• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Félix Antoine Tshisekedi yakoresheje impapuro mpimbano ubwo yiyamamarizaga kuba Perezida wa Kongo, Wategereza iki cyiza kuri Perezida w’ umutekamutwe?

Félix Antoine Tshisekedi yakoresheje impapuro mpimbano ubwo yiyamamarizaga kuba Perezida wa Kongo, Wategereza iki cyiza kuri Perezida w’ umutekamutwe?

Editorial 11 Jul 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Amakuru yashyizwe ahagaragara n’ikinyamakuru cyo mu Bubiligi, VRT NWS, aravuga ko Perezida Tshisekedi yerekanye impamyabumenyi mpimbano ubwo yiyamamarizaga kuyobora Kongo mu mwaka wa 2018.

Félix Tshisekedi yerekanye imyamyabumenyi ngo yakuye muri kaminuza yo mu Bubiligi, yitwa Institut des Carrières Commerciales(ICC), ndetse ayitanga mu byangombwa bisabwa abakandida ku mwanya wa Perezida wa Kongo. Nyamara, ubucamanaza bw’Ububiligi bubisabwe n’ubushinjacyaha bwa Kongo, bwemeje bidasubirwaho ko Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo yiyandikishije gusa muri ICC, ariko atigeze yiga ngo anatsinde ibizamini byari kumuhesha iyo mpamyabumenyi.

Igitangaje ariko, ni uko aya makuru avuguruza ubutekamutwe bwa Félix Tshisekedi yatanzwe mu Gushyingo 2018, ni ukuvuga hasigaye ukwezi ngo amatora abe, ariko Komisiyo y’amatora ntimuvane mu bakandida ngo anakurikiranweho gukoresha impapuro mpimbano, ahubwo bikaza gutangazwa ko ari nawe watsinze amatora.

Wategereza iki kindi cyiza kuri Perezida wagiye ku butegetsi mu buriganya bungana butya?!

Ikinyamakuru VRT NWS gikomeza kivuga ko Tshisekedi atagarukiye ku gutanga impamyabumenyi mpimbano, ko yanongeyeho ko afite uburambe mu bijyanye n’ubukungu, ngo kuko yakoze muri imwe mu masosiyete y’ubwishingizi mu Bubiligi. Byahe byo kajya ko ahubwo yakoraga akazi ko gushyira abantu ubutumwa mu ngo zabo, bikagera aho bamwita”Monsieur Pizza”, kubera ko yakundaga kujyana “pizza” mu ngo z’ abakoze komande mu maresitora n’amahoteri!

Abasomye iyi nkuru ntibatangajwe n’aya mahano ya Félix Tshisekedi, kuko basanzwe bamuziho uburiganya, cyane cyane abo babanye mu Bubiligi. Kuba rero aremekanya ibinyoma, akagereka ku Rwanda ibibazo byamunaniye gukemura, nabyo ntawe bikwiye gutungura. Kuva Félix Tsisekedi yaba Perezida wa Kongo yaranzwe no gusezeranya abaturage ibyo atazigera akora, birimo n’amasezerano Leta yagiranye n’umutwe wa M23, akanga kuyashyira mu bikorwa.

Akimara kuba Perezida, yemereye abaturage imishinga myinshi yo kubateza imbere, ariko iyakozwe ibarirwa ku mitwe y’intoki. Urugero ni amazu yemereye abasirikari, none kontineri zuzuye ibikoresho byagombaga kubakishwa ayo mazu zirunze ku byambu binyuranye muri Afrika n’i Burayi. Magingo aya hari kontineri 206 zimaze imyaka i Dar Es Salaam muri Tanzaniya, ndetse Leta y’ icyo gihugu ikaba yarafashe icyemezo cyo kuziteza cyamurana, kuko Kongo yanze kwishyura amahoro , amafaranga y’ububiko nayo akaba amaze kuba umurengera.

Ngiyo rero Kongo yirirwa iririmba ngo u Rwanda nirwo ruyiteza ibibazo, kandi umuzi wabyo ari abategetsi bayo batagira ubushishozi n’ubunyangamugayo.

2022-07-11
Editorial

IZINDI NKURU

Tshisekedi arapfunda imitwe nk’uhiriye mu nzu: Ubu arakusanya abajenosideri ngo bamufashe kurwanya M23 no gutera u Rwanda

Tshisekedi arapfunda imitwe nk’uhiriye mu nzu: Ubu arakusanya abajenosideri ngo bamufashe kurwanya M23 no gutera u Rwanda

Editorial 08 Mar 2024
Umunyarwanda ati:”Umutindi umuha amata akaruka amaraso”. Patrick Habamenshi, ubuparmehutu buranze burakokamye?!

Umunyarwanda ati:”Umutindi umuha amata akaruka amaraso”. Patrick Habamenshi, ubuparmehutu buranze burakokamye?!

Editorial 18 Jan 2021
Burundi: Haravugwa umugambi mubisha wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Burundi: Haravugwa umugambi mubisha wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Editorial 19 Jan 2018
Ibimaze iminsi bibera i Nyamirambo bigiye kwimukira i Muhanga, Kiyovu SC yahize gusubira Rayon Sports

Ibimaze iminsi bibera i Nyamirambo bigiye kwimukira i Muhanga, Kiyovu SC yahize gusubira Rayon Sports

Editorial 02 Feb 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikibazo cy’abana bo mu mihanda cyagarutsweho mu mwiherero i Gabiro
Mu Mahanga

Ikibazo cy’abana bo mu mihanda cyagarutsweho mu mwiherero i Gabiro

Editorial 15 Mar 2016
Ikiganiro cya Dr. Marara cyo kuwa  21/2/2016 gikomeje gukurura impaka
ITOHOZA

Ikiganiro cya Dr. Marara cyo kuwa 21/2/2016 gikomeje gukurura impaka

Editorial 02 Jun 2016
Umunyarwanda yajugunwe ku Mupaka wa Cyanika yagizwe intere
HIRYA NO HINO

Umunyarwanda yajugunwe ku Mupaka wa Cyanika yagizwe intere

Editorial 01 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru