• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umucamanza mu rukiko rw’i Paris mu Bufaransa yatangaje ko asubukuye iperereza ku bwicanyi bwabereye mu Bisesero muri Jenosie yakorewe Abatutsi, bunavugwamo bamwe mu basirikari b’ Abafaransa

Umucamanza mu rukiko rw’i Paris mu Bufaransa yatangaje ko asubukuye iperereza ku bwicanyi bwabereye mu Bisesero muri Jenosie yakorewe Abatutsi, bunavugwamo bamwe mu basirikari b’ Abafaransa

Ubwanditsi 13 Jul 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Nk’uko tubikesha urubuga rwo mu Bufaransa “Médiapart”, rukora inkuru zicukumbuye,  umucamanza wo mu rukiko rw’ i Paris aho mu Bufaransa amaze gufata icyemezo cyo gusubukura iperereza kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Bisesero, mu yahoze ari Perefegitura ya Kibuye, ubu ni mu karere ka Karongi, mu Ntara y’Uburengerazuba.

Ni icyemezo gitunguranye, kuko hari hashize imyaka 4 ubushinjacyaha bw’aho i Paris butangaje ko bupfundikiye iyo dosiye  ku bwicanyi bwo mu Bisesero, bunavugwamo bamwe mu basirikari bakuru b’Abafaransa, bari mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, mu butumwa bwiswe”Opération Turquoise”.

Médiapart iravuga ko uwo mucamanza yabonye ibindi bimenyetso bidakwiriye kurenzwa ingohe, cyane cyane ibikubiye muri raporo ya Komisiyo”Duclert”, yasohotse umwaka ushize, ikagaragaza uruhare rudashidikanywaho rw’Ubufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi. 

Nta byinshi byavuzwe kuri iri perereza rigiye gusubukurwa,  icyakora abasesenguzi basanga   iki cyemezo cyaba gifitanye isano n’ugutakamba kw’imiryango mpuzamahanga iharanira uburenganzira bwa muntu yakomeje gusaba ko ubutabera bwahabwa agaciro, ndetse n’ibaruwa imiryango irengera inyungu z’abarokotse Jeboside yakorewe Abatutsi, barimo n’abo mu Bisesero, yandikiye ubucamanza bw’Ubufaransa muri Mutarama uyu mwaka,  yinubira kuba nta gikorwa ngo Abasirikari b’Abafaransa bagize uruhare mu bwicanyi bwo Bisesero babiryozwe.

Hari abasirikari b’Abafaransa 22 baregwa uruhare muri  Jenoside yakorewe Abatutsi,  by’umwihariko hakabamo abashinjwa uruhare mu bwicanyi bwahitanye inzirakarengane zibarirwa mu bihumbi mirongo itandatu(60.000) zishyinguye mu Bisesero.  Nubwo hari ubuhamya bw’ ababyiboneye ndetse n’ ibyegeranyo byinshi bibahamya ubufatanyacyaha n’abajenosideri, abari mu butegetsi  bw’ Ubufaransa mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi  bahakana uruhare urwo arirwo rwose muri iyo Jenoside, ahubwo bakavuga ko “Opération Turquoise” yarokoye benshi.

Umwe mu basirikari bari muri “Opération Turquoise”,  Kapiteni Guillaume Ancel yakomeje gutanga ubuhamya bugaragaza uburyo abasirikari b’ Abafaransa batereranye Abatutsi bo mu Bisesero, bakingira ikibaba abajenosideri ngo bashobore guhungira muri Zayire(ubu ni Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo ), banageze mu nkambi aho muri Zayire Abafaransa babaha intwaro ngo bagaruke gusoza umugambi wa Jenoside.  Ibi byose byari byaravuzwe mu iperereza ryamaze imyaka 13 rikorwa, ariko mu buryo butavuzweho rumwe, hanzurwa ko urubanza rutazaba. Icyemezo cyo kurusubukura cyaba  kiri mu mugambi wa Perezida Emmanuel Macon wasezeranyije uRwanda gukurikirana umujenosideri wese uri mu Bufaransa? Tubitege amaso.      

2022-07-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyagatare: Habyarimana akurikiranyweho gushaka guha ruswa umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Tabagwe

Nyagatare: Habyarimana akurikiranyweho gushaka guha ruswa umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Tabagwe

Ubwanditsi 23 Mar 2016
Rurageretse hagati ya IBUKA na Musenyeri Mbonyintege bapfa Perraudin

Rurageretse hagati ya IBUKA na Musenyeri Mbonyintege bapfa Perraudin

Ubwanditsi 25 Jun 2018
Dr Sila Cehreli, impuguke mu by’amateka  akaba n’umushakashatsi muri Kamunuza ya Marmara, muri Turikiya, aragaragaza ko abiyita abahanga nka Judi  Rever, amateka azabagayira ubuswa n’ubugome mu guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Dr Sila Cehreli, impuguke mu by’amateka  akaba n’umushakashatsi muri Kamunuza ya Marmara, muri Turikiya, aragaragaza ko abiyita abahanga nka Judi  Rever, amateka azabagayira ubuswa n’ubugome mu guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 28 Dec 2020
Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye isabukuru y’imyaka 59 Madagascar ibonye ubwigenge

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye isabukuru y’imyaka 59 Madagascar ibonye ubwigenge

Ubwanditsi 26 Jun 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu basuye Pariki y’Akagera umwaka ushize, 48 % ni Abanyarwanda
UBUKERARUGENDO

Mu basuye Pariki y’Akagera umwaka ushize, 48 % ni Abanyarwanda

Ubwanditsi 22 Jan 2020
Miss Carine Rusaro yashyingiwe
Mu Mahanga

Miss Carine Rusaro yashyingiwe

Ubwanditsi 14 Feb 2016
Musanze: Gitifu w’Umurenge arakekwaho uruhare mu rupfu rw’umwana wahiriye mu nzu
Mu Rwanda

Musanze: Gitifu w’Umurenge arakekwaho uruhare mu rupfu rw’umwana wahiriye mu nzu

Ubwanditsi 06 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru