• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Inda nini isumbye indagu, Donata Uwanyirigira warokotse Jenoside yakorewe abatutsi ageze aho yifatanya n’abayihakana

Inda nini isumbye indagu, Donata Uwanyirigira warokotse Jenoside yakorewe abatutsi ageze aho yifatanya n’abayihakana

Editorial 09 May 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Mu muhango wo gushinyagurira abazize n’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, wabereye mu mujyi wa Charleroi mu Bubiligi kuri uyu wa gatandatu tariki 07 Gicurasi 2022, uyu mugore Donata Uwanyirigira yagaragaye ari kumwe n’abayoboke ba Jambo Asbl, rya shyirahamwe ry’abana bakomoka ku bajenosideri, biriza ngo barashyira indabo ku rwibutso rw’aho Charlroi.

Mu bitabiriye uwo muhango wo ”KWIBUKA BOSE”, harimo n’abo mu ngirwamuryango”IGICUMBI”, biyita ko barokotse Jenoside yakorewe abatutsi, nyamara ukarangwa n’ibikorwa byo kuyitesha agaciro no gusebya Ingabo za RPF-Inkotanyi zatanze ubuzima bwazo ngo Jenoside ihagarare.

Uyu Donata Uwanyirigira ugaragara nk’uwataye umutwe kubera gushakira indonke aho zidashakirwa, ni umwe mu bashinze icyitwa URGTH(Union des Réscapés du Génocide perpetré contre les Tutsis au Hainaut) ngo kigamije kurengera inyungu z’abacitse ku icumu ndetse n’iz’imiryango y’abasirikari 10 b’ababailigi biciwe mu Rwanda muri Mata 1994, ariko mu by’ukuri iki kikaba ari ikiryabarezi Donata Uwanyirigira akoresha ngo yitapfunire ibifaranga by’abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ku nyungu za politiki.

Muri uwo muhango wabereye Charleroi nta jambo na rimwe ryo gusaba ko abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi bahanwa ryahavugiwe, yewe habe n’iryo kwamagana abayihakana n’abayipfobya. Ibyahavugiwe byose byaganishaga mu mujyo umwe, wo”Kiwibuka Bose”, ni ukuvuga ya myumvire ipfuye ivuga ko mu Rwanda habaye Jenoside ebyiri.

Ikindi cyasekeje ibyabereye Charlroi ni amarira y’ingona ya Jambo Asbl , aho abayoboke bayo babeshya ko bababajwe kandi bibuka abasirikari 11 b’ababiligi biciwe mu Rwanda, nyamara bahora ku isonga mu kuburanira no kugira umwere Col Bernard NTUYAHAGA wahamwe n’uruhare rutaziguye mu rupfu rw’abo basirikari. Ibi byose, byaba ibya Donata uwanyirigira na URGTH ye, byaba ibya Jambo Asbl n’abambari bayo, ni itekamutwe rigamije kwisaruriza amafaranga, ngo bucye kabiri.

Icyakora abazi neza Donata Uwanyirigira ntibagitangazwa no kumubona yifatanya n’abajenosideri n’ababakomokaho, cyangwa ngo bababazwe no kumwumva mu bafata abishwe bakagirwa abicanyi, naho abicanyi bakagirwa abahemukiwe. Ibi babihera ko na mbere y’uko Uwanyirigira ava mu Rwanda mu myaka ya za 2000 yavugwagaho kwakira ruswa z’abajenosideri, dore ko ngo yafunguje abatari bake ubwo yakoraga mu Bushinjacyaha Bukuru.

Iyo ni ya nda nini isumba indagu, kugeza aho agambanira ababyeyi n’abavandimwe be, yifatanya n’ababishe urw’agashinyaguro.

Iyi myitwarire igayitse kandi Donata Uwanyirigira ayisangiye n’inzererezi ishaje yanduranya cyane, Sharti Epimaque wahoze akora muri CNLG mbere y’uko ajya kwiyahuza inzoga mu Bubiligi. Ubu Uwanyirigira na Sharti , ni inshuti z’akadasohoka z’abuzukuru ba Mbonyumutwa, abana ba Habyarimana na Bagosora, n’abandi bajenosideri ruharwa. Iyo isari yasumbye iseseme, abafite inda nini ntacyo bacira!

 

 

2022-05-09
Editorial

IZINDI NKURU

UBurundi burarega Martin Ngoga, mugihe buvugwaho kunyereza asaga amadolari ibihumbi  ($200,000)  bukoresheje Mfumukeko [Umunyamabanga Mukuru Wa EAC]

UBurundi burarega Martin Ngoga, mugihe buvugwaho kunyereza asaga amadolari ibihumbi  ($200,000)  bukoresheje Mfumukeko [Umunyamabanga Mukuru Wa EAC]

Editorial 07 Mar 2018
Abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba wa FDLR bakomeje gupfa nk’ibimonyo, mu bitero ingabo za Kongo zikomeje kuwugabaho kuva mu ntangiriro z’iki cyumweru

Abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba wa FDLR bakomeje gupfa nk’ibimonyo, mu bitero ingabo za Kongo zikomeje kuwugabaho kuva mu ntangiriro z’iki cyumweru

Editorial 16 Jan 2022
Agathon Rwasa abona amatora ya kamarampaka Abarundi biteguye azasiga abaciyemo ibice

Agathon Rwasa abona amatora ya kamarampaka Abarundi biteguye azasiga abaciyemo ibice

Editorial 27 Mar 2018
Tariki ya 16 Mata 1994: Abatutsi barenga 2000 basenyeweho Kiliziya ya Nyange

Tariki ya 16 Mata 1994: Abatutsi barenga 2000 basenyeweho Kiliziya ya Nyange

Editorial 16 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amagambo ya Tumukunde yagaragaje imitekerereze y’abayobozi ba Uganda
INKURU NYAMUKURU

Amagambo ya Tumukunde yagaragaje imitekerereze y’abayobozi ba Uganda

Editorial 31 Jul 2019
Madamu Jeannette Kagame yitabiriye ibirori by’imyaka 10 ya gahunda yo kwigisha Ikidage mu mashuri
POLITIKI

Madamu Jeannette Kagame yitabiriye ibirori by’imyaka 10 ya gahunda yo kwigisha Ikidage mu mashuri

Editorial 20 Jun 2018
Perezida Kagame yitabiriye ‘Car Free Day’ agaragaza ubuhanga bwo ku nyonga igare
IMIKINO

Perezida Kagame yitabiriye ‘Car Free Day’ agaragaza ubuhanga bwo ku nyonga igare

Editorial 21 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru