• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Itangazamakuru ry’Uburayi n’Amerika ntacyo rivuga kuri Jenoside ikorerwa Abatutsi b’Abanyekongo. Ese iyi si ya politiki yo gushyigikira “rubanda nyamwinshi”?

Itangazamakuru ry’Uburayi n’Amerika ntacyo rivuga kuri Jenoside ikorerwa Abatutsi b’Abanyekongo. Ese iyi si ya politiki yo gushyigikira “rubanda nyamwinshi”?

Editorial 20 Jun 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Kuva umutwe wa M23 wakwegura intwaro mu mpera z’ukwezi kwa Gicurasi 2022, ndetse ukigarurira ibirindiro byinshi by’igisirikari cya Kongo, FARDC, Leta ya Kongo yananiwe gusobanurira abaturage impamvu ingirwa-ngabo zabo zikubitwa inshuro bibi cyane, maze ihitamo kubyegeka ku Rwanda ngo nirwo rurwana mu Burasirazuba bwa Kongo.

Ingabo za Loni ziri muri icyo gihugu (Monusco) zatangaje ko nta kimenyetso na kimwe cyerekana ko u Rwanda rufite ingabo muri Kongo, ariko FARDC na Leta ya Perezida Félix Tshisekedi batsimbarara ku kinyoma, nubwo amahanga yamaze kumenya ko ari ikinamico.

Ntibyagarukiye aho , iyo Leta, igisirikari, igipolisi n’amashyaka ya politiki yahamagariye abaturage gufata imihoro n’amacumu bagatsemba bagenzi babo b’Abanyekongo, babaziza gusa ko bavuga ikinyarwanda. Insoresore zahaze urumogi, abasirikari n’abapolisi babyumvise bwangu, maze birara mu Batutsi b’abanyekongo baratemagura, abandi barabatwika kugeza bapfuye.

Kuwa gatandatu tariki 18/06/2022, ahitwa Maniema bishe umututsi baramurya, ibintu birenze ubwenge bwa kamere-muntu. Ubu abashyushye muri ayo marorerwa ni urubyiruko rw’ishyaka UDPS rya Perezida Tshisekedi, rwiyise , “Brigade Spéciale de l’UDPS”(B.S.U) bigaragara ko rwafashe neza amasomo rwatojwe n’Interahamwe, dore banafitanye umubano wihariye.

Leta ya Kongo yabonye amazi yarenze inkombe itangira kwiyerurutsa ngo iramagana ubwo bwicanyi, nyamara nta n’umwe irahana muri abo bicanyi, kandi babukora ku manywa y’ihangu. Ubu noneho FARDC yabuze ayo icira n’ayo imira. Yamaze kubona ko amaherezo iyi Jenoside ikorerwa Abatutsi n’Abanyekongo bavuga ikinyarwanda izabagaruka, basohora itangazo ryasekeje benshi, ngo imvugo zihembera urwango n’amashusho yakwiye isi yose agaragaza uburyo iyo Jenoside irimo gukorwa, “byateguriwe i Kigali, maze u Rwanda rubikwiza isi yose, rugamije gusiga isura mbi Leta ya Kongo”!

Ababonye iryo tangazo ku mbuga nkoranyambaga, barimo n’Abanyekongo ubwabo, bagize bati””Aba bantu niba atari abasazi ni abaswa bikabije”!

Igitangaje ariko, ni imyitwarire y’itangazamakuru mpuzamahanga muri iyi Jenoside ikorerwa Abatutsi n’abanyekongo bavuga ikinyarwanda. Za BBC, RFI, France24, The Guardian, Financial Times, CNN, n’ibindi bitangazamakuru bikomeye i Burayi n’Amarika byararuciye birarumira, atari uko bitazi ukuri kw’ibirimo kuba, ahubwo ari muri wa mugambi wo gushyigikira”rubanda nyamwinshi”, nk’uko byagenze mu Rwanda mu mwaka w’1994.

Umunyamakuru ugerageje kuvuga agarukira gusa ku kwamagana”imvugo zibiba amacakubiri”, ariko nta n’umwe urerura ngo avuge ko ibikorwa ari” JENOSIDE”, kandi ikaba imaze guhitana inzirakarengane nyinshi cyane.
Loni n’imiryango mpuzamahanga yitwa ko”irengera uburenganzira bwa muntu”, nayo ntacyo ikora ngo itabare cyangwa itabarize abahigwa bukware. Bose barahera mu magambo ayobya uburari, ngo ibiba ni “ubushyamirane”, aho kwererura ngo bahamagarire isi yose guhagarika iyi jenoside.

Kuki nta muryango cyangwa igitangazamakuru cyari cyamagana Perezida Tshisekedi ushora urubyiruko rw’ishyaka rye mu bikorwa byo gutsemba Abatutsi n’abandi bakongomani bavuga ikinyarwanda?

Ibi byose biragaragaza ko Abatutsi b’Abanyekongo bagambaniwe. Icyakora ubutegetsi bwa Kongo bwari bukwiye kwitegura ingaruka z’ubu bwicanyi. Uretse ko na nyuma y’imyaka mirongo ababugizemo uruhare bazabiryozwa, biranaha imitwe y’itwaje intwaro, nka M23, impamvu yo kurwana irengera abo mu bwoko bwabo.

Kwica Abatutsi n’Abanyekongo bavuga ikinyarwanda ntibishobora gukemura ibibazo bya Kongo, ahubwo bizatuma ibintu birusho kudogera. Guhishira ubu bwicanyi nk’uko za BBC , CNN n’ibindi bitangazamakuru mpuzamahanga birimo kubikora, nabyo nyacyo bizafasha abicanyi, ahubwo birabaroha mu mateka mabi batazigobotora.

2022-06-20
Editorial

IZINDI NKURU

Tombola ya CAF Champions League isize APR FC izahura na US Monastir naho muri CAF Confederations Cup AS Kigali izahura na AS Ali Sabieh yo muri Djibouti

Tombola ya CAF Champions League isize APR FC izahura na US Monastir naho muri CAF Confederations Cup AS Kigali izahura na AS Ali Sabieh yo muri Djibouti

Editorial 09 Aug 2022
Ikibazo cya kongo ntikizarangizwa n’intambara nk’uko Tanzaniya n’abandi babyibwira

Ikibazo cya kongo ntikizarangizwa n’intambara nk’uko Tanzaniya n’abandi babyibwira

Editorial 13 Feb 2024
Uruhuri rw’ingabo z’amahanga muri Kongo si igisubizo,ahubwo rwongereye ibibembe mu binyoro

Uruhuri rw’ingabo z’amahanga muri Kongo si igisubizo,ahubwo rwongereye ibibembe mu binyoro

Editorial 14 Mar 2023
Uganda : Umuturage wa Congo [ RDC ], Steven Moïse yahohotewe n’inzego z’umutekano CMI, zimwitiranya n’Abanyarwanda.

Uganda : Umuturage wa Congo [ RDC ], Steven Moïse yahohotewe n’inzego z’umutekano CMI, zimwitiranya n’Abanyarwanda.

Editorial 30 May 2019
Tombola ya CAF Champions League isize APR FC izahura na US Monastir naho muri CAF Confederations Cup AS Kigali izahura na AS Ali Sabieh yo muri Djibouti

Tombola ya CAF Champions League isize APR FC izahura na US Monastir naho muri CAF Confederations Cup AS Kigali izahura na AS Ali Sabieh yo muri Djibouti

Editorial 09 Aug 2022
Ikibazo cya kongo ntikizarangizwa n’intambara nk’uko Tanzaniya n’abandi babyibwira

Ikibazo cya kongo ntikizarangizwa n’intambara nk’uko Tanzaniya n’abandi babyibwira

Editorial 13 Feb 2024
Uruhuri rw’ingabo z’amahanga muri Kongo si igisubizo,ahubwo rwongereye ibibembe mu binyoro

Uruhuri rw’ingabo z’amahanga muri Kongo si igisubizo,ahubwo rwongereye ibibembe mu binyoro

Editorial 14 Mar 2023
Uganda : Umuturage wa Congo [ RDC ], Steven Moïse yahohotewe n’inzego z’umutekano CMI, zimwitiranya n’Abanyarwanda.

Uganda : Umuturage wa Congo [ RDC ], Steven Moïse yahohotewe n’inzego z’umutekano CMI, zimwitiranya n’Abanyarwanda.

Editorial 30 May 2019
Tombola ya CAF Champions League isize APR FC izahura na US Monastir naho muri CAF Confederations Cup AS Kigali izahura na AS Ali Sabieh yo muri Djibouti

Tombola ya CAF Champions League isize APR FC izahura na US Monastir naho muri CAF Confederations Cup AS Kigali izahura na AS Ali Sabieh yo muri Djibouti

Editorial 09 Aug 2022
Ikibazo cya kongo ntikizarangizwa n’intambara nk’uko Tanzaniya n’abandi babyibwira

Ikibazo cya kongo ntikizarangizwa n’intambara nk’uko Tanzaniya n’abandi babyibwira

Editorial 13 Feb 2024
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru