• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»U Rwanda ni nka zahabu, Uko inyuzwa mu muriro niko irushaho gushashagirana

U Rwanda ni nka zahabu, Uko inyuzwa mu muriro niko irushaho gushashagirana

Editorial 20 Jun 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Muri iyi myaka 28 ishize u Rwanda rwanyuze mu bibatsi by’umuriro bitabarika, ahanini bitewe n’abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi n’ababashyigikiye kugeza n’uyu munsi.

Hari n’aho byageraga abafite umutima woroshye bagahagarika umutima, batazi ko RPF-Inkotanyi yarwanye urugamba rwo guhagarika iyo Jenoside, yari initeguye bihagije imijugujugu y’abanyeshyari, abajenosideri n’abambari babo. Ibibazo byose u Rwanda rwashowemo, rwabyivanyemo, ruvomamo imbaraga zo kwikemurira ibibazo, none ubu ruremye!

Jenoside ikimara guhagarikwa, abayigizemo uruhare bahungiye muri Zayire y’icyo gihe, ubu ni Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo.

Abicanyi bakigera muri icyo gihugu bafashijwe mu myitozo n’imyiteguro yo kwisubiza ubutegetsi mu Rwanda no gusoza umugambi wa jenoside.

Barabigerageje, ariko Ingabo z’u Rwanda zifatanyije n’abaturage zirarwimana.

Intambara y’abacengezi yasize Abanyarwanda muri rusange basobanukiwe agaciro k’amahoro n’umutekano, kandi ko nta wundi uzabibaha, uretse bo ubwabo.

Ngaho ahavuye uyu mutekano twishimira, kukanawusangiza n’amahanga.

Ubwo Ingabo z’u Rwanda zajyaga gusenya ibirindiro by’abajenosideri muri Kongo, abambari bazo bateguye icyegeranyo rutwitsi bagereka ku Rwanda ubwicanyi bwabaye muri icyo gihugu. Ni icyiswe”Mapping Report”.

Ibyo nabyo ntacyo byafashe kuko amahanga yacukumbuye ukuri asanga, uretse ko gusa u Rwanda nta mijugujugu irurenga, ibikubiye muri “Mapping report” ari ibipapirano, nk’intwaro ya politiki yo gusenya u Rwanda. Ibyo nabyo, nubwo hari abakibiririmba, ntibyatesheje uRwanda uwanya wo kwiteza imbere.

Umucamanza w’Umufaransa, Jean-Louis Brugière agize atya ahaze divayi, ati ngafunga abahoze mu ngabo za FPR-Inkotanyi, ubu bakaba ari abasirikari bakuru mu Ngabo z’u Rwanda,kuko bahanuye indege ya Habyarimana.

Agendeye gusa ku bihuha n’amakuru apfuye yahabwaga n’ibigarasha n’abajenosideri, aba ashishimuye impapuro mpuzamahanga zo guta muri yombi, abantu bahagaritse Jenoside yakorewe Abatutsi! URwanda rwaharwanye inkundura, rugaragaza ibimenyetso ko nta kindi cyihishe inyuma y’umugambi mubisha wa Bruguière, uretse inyungu za politiki no gutiza umurindi abanzi b’u Rwanda. Ibi nabyo u Rwanda rwabisohotsemo amahoro, ubu ibyo birego byateshejwe agaciro burundu, abanzi barajiginywa.

Ejobundi aha, icyihebe Paul Rusesabagina, umukuru w’umutwe w’iterabwoba wa FLN, cyigushije mu mutego maze cyisanga i Kigali mu maboko y’ubutabera. Abambari be bavugije induru barasarara, n’ubu bakivuza iyabahanda, nyamara ntibyabujije abashyira mu gaciro kumva ko umugome nka Rusesabagina nta kindi kimukwiye uretse gushyikirizwa ubutabera. Rusesabagina yaburanishirijwe mu mucyo, ku Karubanda, ahamwa n’icyaha isi yose ireba. Abamutabarizaga, bashyira igitutu ku Rwanda ngo rurekure umwicanyi, babonye ko u Rwanda rutakiri rwa rundi rwahabwaga amabwiriza y’uko rugomba kubaho. Izo nduru zavugiye ubusa, ahubwo ubutabera bw’u Rwanda bwahakuye amanota yo gukorera mu mucyo.

Imijugujugu u Rwanda rwatewe ntibarika, ariko buri gihe ikarusigira isomo, ryo kwirwanaho, kwihesha agaciro, no kumenya ko umugabo yigira, yakwibura agapfa!

Abahora bashakira inabi uRwanda ntibahuga, ariko ntibanahwema gutsindwa. Bagerageje kurwanya intego z’uRwanda mu ruhando mpuzamahanga, ariko hafi ya zose ruzigeraho, rusimbutse imitego myinshi. Ingero zirivugira:

Ubwo Dr. Donald Kaberuka yiyamarizaga kubobora Banki Nyafrika Itsura Amajyambere, ADB, abanyeshyari bamushyiriyemo ibihato, ariko ntibyamubujije gutsinda, ndetse akanayiyobora muri manda ebyiri zikurikiranya. Aho ni uRwanda rwatsinze abanzi, ishema ryarwo riraganza.

U Rwanda rwatanze Madamu Louise Mushikiwabo nk’umukandida ku mwanya wo kuyobora Umuryango w’Ibihugu bivuga Igifaransa, maze ba Himbara David, ba Déo Kambanda, n’abandi banzi b’inyungu z’Abanyarwanda barahaguruka barahagara, barwanya iyo kandidatire y’uRwanda. Nyamara se byabujije Madamu Mushikiwabo kuhanyurana umucyo, ubu akaba ayoboye neza uwo muryango.

Ubwo hatangazwaga ko u Rwanda ari rwo ruzakira inama ya 26 y’Ibihugu Bivuga Ururimi rw’Icyongereza, abanyeshyari basimbukiye ku isunzu ry’inzu ngo uRwanda ntirubikwiye. Iyo nama yaje gusubikwa ubugira kabiri kubera icyorezo cya Covid-19, izo nyangabirama zibyinira ku rukoma, zigera n’aho zigamba ko ari zo zaburijemo iyo nama. Ubu se i Kigali ntihateraniye abashyitsi babarirwa mu bihumbi bitanu(5.000), barimo n’Abakuru b’Ibihugu n’aba za Guverinoma!

Muri make rero, uko u Rwanda rwagiye runyuzwa mu ngorane, ni ko byagiye birwubakamo ubudahangarwa. Rwagiye ruhavana amasomo, rumenya gutegura iyo mitego itarashibuka, ahubwo kenshi igashibukana abayiteze.

Burya uko Zahabu uyinyuza mu muriro cyangwa aside ushaka kumenya ubuziranenge bwayo, ni ko ivamo yarushijeho gushashagirana. N’uRwanda ni uko rero, abarusengera inabi bakwiye kubona ko barushywa n’ubusa, kuko uko urutega ibigeragezo urutera imbaraga zo gusimbuka n’ibirenze ibyo watekerezaga.

2022-06-20
Editorial

IZINDI NKURU

Nta kuntu Museveni yaba umuhuza mwiza w’Abarundi kandi asigaye adatandukanye cyane na Nkurunziza

Nta kuntu Museveni yaba umuhuza mwiza w’Abarundi kandi asigaye adatandukanye cyane na Nkurunziza

Editorial 09 Dec 2017
Ku munsi ubanziriza uwa nyuma- ‘ Paul Kagame ‘ yiyamamarije I Gicumbi mu karere Inkotanyi zashinzemo  ibirindiro  mbere yo kubohora Igihugu

Ku munsi ubanziriza uwa nyuma- ‘ Paul Kagame ‘ yiyamamarije I Gicumbi mu karere Inkotanyi zashinzemo ibirindiro mbere yo kubohora Igihugu

Editorial 01 Aug 2017
U Rwanda na Uganda biravuga ko byiteguye gushyira mu bikorwa Amasezerano ya Luanda

U Rwanda na Uganda biravuga ko byiteguye gushyira mu bikorwa Amasezerano ya Luanda

Editorial 16 Sep 2019
Burundi: Perezida Nkurunziza yashinze ishyirahamwe ry’Abahutu

Burundi: Perezida Nkurunziza yashinze ishyirahamwe ry’Abahutu

Editorial 16 Apr 2017
Nta kuntu Museveni yaba umuhuza mwiza w’Abarundi kandi asigaye adatandukanye cyane na Nkurunziza

Nta kuntu Museveni yaba umuhuza mwiza w’Abarundi kandi asigaye adatandukanye cyane na Nkurunziza

Editorial 09 Dec 2017
Ku munsi ubanziriza uwa nyuma- ‘ Paul Kagame ‘ yiyamamarije I Gicumbi mu karere Inkotanyi zashinzemo  ibirindiro  mbere yo kubohora Igihugu

Ku munsi ubanziriza uwa nyuma- ‘ Paul Kagame ‘ yiyamamarije I Gicumbi mu karere Inkotanyi zashinzemo ibirindiro mbere yo kubohora Igihugu

Editorial 01 Aug 2017
U Rwanda na Uganda biravuga ko byiteguye gushyira mu bikorwa Amasezerano ya Luanda

U Rwanda na Uganda biravuga ko byiteguye gushyira mu bikorwa Amasezerano ya Luanda

Editorial 16 Sep 2019
Burundi: Perezida Nkurunziza yashinze ishyirahamwe ry’Abahutu

Burundi: Perezida Nkurunziza yashinze ishyirahamwe ry’Abahutu

Editorial 16 Apr 2017
Nta kuntu Museveni yaba umuhuza mwiza w’Abarundi kandi asigaye adatandukanye cyane na Nkurunziza

Nta kuntu Museveni yaba umuhuza mwiza w’Abarundi kandi asigaye adatandukanye cyane na Nkurunziza

Editorial 09 Dec 2017
Ku munsi ubanziriza uwa nyuma- ‘ Paul Kagame ‘ yiyamamarije I Gicumbi mu karere Inkotanyi zashinzemo  ibirindiro  mbere yo kubohora Igihugu

Ku munsi ubanziriza uwa nyuma- ‘ Paul Kagame ‘ yiyamamarije I Gicumbi mu karere Inkotanyi zashinzemo ibirindiro mbere yo kubohora Igihugu

Editorial 01 Aug 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru