatanu wa shampiyona ya PNL – Uko tombola yose yagenze

Editorial 20 May 2021
Polisi yagaruje ibikoresho by’abaturage byari byibwe
Mu Mahanga

Polisi yagaruje ibikoresho by’abaturage byari byibwe

Editorial 07 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru