• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Urunturuntu mu ishyaka rya Depite Frank Habineza uri mu nzira zo kwivuguruza kumagambo asabira ibiganiro imitwe y’iterabwoba

Urunturuntu mu ishyaka rya Depite Frank Habineza uri mu nzira zo kwivuguruza kumagambo asabira ibiganiro imitwe y’iterabwoba

Ubwanditsi 07 Sep 2022 Amakuru, HIRYA NO HINO, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Nyuma yo gukorwa n’ikimwaro, Frank Habineza yatangiye gusa n’uwihakana ibyo yivugiye, ubwo Abanyarwanda batahuraga ko yatangiye kwigira umuvugizi w’imitwe y’iterabwoba irwanya Leta y’u Rwanda.

Ubwo yabazwaga abo avugira nyirizina, ndetse n’aho akomora kwigira umuvugizi w’imitwe ishaka guhungabanya Abanyarwanda, yabihirikiye ku ishyaka rye ayoboye aho yagize ati “Dukora manifesto, abarwanashyaka ni bo babizanye. Ni bo bazanye zino ngingo. […] Ntabwo twebe twavuga amazina hari igihe ushobora kuvuga amazina y’abantu ukagira abo wibagirwa.”

Kereka niba Frank Habineza yarashutswe, ariko na byo ntibikwiye kuko na we afite ubwenge butatekereza kuzamura igitekerezo kigamije gusesereza Abanyarwanda bagizweho ingaruka n’ibitero by’imitwe yitwaje intwaro ihungabanya umutekano w’u Rwanda.

Ukwivuguruza kwa Depite Habineza kandi, ntikuzarangirira mu mu magambo gusa, kuko we yivugiye ko bagiye no gusubira mu migabo n’imigambi (Manifesto) y’ishyaka, bakaba bazagira n’ibyo bakuramo.
Uwavuga ko Depite habineza ari kwibonekeza ntakwiye kurebwa nabi, kuko hari abagaragaje ko atangiye kuzamura ijwi rye mu bitangazamakuru, kuko amatora y’abadepite yegereje.

Niba yarifuzaga ko Leta y’u Rwanda iganira n’abatavuga rumwe na yo, kuki atajyanye icyo gitekerezo mu Nteko Ishinga Amategeko nk’umudepite?

Hari imvugo Habineza yakomeje guca iruhande aho utamenya niba yarasabaga imbabazi cyangwa yarakomezaga gushishikara akongeza politike ye aho yagize ati “Niba hari abantu nakomerekeje bbiseguyeho…”. Umuntu yakwibaza ati Ese habineza koko yasabye imbabazi, cg niyamyitwarire yo mubihe bya gikoloni, mugushaka kuba umutoni kwa Antony Blinken, uherutse kuza mu Rwanda ngo aje gufunguza icyihebe Paul Rusesabagina agataha yimyiza imoso?

Depite Habineza ubwe arabizi kandi anahamya ko Leta y’u Rwanda yatanze rugari ngo abari hanze y’u Rwanda batahe bagaruke mu Rwanda, hakagira abataha n’abadataha. Ngo impamvu ashaka ibi biganio ni uko hari abataratashye, nyamara ntiyagaraje niba impamvu batatashye ari uko Leta y’u Rwanda yabimye ibyo uburenganzira.

Nonese ko azi neza ko hafi abo bose baheze ishyanga ari abakurikiranyweho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi n’abandi banyabyaha batorotse ubutabera, abandi Habineza avuganira ni abahe?

Ibiganiro Depite Habineza asaba ntabwo byimywe umwanya, kuko mu 1998 na 1999 mubiganiro byabereye muri Village urugwiro, abagize amashyaka yose ataragize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, imiryango itegamiye kuri Leta, abanyamadini ndetse n’abashakashatsi, baganira kuburyo habaho gusangira ubutegetsi ntawe usigaye inyuma.
Igika cya gatandatu mu ngingo ya cumi y’Itegeko Nshinga ry’u Rwanda, kirimo Ihame rya Gatandatu, rigira riti “gushaka buri gihe umuti w‟ibibazo binyuze mu nzira y‟ibiganiro n‟ubwumvikane busesuye”
Itegeko Nshinga kandi rishyiraho Ihuriro ry’Igihugu Nyunguranabitekerezo ry’Imitwe ya Politiki, NCFPO ridatandukanye na busa nicyo Habineza ashaka, yise Political Ombudsman Council.

Depite Frank Habineza ushaka kwigira inyaryenge ngo aturangaze, akwiye kwerura agasaba imbabazi Abanyarwanda yakinnye ku mubyimba, kubera ingaruka z’ibitero byatewe niyo mitwe asabira kwidegembya.

2022-09-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bugesera :Abagabo bakubitwa n’ Abagore babo bakagira Isoni zo kujya kubarega kunzego z’Umutekano

Bugesera :Abagabo bakubitwa n’ Abagore babo bakagira Isoni zo kujya kubarega kunzego z’Umutekano

Ubwanditsi 27 Apr 2017
Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateranye ku wa Mbere tariki ya 19 Ugushyingo 2018

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateranye ku wa Mbere tariki ya 19 Ugushyingo 2018

Ubwanditsi 20 Nov 2018
Rudasingwa yahishuye uruhare rwe mu bitero bya gerenade byigeze kwibasira Kigali

Rudasingwa yahishuye uruhare rwe mu bitero bya gerenade byigeze kwibasira Kigali

Ubwanditsi 05 Mar 2020
FDLR ikomeje gucura inkumbi, yerekana ko ari umutwe w’iterabwoba udatinya n’ abadipolomate!!

FDLR ikomeje gucura inkumbi, yerekana ko ari umutwe w’iterabwoba udatinya n’ abadipolomate!!

Ubwanditsi 23 Feb 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Politiki n’ingengabitekerezo bya Jenoside byabujije ba nyiramukubitwa kuba abantu
POLITIKI

Politiki n’ingengabitekerezo bya Jenoside byabujije ba nyiramukubitwa kuba abantu

Ubwanditsi 07 Apr 2018
Urukiko Ruzemeza Aho Umugogo w’Umwami Kigeli V Uzatabarizwa
ITOHOZA

Urukiko Ruzemeza Aho Umugogo w’Umwami Kigeli V Uzatabarizwa

Ubwanditsi 28 Nov 2016
Abatemera yuko FDRL igiye ni abashinyaguzi
ITOHOZA

Abatemera yuko FDRL igiye ni abashinyaguzi

Ubwanditsi 06 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru