• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»“Fight Impunity”, ikiguri cy’Umubiligikazi Maria Arena, Umunyekongo Denis Mukwege, n’abandi baryi ba ruswa biyemeje guharabika u Rwanda.

“Fight Impunity”, ikiguri cy’Umubiligikazi Maria Arena, Umunyekongo Denis Mukwege, n’abandi baryi ba ruswa biyemeje guharabika u Rwanda.

Ubwanditsi 16 Jan 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Umubiligikazi Maria Arena, akaba yari akuriye komisiyo y’uburenganzira bwa muntu mu Nteko ishinga amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi, kuwa gatatu ushize yeguye kuri uwo mwanya kubera ikibazo cya ruswa yakiriye mu bihe binyuranye, kugirango agushe mu mutego iyo Nteko wo gufata ibyemezo bitonesha bimwe mu bihugu, bigahungeta ibindi nk’uRwanda.
Kubera ko bitoroshye guha ruswa abagize iyo Nteko bose, Maria Arena yafatanyije n’abandi baryi ba ruswa, barimo Umutaliyani Pier Antoni Panzeri, nawe wigeze kuba Komiseri mu Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi, maze bashinga icyo bise”Umuryango Udaharanira Inyungu”, FIGHT IMPUNITY, ngo ugamije kurengera uburenganzira bwa muntu no kurwanya umuco wo kudahana. Aya yari amayeri yo gusibanganya ibimenyetso, kugirango iyo Fight Impunity abe ari yo izajya ikusanya ruswa, maze Arena na Panzeri bayishyikirize abazabafasha gufata ibyemezo bibogamye.

Umunyekongo, Denis Mukwege yashyizwe mu nama y’ubutegetsi y’ icyo kiguri cy’amabandi, kigamije kurengera inyungu za bamwe, no kubangamira abo bafata nk’insina ngufi, barimo uRwanda .
Dr Denis Mukwege wiriza uRwanda mu kanwa, yatumiwe incuro utabara mu nama za Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu mu Nteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi, ku kagambane ka Depite Maria Arena. Uyu Maria Arena ndetse n’ihabara ye Pier Antoni Panzeri, nk’intumwa za Fight Impunity, nabo bagaragaye kenshi mu makoraniro y’Abanyekongo banga urunuka uRwanda n’Ubuyobozio bwarwo, nk’icyitwa LUCHA, kinavugwa cyane muri jenoside irimo gukorerwa Abatutsi b’Abanyekongo. Ibyavuye muri izo nama ni ibirego bitagira inshingiro, bishinja uRwanda kuvogera ubusugire bwa Kongo.

Fight Impunity kandi yagize uruhare mu mijugugujugu yatewe uRwanda, kubera ifatwa ry’icyihebe Paul Rusesabagina, ndetse inakoresha abandi bantu barimo na bamwe mu bategetsi ba Amerika, n’ubu birirwa basakuza ngo Rusesabagina narekurwe.

Burya rero koko iminsi y’umujura ni 40! Maria Arena ajya gufatwa, yari avuye mu gihugu cya Qatar, aho yagiye nk’Umudepite mu Nteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi, kandi abamukuriye mu kazi batabizi. Avuye yo yateguye raporo ishimagiza Qatar ku bijyanye n’uburenganzira bwa muntu, mu gihe icyo gihugu cyashinjwaga bikomeye gufata nabi abimukira, cyane cyane abakoraga mu kubaka ibikorwa-remezo byifashishijwe mu gikombe cy’isi cy’umupira w’amaguru giherutse cyakiniwe muri Qatar mu mpera z’umwaka ushize.

Qatar yaba yararenganaga mu gushinjwa ibyo birego nk’uko bimeze ku Rwanda, yaba se koko yarahutaje uburenganzira bwa muntu, ikizwi ni uko hari abanya Qatar biyambaje Depite Maria Arena na Pier Panzeri, babaha “akantu” gatubutse, ngo Abanyaburayi bahe agahenge igihugu cyabo. Maria Arena amaze gufatirwa mu cyuho yareguye, naho ishumi ye, Pier Antoni Panzeri, irafunze mu gihe iperereza rikomeje
Ese bizaba ngombwa ko n’uRwanda rutanga inyoroshyo ngo bareke kuruhoza ku nkeke? Ababitekereza batyo baribeshya cyane, kuko uRwanda rwiyemeje gukora ibikwiye no mu gihe gikwiye, ahasigaye ibikorwa bikagaragaza ufite ukuri.

Maria Arena, Pier Antoni Panzeri, Denis Mukwege, Bob Mendez, Human Rights Watch n’ibindi bisahiranda, bimenye ko akarengane kadahoraho ubuziraherezo, kuko ukuri n’iyo kwatinda kugera aho kukigaragaza. Ikindi, ibuye ryagaragaye ntiriba rikishe isuka.

2023-01-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma y’iminsi 211 ari umutoza mukuru wa Kiyovu SC, Karekezi Olivier yatandukanye n’iyi kipe nyuma yaho ataraye mu mwiherero w’urucaca.

Nyuma y’iminsi 211 ari umutoza mukuru wa Kiyovu SC, Karekezi Olivier yatandukanye n’iyi kipe nyuma yaho ataraye mu mwiherero w’urucaca.

Ubwanditsi 02 May 2021
Ari Umunyamabanga Wa Leta Evode Uwizeyima Na Victoire Ingabire Ni Inde Wigiza Nkana?

Ari Umunyamabanga Wa Leta Evode Uwizeyima Na Victoire Ingabire Ni Inde Wigiza Nkana?

Ubwanditsi 19 Sep 2018
Bashiki ba Rutabana bajyanye RNC na CMI mu rukiko ngo basobanure ibura rye

Bashiki ba Rutabana bajyanye RNC na CMI mu rukiko ngo basobanure ibura rye

Ubwanditsi 03 Dec 2019
Burundi-Cibitoke: Habonwe imirambo y’abantu 14 bishwe bari kungoyi

Burundi-Cibitoke: Habonwe imirambo y’abantu 14 bishwe bari kungoyi

Ubwanditsi 03 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kizito Mihigo: Umusore wakoreshejwe akiri muzima na nyuma yo kwitaba Imana
INKURU NYAMUKURU

Kizito Mihigo: Umusore wakoreshejwe akiri muzima na nyuma yo kwitaba Imana

Ubwanditsi 02 Mar 2020
Uganda: Abantu 45 barimo Abanyarwanda 36 bashinjwa iterabwoba bagumijwe muri gereza
ITOHOZA

Uganda: Abantu 45 barimo Abanyarwanda 36 bashinjwa iterabwoba bagumijwe muri gereza

Ubwanditsi 23 Jan 2018
U Bubiligi bugiye gutora itegeko rihana icyaha cyo gupfobya no guhakana Jenoside.
POLITIKI

U Bubiligi bugiye gutora itegeko rihana icyaha cyo gupfobya no guhakana Jenoside.

Ubwanditsi 08 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru