• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»U Rwanda ni nka zahabu, Uko inyuzwa mu muriro niko irushaho gushashagirana

U Rwanda ni nka zahabu, Uko inyuzwa mu muriro niko irushaho gushashagirana

Ubwanditsi 20 Jun 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Muri iyi myaka 28 ishize u Rwanda rwanyuze mu bibatsi by’umuriro bitabarika, ahanini bitewe n’abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi n’ababashyigikiye kugeza n’uyu munsi.

Hari n’aho byageraga abafite umutima woroshye bagahagarika umutima, batazi ko RPF-Inkotanyi yarwanye urugamba rwo guhagarika iyo Jenoside, yari initeguye bihagije imijugujugu y’abanyeshyari, abajenosideri n’abambari babo. Ibibazo byose u Rwanda rwashowemo, rwabyivanyemo, ruvomamo imbaraga zo kwikemurira ibibazo, none ubu ruremye!

Jenoside ikimara guhagarikwa, abayigizemo uruhare bahungiye muri Zayire y’icyo gihe, ubu ni Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo.

Abicanyi bakigera muri icyo gihugu bafashijwe mu myitozo n’imyiteguro yo kwisubiza ubutegetsi mu Rwanda no gusoza umugambi wa jenoside.

Barabigerageje, ariko Ingabo z’u Rwanda zifatanyije n’abaturage zirarwimana.

Intambara y’abacengezi yasize Abanyarwanda muri rusange basobanukiwe agaciro k’amahoro n’umutekano, kandi ko nta wundi uzabibaha, uretse bo ubwabo.

Ngaho ahavuye uyu mutekano twishimira, kukanawusangiza n’amahanga.

Ubwo Ingabo z’u Rwanda zajyaga gusenya ibirindiro by’abajenosideri muri Kongo, abambari bazo bateguye icyegeranyo rutwitsi bagereka ku Rwanda ubwicanyi bwabaye muri icyo gihugu. Ni icyiswe”Mapping Report”.

Ibyo nabyo ntacyo byafashe kuko amahanga yacukumbuye ukuri asanga, uretse ko gusa u Rwanda nta mijugujugu irurenga, ibikubiye muri “Mapping report” ari ibipapirano, nk’intwaro ya politiki yo gusenya u Rwanda. Ibyo nabyo, nubwo hari abakibiririmba, ntibyatesheje uRwanda uwanya wo kwiteza imbere.

Umucamanza w’Umufaransa, Jean-Louis Brugière agize atya ahaze divayi, ati ngafunga abahoze mu ngabo za FPR-Inkotanyi, ubu bakaba ari abasirikari bakuru mu Ngabo z’u Rwanda,kuko bahanuye indege ya Habyarimana.

Agendeye gusa ku bihuha n’amakuru apfuye yahabwaga n’ibigarasha n’abajenosideri, aba ashishimuye impapuro mpuzamahanga zo guta muri yombi, abantu bahagaritse Jenoside yakorewe Abatutsi! URwanda rwaharwanye inkundura, rugaragaza ibimenyetso ko nta kindi cyihishe inyuma y’umugambi mubisha wa Bruguière, uretse inyungu za politiki no gutiza umurindi abanzi b’u Rwanda. Ibi nabyo u Rwanda rwabisohotsemo amahoro, ubu ibyo birego byateshejwe agaciro burundu, abanzi barajiginywa.

Ejobundi aha, icyihebe Paul Rusesabagina, umukuru w’umutwe w’iterabwoba wa FLN, cyigushije mu mutego maze cyisanga i Kigali mu maboko y’ubutabera. Abambari be bavugije induru barasarara, n’ubu bakivuza iyabahanda, nyamara ntibyabujije abashyira mu gaciro kumva ko umugome nka Rusesabagina nta kindi kimukwiye uretse gushyikirizwa ubutabera. Rusesabagina yaburanishirijwe mu mucyo, ku Karubanda, ahamwa n’icyaha isi yose ireba. Abamutabarizaga, bashyira igitutu ku Rwanda ngo rurekure umwicanyi, babonye ko u Rwanda rutakiri rwa rundi rwahabwaga amabwiriza y’uko rugomba kubaho. Izo nduru zavugiye ubusa, ahubwo ubutabera bw’u Rwanda bwahakuye amanota yo gukorera mu mucyo.

Imijugujugu u Rwanda rwatewe ntibarika, ariko buri gihe ikarusigira isomo, ryo kwirwanaho, kwihesha agaciro, no kumenya ko umugabo yigira, yakwibura agapfa!

Abahora bashakira inabi uRwanda ntibahuga, ariko ntibanahwema gutsindwa. Bagerageje kurwanya intego z’uRwanda mu ruhando mpuzamahanga, ariko hafi ya zose ruzigeraho, rusimbutse imitego myinshi. Ingero zirivugira:

Ubwo Dr. Donald Kaberuka yiyamarizaga kubobora Banki Nyafrika Itsura Amajyambere, ADB, abanyeshyari bamushyiriyemo ibihato, ariko ntibyamubujije gutsinda, ndetse akanayiyobora muri manda ebyiri zikurikiranya. Aho ni uRwanda rwatsinze abanzi, ishema ryarwo riraganza.

U Rwanda rwatanze Madamu Louise Mushikiwabo nk’umukandida ku mwanya wo kuyobora Umuryango w’Ibihugu bivuga Igifaransa, maze ba Himbara David, ba Déo Kambanda, n’abandi banzi b’inyungu z’Abanyarwanda barahaguruka barahagara, barwanya iyo kandidatire y’uRwanda. Nyamara se byabujije Madamu Mushikiwabo kuhanyurana umucyo, ubu akaba ayoboye neza uwo muryango.

Ubwo hatangazwaga ko u Rwanda ari rwo ruzakira inama ya 26 y’Ibihugu Bivuga Ururimi rw’Icyongereza, abanyeshyari basimbukiye ku isunzu ry’inzu ngo uRwanda ntirubikwiye. Iyo nama yaje gusubikwa ubugira kabiri kubera icyorezo cya Covid-19, izo nyangabirama zibyinira ku rukoma, zigera n’aho zigamba ko ari zo zaburijemo iyo nama. Ubu se i Kigali ntihateraniye abashyitsi babarirwa mu bihumbi bitanu(5.000), barimo n’Abakuru b’Ibihugu n’aba za Guverinoma!

Muri make rero, uko u Rwanda rwagiye runyuzwa mu ngorane, ni ko byagiye birwubakamo ubudahangarwa. Rwagiye ruhavana amasomo, rumenya gutegura iyo mitego itarashibuka, ahubwo kenshi igashibukana abayiteze.

Burya uko Zahabu uyinyuza mu muriro cyangwa aside ushaka kumenya ubuziranenge bwayo, ni ko ivamo yarushijeho gushashagirana. N’uRwanda ni uko rero, abarusengera inabi bakwiye kubona ko barushywa n’ubusa, kuko uko urutega ibigeragezo urutera imbaraga zo gusimbuka n’ibirenze ibyo watekerezaga.

2022-06-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Iya 9 Gicurasi 1994: Amerika yanze kohereza ingabo mu Rwanda

Iya 9 Gicurasi 1994: Amerika yanze kohereza ingabo mu Rwanda

Ubwanditsi 09 May 2018
Tariki ya 19 Nyakanga 1994, Nyuma yo Guhagarika Jenoside yakorerwaga abatutsi no gutsinda inzirabwoba FPR nandi mashyaka bashyizeho Leta y’Ubumwe

Tariki ya 19 Nyakanga 1994, Nyuma yo Guhagarika Jenoside yakorerwaga abatutsi no gutsinda inzirabwoba FPR nandi mashyaka bashyizeho Leta y’Ubumwe

Ubwanditsi 20 Jul 2020
Umugambi wa Kayumba Nyamwasa wo kwirukana J.P Turayishimye , Ben Rutabana na Micombero muri RNC, ugeze kure

Umugambi wa Kayumba Nyamwasa wo kwirukana J.P Turayishimye , Ben Rutabana na Micombero muri RNC, ugeze kure

Ubwanditsi 23 Sep 2019
Nyuma yo gutorerwa kuyobora Gicumbi FC, Shumbusho Asmani yemeje ko ikipe ayoboye yatandukanye n’umutoza Ghislain Tchiamas izana Banamwana Camarade

Nyuma yo gutorerwa kuyobora Gicumbi FC, Shumbusho Asmani yemeje ko ikipe ayoboye yatandukanye n’umutoza Ghislain Tchiamas izana Banamwana Camarade

Ubwanditsi 03 Mar 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyamasheke: Umucungamari wa koperative afunzwe akekwaho kunyereza arenga miliyoni 30
Mu Rwanda

Nyamasheke: Umucungamari wa koperative afunzwe akekwaho kunyereza arenga miliyoni 30

Ubwanditsi 16 May 2017
Uko Kayumba yagaragaye i Kampala muri hotel ihenze
INKURU NYAMUKURU

Uko Kayumba yagaragaye i Kampala muri hotel ihenze

Ubwanditsi 20 May 2019
Polisi muri Burera yafashe imodoka ebyiri zipakiye inzoga zitemewe mu Rwanda Publish Date: Mardi 31 Octobre 2017
Amakuru

Polisi muri Burera yafashe imodoka ebyiri zipakiye inzoga zitemewe mu Rwanda Publish Date: Mardi 31 Octobre 2017

Ubwanditsi 31 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru