• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Urunturuntu mu ishyaka rya Depite Frank Habineza uri mu nzira zo kwivuguruza kumagambo asabira ibiganiro imitwe y’iterabwoba

Urunturuntu mu ishyaka rya Depite Frank Habineza uri mu nzira zo kwivuguruza kumagambo asabira ibiganiro imitwe y’iterabwoba

Ubwanditsi 07 Sep 2022 Amakuru, HIRYA NO HINO, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Nyuma yo gukorwa n’ikimwaro, Frank Habineza yatangiye gusa n’uwihakana ibyo yivugiye, ubwo Abanyarwanda batahuraga ko yatangiye kwigira umuvugizi w’imitwe y’iterabwoba irwanya Leta y’u Rwanda.

Ubwo yabazwaga abo avugira nyirizina, ndetse n’aho akomora kwigira umuvugizi w’imitwe ishaka guhungabanya Abanyarwanda, yabihirikiye ku ishyaka rye ayoboye aho yagize ati “Dukora manifesto, abarwanashyaka ni bo babizanye. Ni bo bazanye zino ngingo. […] Ntabwo twebe twavuga amazina hari igihe ushobora kuvuga amazina y’abantu ukagira abo wibagirwa.”

Kereka niba Frank Habineza yarashutswe, ariko na byo ntibikwiye kuko na we afite ubwenge butatekereza kuzamura igitekerezo kigamije gusesereza Abanyarwanda bagizweho ingaruka n’ibitero by’imitwe yitwaje intwaro ihungabanya umutekano w’u Rwanda.

Ukwivuguruza kwa Depite Habineza kandi, ntikuzarangirira mu mu magambo gusa, kuko we yivugiye ko bagiye no gusubira mu migabo n’imigambi (Manifesto) y’ishyaka, bakaba bazagira n’ibyo bakuramo.
Uwavuga ko Depite habineza ari kwibonekeza ntakwiye kurebwa nabi, kuko hari abagaragaje ko atangiye kuzamura ijwi rye mu bitangazamakuru, kuko amatora y’abadepite yegereje.

Niba yarifuzaga ko Leta y’u Rwanda iganira n’abatavuga rumwe na yo, kuki atajyanye icyo gitekerezo mu Nteko Ishinga Amategeko nk’umudepite?

Hari imvugo Habineza yakomeje guca iruhande aho utamenya niba yarasabaga imbabazi cyangwa yarakomezaga gushishikara akongeza politike ye aho yagize ati “Niba hari abantu nakomerekeje bbiseguyeho…”. Umuntu yakwibaza ati Ese habineza koko yasabye imbabazi, cg niyamyitwarire yo mubihe bya gikoloni, mugushaka kuba umutoni kwa Antony Blinken, uherutse kuza mu Rwanda ngo aje gufunguza icyihebe Paul Rusesabagina agataha yimyiza imoso?

Depite Habineza ubwe arabizi kandi anahamya ko Leta y’u Rwanda yatanze rugari ngo abari hanze y’u Rwanda batahe bagaruke mu Rwanda, hakagira abataha n’abadataha. Ngo impamvu ashaka ibi biganio ni uko hari abataratashye, nyamara ntiyagaraje niba impamvu batatashye ari uko Leta y’u Rwanda yabimye ibyo uburenganzira.

Nonese ko azi neza ko hafi abo bose baheze ishyanga ari abakurikiranyweho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi n’abandi banyabyaha batorotse ubutabera, abandi Habineza avuganira ni abahe?

Ibiganiro Depite Habineza asaba ntabwo byimywe umwanya, kuko mu 1998 na 1999 mubiganiro byabereye muri Village urugwiro, abagize amashyaka yose ataragize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, imiryango itegamiye kuri Leta, abanyamadini ndetse n’abashakashatsi, baganira kuburyo habaho gusangira ubutegetsi ntawe usigaye inyuma.
Igika cya gatandatu mu ngingo ya cumi y’Itegeko Nshinga ry’u Rwanda, kirimo Ihame rya Gatandatu, rigira riti “gushaka buri gihe umuti w‟ibibazo binyuze mu nzira y‟ibiganiro n‟ubwumvikane busesuye”
Itegeko Nshinga kandi rishyiraho Ihuriro ry’Igihugu Nyunguranabitekerezo ry’Imitwe ya Politiki, NCFPO ridatandukanye na busa nicyo Habineza ashaka, yise Political Ombudsman Council.

Depite Frank Habineza ushaka kwigira inyaryenge ngo aturangaze, akwiye kwerura agasaba imbabazi Abanyarwanda yakinnye ku mubyimba, kubera ingaruka z’ibitero byatewe niyo mitwe asabira kwidegembya.

2022-09-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Akabaye icwende ntikoga, Rashid Hakuzimana yafunzwe mu mwaka wa 2006 azira ibyaha bitandukanye harimo kuvutsa igihugu umudendezo, ibyaha arimo asubiramo

Akabaye icwende ntikoga, Rashid Hakuzimana yafunzwe mu mwaka wa 2006 azira ibyaha bitandukanye harimo kuvutsa igihugu umudendezo, ibyaha arimo asubiramo

Ubwanditsi 31 Aug 2021
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 08 Dec 2022
Guhera kuri RDR kugera kuri DALFA-Umurinzi: Impamvu Victoire Ingabire atigeze ahinduka

Guhera kuri RDR kugera kuri DALFA-Umurinzi: Impamvu Victoire Ingabire atigeze ahinduka

Ubwanditsi 26 Jul 2025
Ibyemezo bya Komisiyo y’imyitwarire ku makipe atarubahirije amabwiriza yo kurwanya Covid-19

Ibyemezo bya Komisiyo y’imyitwarire ku makipe atarubahirije amabwiriza yo kurwanya Covid-19

Ubwanditsi 22 Dec 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame avuga ko Abanyafurika batakwemera urujya n’uruza rw’ibicuruzwa ariko bo ubwabo bakikoma.
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame avuga ko Abanyafurika batakwemera urujya n’uruza rw’ibicuruzwa ariko bo ubwabo bakikoma.

Ubwanditsi 09 Aug 2019
Kuki Himbara akomeje  gusebya Louise Mushikiwabo
INKURU NYAMUKURU

Kuki Himbara akomeje gusebya Louise Mushikiwabo

Ubwanditsi 09 Oct 2018
Abasifuzi bagaragaweho amakosa y’imisifurire bahanwe na FERWAFA, barimo n’abayoboye umukino wahuje Rayon Sports na Etoile de l’Est wagaragayemo gusimbuza incuro nyinshi
Amakuru

Abasifuzi bagaragaweho amakosa y’imisifurire bahanwe na FERWAFA, barimo n’abayoboye umukino wahuje Rayon Sports na Etoile de l’Est wagaragayemo gusimbuza incuro nyinshi

Ubwanditsi 02 Dec 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru