• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Inama ya Perezida Tshisekedi na Charles Onana igamije gukwirakwiza amagambo abiba urwango mu karere

Inama ya Perezida Tshisekedi na Charles Onana igamije gukwirakwiza amagambo abiba urwango mu karere

Ubwanditsi 28 Sep 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Mu gihe abakuru b’ibihugu bahuraga na bagenzi babo ndetse n’abashoramari batandukanye nyuma y’Inteko rusange ya 78 y’umuryango w’abibumbye, Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo yafashe indi nzira, ahura n’abantu bazwiho guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi, nka Charles Onana, n’abayoboke b’umutwe w’iterabwoba wa RNC ugamije ku rwanya Leta y’u Rwanda nka Eugene Gasana na Charles Kambanda.

Charles Onana azwiho kuba yarahakanye Jenoside yakorewe Abatutsi no guteza imbere imvugo ya FDLR, ikunze gushinja Abatutsi kwikorera Jenoside.

Iyi nama na Perezida Tshisekedi iteye impungenge zikomeye kuko ivuguruza ibyo yari yaratangaje ko agiye kurwanya amagambo abiba urwango.

Muri Mata 2023, Perezida Tshisekedi yasezeranyije byimazeyo kurandura burundu abamamaza imvugo y’urwango mu gihugu cye. Iyi mihigo yagize ibyiringiro byo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku nzangano n’ivangura. Icyakora, inama aherutse kugirana na Charles Onana igaragaza ko ibyo yavugaga byari amagambo gusa.

Charles Onana, yagiye ashyigikira byimazeyo guhakana Jenoside yo mu Rwanda yakorewe Abatutsi. Yakoresheje imbuga zitandukanye avuga ko abatutsi aribo nyirabayazana wa Jenoside yabakorewe.

Inama ya Perezida Tshisekedi na Onana ntabwo yabaye kuburyo bw’impanuka kuko Leta ya Kongo iri ku mukoresha mu kibazo cya politiki.
Kuba Justin Bitakwira wahoze ari Minisitiri w’iterambere ry’icyaro akaba n’umufatanyabikorwa wa hafi wa Perezida Tshisekedi, ashinzwe gutegura ibyo kumwamamaza, igihe yatumizwaga n’ubutabera ngo asobanure ku mvugo ye y’urwango, nta soni yakoresheje igitabo cya Onana yiregura.

Inama yahuje Perezida Tshisekedi na Charles Onana iteye impungenge kandi irashyigikira ingengabitekerezo ya Jenoside ku mitwe yitwara gisirikari nka wazalendo n’imitwe y’intagondwa nka FDLR, ishyigikira imvugo z’urwango. Irashishikariza iyo mitwe gukomeza amacakubiri

Twabibutsa ko Justin Bitakwira yahaniwe ibihano mpuzamahanga, harimo n’ibihano byashyizweho n’umuryango w’ubumwe bw’ibihugu by’Uburayi, kubera ko yashishikarije kubiba amagambo abiba urwango.

Ibyo bintu byose hamwe bibangamiye cyane abatutsi bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo.

Imiryango itandukanye nka Survie, Umuryango w’uburenganzira bwa muntu (LDH), n’umuryango mpuzamahanga uharanira uburenganzira bwa muntu (FIDH), bareze Charles Onana ku bikorwa bye byo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi.

Inama Perezida Félix Tshisekedi yagiranye na Charles Onana ni ikimenyetso ko amagambo abiba urwango muri Kongo ntaho azajya.

2023-09-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umunyarwanda yiciwe muri Uganda hafi y’umupaka n’u Rwanda

Umunyarwanda yiciwe muri Uganda hafi y’umupaka n’u Rwanda

Ubwanditsi 08 Aug 2019
Ese inzego z’iperereza za Uganda zaba zigendera ku byifuzo bya RNC mu guta Abanyarwanda muri yombi?

Ese inzego z’iperereza za Uganda zaba zigendera ku byifuzo bya RNC mu guta Abanyarwanda muri yombi?

Ubwanditsi 21 Jan 2018
Seyoboka ushinjwa Urupfu rw’Abanyapolitiki Kameya ( PL)  na Dr. Gafaranga ( PSD) yakatiwe gufungwa by’agateganyo

Seyoboka ushinjwa Urupfu rw’Abanyapolitiki Kameya ( PL) na Dr. Gafaranga ( PSD) yakatiwe gufungwa by’agateganyo

Ubwanditsi 08 Dec 2016
Impamvu Uganda yugarijwe n’ubwicanyi butagira gikurikirana

Impamvu Uganda yugarijwe n’ubwicanyi butagira gikurikirana

Ubwanditsi 16 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyarwanda yajugunwe ku Mupaka wa Cyanika yagizwe intere
HIRYA NO HINO

Umunyarwanda yajugunwe ku Mupaka wa Cyanika yagizwe intere

Ubwanditsi 01 Feb 2020
‘ Amarira ‘ ya Jean Daniel Mbanda yashyize ku rukuta rwe rwa Facebook
ITOHOZA

‘ Amarira ‘ ya Jean Daniel Mbanda yashyize ku rukuta rwe rwa Facebook

Ubwanditsi 04 Sep 2017
Ndimbati Aloys washakishwaga ku byaha bya Jenoside, yarapfuye
Amakuru

Ndimbati Aloys washakishwaga ku byaha bya Jenoside, yarapfuye

Ubwanditsi 14 Nov 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru