• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Abashinwa Bahize kurandura burundu Ubushomeri mu Rwanda

Abashinwa Bahize kurandura burundu Ubushomeri mu Rwanda

Ubwanditsi 10 Sep 2023 Amakuru, IKORANABUHANGA, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Rwanda, POLITIKI, UBUKUNGU

Uwavuga ko bene aba ari bo ngenzi bakenewe mu banyarwanda ntabwo waba ubeshye kubera impamvu uruhumbirajana rugamije gukuraho ubushomeri burundu mu Rwanda ntabwo waba ukabije inkuru cyangwa ngo bibe ari ugutebya

Ibi kandi byahamijwe n’abitabiriye ihuriro ryahuruje imbaga y’ibigo byigenga bifite inkomoko mu Bushinwa byose byarakubise bimurika ibikorwa bigamije gushakira amahirwe Abanyarwanda bize mu Bushinwa n’abandi bakeneye akazi hagamijwe gukingurira amarembo Abanyarwanda ngo bakure amaboko mu mifuka, Dore ko hari Inganda,amahoteli, ibigo by’itumanaho n’ibindi

Abanyarwanda bize mu Bushinwa bafite amahirwe kurusha abandi ku Isi”; Patrick Kananga, Ni umuyobozi Mukuru w’Umurimo muri Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA), akomeza avuga ko abanyarwanda bize mu Bushinwa bafite amahirwe menshi kurusha abandi ku Isi, kuko bashyiriweho uburyo bahuzwa n’abashoramari b’Abashinwa bakorera mu Rwanda, kugira ngo babone akazi.

Ibi Patrick Kananga yabigarutseho kuri uyu wa Gatandatu tariki 09 Nzeri 2023, ubwo Ihuriro ry’abanyarwanda bize mu Bushinwa (Rwanda China Alumni Organization-RCAO) ku bufatanye na Ambasade y’Ubushinwa mu Rwanda, bari mu gikorwa cyo guhuza Kompanyi z’Abashinwa zikorera mu Rwanda n’abanyarwanda bize mu Bushinwa, bagaragarizwa ahari imyanya y’akazi; igikorwa bise ‘Job fair’ cyabaga ku nshuro ya kabiri.

Bwana Higaniro Théoneste (Taylor)

Umuyobozi w’umuryango w’abize n’ababaye mu Bushinwa (RCAO), Bwana Higaniro Taylor Theoneste, avuga ko binyuze muri ‘Job fair’ ya mbere yagize umumaro kandi bizeye ko n’ubu bizagenda neza abenshi bakahakura inyungu zinyuranye

Ni ku nshuro ya kabiri, RCAO Job fair iteguwe kuko yatanze umusaruro mu ya mbere, kuko mu igenzura twakoze twasanze abanyarwanda benshi bavuye kwiga mu Bushinwa babonye akazi abandi babona aho bimenyereza akazi muri Kompanyi z’Abashinwa, aho hari abagera kuri 30 babonye akazi ku buryo buhoraho, hari n’abo basigaranye contact zabo, uko akazi kagenda kaboneka muri izo Kompanyi babahamagara bakajya gukora ako kazi.”

Bwana Higaniro yakomeje avuga ko babanje gukorana na Kompanyi z’Abashinwa, ariko ubutaha batekereza kongeramo n’izindi Kompanyi zaba iz’abanyarwanda n’abanyamahanga zikorera mu Rwanda kugira ngo batange amahirwe ku banyarwanda bose muri rusange, anavuga ko iki gikorwa kirimo kugenda gikura dore ko ku nshuro ya mbere cyitabiriwe na Kompanyi 12 none ubu ku nshuro ya kabiri haje izigera kuri 30; bityo n’umubare w’ababona akazi uzarushaho kwiyongera.

Hano Bwana Higaniro yaganiraga na H.E Ambasaderi w’Ubushinwa mu Rwanda mbere ya Covid 19

Ambasaderi w’Ubushinwa mu Rwanda, Wang Xuekun, yavuze ko nyuma y’imyaka 4 Job fair ya mbere ibaye yatanze umusaruro, kandi ko Ubushinwa buzakomeza gufatanya n’u Rwanda mu iterambere nk’ibihugu bifitanye umubano, hashakwa imirimo ku banyarwanda bize mu Bushinwa n’abandi, kandi ko yizeye ko imikoranire ihari hagati ya RCAO na Ambasade izatuma bagera kuri byinshi.


Ageza ijambo ku bitabiriye iki gikorwa, Umuyobozi Mukuru w’Umurimo muri MIFOTRA wari umushyitsi mukuru, Bwana Patrick Kananga, yavuze ko abanyarwanda bize mu Bushinwa bafite amahirwe menshi kuko ari igihugu kitareba ku kwigisha gusa.

Yagize ati:

“Abanyamuryango ba RCAO muri abantu ba mbere ku Isi mufite amahirwe. Ni ikintu dushima kuba Leta y’Ubushinwa ishobora guha abanyarwanda amahirwe yo kwigayo, ariko ntibinarangirire aho ngaho y’uko bize, igakurikirana ngo ibahuze n’abakoresha batandukanye cyane cyane Abashinwa kugira ngo ba bana bizeyo banabone akazi.”

Yakomeje asaba n’andi mashyirahamwe n’amahuriro (alumni) y’abize mu bindi bihugu na cyane ko agiye ahari, ko bagera ikirenge mu cya RCAO, bagashyiramo ingufu ku buryo nabyo byatanga umusaruro, anavuga ko ibikorwa bya Leta y’Ubushinwa mu Rwanda byigaragaza kandi bizamura ubukungu bw’igihugu.

Kugeza ubu RCAO ivuga ko hari abanyarwanda barenga 800 bize mu Bushinwa biyandikishije nk’abanyamuryango bayo, gusa ngo abenshi muri bo bafite akazi n’ubwo hakiri abari hagati ya 200 na 300 badafite akazi, ikaba iteganya kunoza neza urubuga rwayo rw’ikoranabuhanga (website) ryayo kugira ngo abafite akazi n’abatagafite bajye bagaragara neza, kandi bari mu byiciro byabo bitandukanye; ni ukuvuga abize icyiciro cya kabiri cya Kaminuza, icya gatatu ndetse n’abafite impamyabumenyi y’ikirenga.

Uwahuza ibiganza agashimira Abashinwa n’abahize ntiyaba akabije, indi miryango nayo igende irebereho.

2023-09-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

CNLG irasaba Abanyarwanda kwitabira ibiganiro byo kwibuka

CNLG irasaba Abanyarwanda kwitabira ibiganiro byo kwibuka

Ubwanditsi 07 Apr 2018
Abasenateri ba Amerika barasabira ibihano leta ya Uganda kubera kutubahiriza uburenganzira bwa muntu no kwica amasezerano mpuzamahanga

Abasenateri ba Amerika barasabira ibihano leta ya Uganda kubera kutubahiriza uburenganzira bwa muntu no kwica amasezerano mpuzamahanga

Ubwanditsi 17 Dec 2018
Nyuma y’amezi 13 ayobora ikipe ya APR FC, Brig Gen Déo Rusanganwa wari Chairman wayo ntakiri muri izo nshingano

Nyuma y’amezi 13 ayobora ikipe ya APR FC, Brig Gen Déo Rusanganwa wari Chairman wayo ntakiri muri izo nshingano

Ubwanditsi 09 Dec 2025
Sena yatumije Minisitiri w’Intebe ngo asobanure ibiteganywa muri gahunda zo kuboneza urubyaro

Sena yatumije Minisitiri w’Intebe ngo asobanure ibiteganywa muri gahunda zo kuboneza urubyaro

Ubwanditsi 25 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Myinshi mu myanzuro y’Umwiherero wa 15 w’abayobozi yagezweho hejuru ya 75 %
UBUKUNGU

Myinshi mu myanzuro y’Umwiherero wa 15 w’abayobozi yagezweho hejuru ya 75 %

Ubwanditsi 10 Mar 2019
Abakinnyi ba filme 9 bakunzwe mu Rwanda bazajya bahembwa buri kwezi
IMIKINO

Abakinnyi ba filme 9 bakunzwe mu Rwanda bazajya bahembwa buri kwezi

Ubwanditsi 18 Feb 2016
Urukiko Rukuru Rwatangiye Kuburanisha Mu Mizi Urubanza Ruregwamo Diane Rwigara Na Nyina
INKURU NYAMUKURU

Urukiko Rukuru Rwatangiye Kuburanisha Mu Mizi Urubanza Ruregwamo Diane Rwigara Na Nyina

Ubwanditsi 25 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru