• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Minisitiri wa Siporo Aurore Munyangaju yasoje uruzinduko rw’akazi yari yagiriye muri Senegal asura ishuri ryigishirizwamo umukino wa Basketball mu buryo bwa kinyamwuga

Minisitiri wa Siporo Aurore Munyangaju yasoje uruzinduko rw’akazi yari yagiriye muri Senegal asura ishuri ryigishirizwamo umukino wa Basketball mu buryo bwa kinyamwuga

Ubwanditsi 11 Feb 2022 Amakuru, IMIKINO, Mu Mahanga

Guhera ku wa kabiri w’iki cyumweru tariki ya 8 Gashyantare 2022, Minisitiri wa Siporo mu Rwanda,Munyangaju Aurore Mimosa yagiriye uruzinduko mu gihugu cya Senegal, ni uruzinduko rw’akazi rwarimo ibikorwa bitandukanye birimo gusura ibice bitandukanye bya Siporo ndetse yitabira na Tombola ya BAL.

Ku ikubitiro, ku mugoroba wo ku wa kabiri habaye tombola y’irushanwa rya Africa Basketball League BAL, rigomba gutangira mu kwezi gutaha kwa Werurwe mu mikino y’amajonjora ndetse imikino ya nyuma ya ¼ na ½ n’umukino wa nyuma bizabera muri Kigali Arena hagati ya tariki ya 21 n’iya 28 Gicurasi 2022.

Iyi tombola ikaba yarasize amakipe agabanyijwe mu matsinda abiri, itsinda rya mbere “Sahara Conference” rigizwe n’ikipe ya US Monastir (Tunisie) yakinnye umukino wa nyuma muri BAL 2021, AS Salé (Maroc), SLAC (Guinée), DUC (Sénégal), Ferroviário da Beira (Mozambique) na REG BBC (Rwanda).

Imikino yo muri iri tsinda biteganyijwe ko izabera i Dakar muri Sénégal hagati ya tariki ya 5 n’iya 15 Werurwe 2022 aho buri kipe izakina n’indi hanyuma amakipe ane ya mbere akomeze muri ¼.

Itsinda rya kabiri “Nile Conference” rigizwe n’Ikipe ya Zamalek (Misiri) ifite igikombe giheruka (2021), BC Espoir Fukash (RDC), Cape Town Tigers (Afurika y’Epfo), Cobra SC (Sudani y’Epfo), FAP (Cameroun) na Petro de Luanda (Angola).

Imikino yo muri iri tsinda izabera i Cairo mu Misiri muri Hassan Mostafa Indoor Sports Complex hagati ya tariki ya 9 n’iya 19 Mata 2022. Aha na ho amakipe azakina hagati yayo, ane ya mbere akomeze muri ¼.

Muri uru ruzinduko, Minisitiri Aurore yasuye irerero ry’abakinnyi bakina umukino wa Basketball rya NBA ribarizwa mu mujyi wa Saly, aha uyu muyobozi akaba yaragiranye ibiganiro n’abakinnyi ndetse n’abatoza babo.

Yanasuye kandi Institut Diambars, akaba iri ishuri ryashinzwe n’abakinnyi bakomoka muri Senegal. Iri rikaba ryigishirizwamo amasomo asanzwe ariko abanyeshuri bakagenerwa ingengabihe yihariye yo gutozwa n’umupira w’amaguru dore ko bafitanye amasezerano n’amakipe atandukanye yo mu gihugu cy’u Bufaransa.

Minisitiri Aurore Mimosa aherekejwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri Senegal na Mali ,Gambie ,Guinée Bissau na Cap Vert basuye Stade nshya ya Diamniadio. Ni mu gihe ibikorwa byo kuvugurura no kwagura Stade Amahoro bibura iminsi mike ngo bitangire ndetse bikazakorwa na kampani yubatse iyo sitade ariyo ya Summa.

Minisitiri wa Siporo asoza uruzinduko rwe muri iki gihugu yasuye kandi umushinga wa SEED, uyu akaba ari umushinga watangije ishuri ryigishirizwamo amasomo asanzwe ndetse n’ay’umukino wintoki wa Basketball mu buryo bwa kinyamwuga.

Muri rugendo akaba yari aherekejwe n’umuyobozi w’uwo mushinga ndetse akaba umwe mubatangije NBA Africa ndetse na BAL, Amadou Gallo Fall ndetse n’umuyobozi w’ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda Mugwiza Desire.

2022-02-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abafana ba Congo batunguranye baririmba ngo  Baba Wetu, Baba Wetu [Muzehe wacu, Muzehe wacu] bivuze ngo Kagame  ‘Muzehe wacu’

Abafana ba Congo batunguranye baririmba ngo Baba Wetu, Baba Wetu [Muzehe wacu, Muzehe wacu] bivuze ngo Kagame ‘Muzehe wacu’

Ubwanditsi 10 Feb 2016
U Rwanda rwatsinzwe na Libya ku munota wa nyuma rurasezererwa[ uko byagenze mukibuga ]

U Rwanda rwatsinzwe na Libya ku munota wa nyuma rurasezererwa[ uko byagenze mukibuga ]

Ubwanditsi 24 Jan 2018
Rutahizamu Kylian Mbappe  yasezeye Paris St Germain yitegura kwerekeza muri Real Madrid

Rutahizamu Kylian Mbappe yasezeye Paris St Germain yitegura kwerekeza muri Real Madrid

Ubwanditsi 10 May 2024
Polisi yafashe amakarito 80 y’inzoga zitemewe

Polisi yafashe amakarito 80 y’inzoga zitemewe

Ubwanditsi 08 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impamvu abagabo bakunda gusinzira nyuma yo gutera akabariro
IMIKINO

Impamvu abagabo bakunda gusinzira nyuma yo gutera akabariro

Ubwanditsi 07 Jan 2016
Kuri iki cyumweru umutoza mukuru wa Kiyovu SC Kerekezi Olivier aragera mu Rwanda avuye muri Sweden
Amakuru

Kuri iki cyumweru umutoza mukuru wa Kiyovu SC Kerekezi Olivier aragera mu Rwanda avuye muri Sweden

Ubwanditsi 23 Apr 2021
Amakipe asaga 35 agiye guhatana mu irushanwa rya Memorial Kayumba rigiye gukinwa ku nshuro ya 13
Amakuru

Amakipe asaga 35 agiye guhatana mu irushanwa rya Memorial Kayumba rigiye gukinwa ku nshuro ya 13

Ubwanditsi 03 Mar 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru