• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umwuka mubi hagati ya Kongo- Kinshasa na Kenya wafashe indi ntera.

Umwuka mubi hagati ya Kongo- Kinshasa na Kenya wafashe indi ntera.

Ubwanditsi 17 Dec 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga

Nyuma yo kwikoma Kenya ngo icumbikiye abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe, ku gicamusi cyo kuri uyu wa gatandatu, tariki 16 Ukuboza 2023, Perezida Tshisekedi yatumije igitaraganya Ambasaderi John Nyakeru Kalunga wari uhagarariye Kongo i Nairobi, kuva muri Gicurasi 2022.

Iki ngo ni ikimenyetso cy’uburakari Tshisekedi afitiye mugenzi we wa Kenya, William Ruto, ngo kuko yemeye ko mu gihugu cye habera umuhango wo gushinga” Alliance Congo River/Alliance Fleuve Congo”, ihuriro ry’abashaka kugarura amahoro muri Kongo.

Biratangaje kuba Tshisekedi nawe yinubira abacumbikiye abamurwanya, mu gihe we adacumbikiye gusa abajenosideri ba FDLR, ahubwo anabafasha mu mugambi wabo wo kugaruka kumena amaraso mu Rwanda.

Kuwa gatanu tariki 15 Ukuboza 2023, nibwo “Alliance Flruve Congo” yatangijwe ku mugaragaro na Cornelle Nangaa, wahoze ari Perezida wa Komisiyo y’amatora muri Kongo, mbere y’uko hagati muri uyu mwaka ahungira i Nairobi muri Kenya, kubera impamvu z’umutekano we.

Mbere yo kuva mu gihugu cye, Corneille Nangaa yakomeje gushinja ubutegetsi bwa Tshisekedi ubushobozi buke mu kuyobora Kongo, ndetse anahishura ko habaye ubujura bw’amajwi mu matora yo mu mwaka wa 2018, yashyize Tshisekedi ku butegetsi.

Corneille Nangaa kandi ni umwe mu Banyekongo Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zafatiye ibihano kubera ruswa ikabije, cyane cyane ariko kubera uburiganya bwabaye muri ayo matora.

Kugeza ubu ihuriro “Alliance Fleuve Congo” ryamaze kubona abanyamuryango benshi, barimo umutwe wa M23, amashyaka ya politiki, imiryango ya sosiyete sivile, n’abantu ku giti cyabo.

Umwuka mubi hagati ya Kenya na Kongo umaze igihe ututumba. Kenya niyo yari ikuriye ingabo z’Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba zagiye kubungabunga unutekano muri Kongo, Perezida Tshisekedi akaza kwirukana izo ngabo, azishinja kubogamira ku mutwe wa M23.

Abakuru b’Ibihugu bigize uwo Muryango basobanuye kenshi ko amasezerano yohereza ingabo muri Kongo-Kinshasa, atateganyaga kurwanya M23, ko ahubwo zari zahawe inshingano zo guhagarara hagati y’impande zihanganye, igisirikari cya Leta n’umutwe wa M23, kugirango ibiganiro by’amahoro bishoboke.
Ibyo gushyikirana Leta ya Kongo yarabyanze, ihitamo inzira y’intambara yifashishije abajenosideri ba FDLR, abacanshuro n’indi mitwe yitwaje intwaro.

Kuva ingabo za Kongo zakubura imirwano zimaze gutakaza ibirindiro byinshi cyane muri teritwari za Nyiragongo, Masisi na Rutshuru.

Perezida wa Kenya, William Ruto, aherutse kubwira itangazamakuru ko ingabo z’Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba zakoze akazi gakomeye muri Kivu y’Amajyaruguru, ngo kuko iyo zitajyayo ibintu byari kurushaho gukomerera ubutegetsi, dore ko zageze muri Kongo abarwanyi ba M23 basigaje ibilometero 6 gusa ngo bigarurire umujyi wa Goma.

Perezida Tshisekedi n’ibyegera bye bo siko babibona, ahubwo bashinja ubugambanyi cyane cyane Kenya yari ikuriye izo ngabo.

2023-12-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Uko  ikigo cya gisirikare cya Mukoni cyatewe n’abantu bitwaje ibirwanisho

Burundi: Uko ikigo cya gisirikare cya Mukoni cyatewe n’abantu bitwaje ibirwanisho

Ubwanditsi 24 Jan 2017
Urubyiruko rukomoka ku bicanyi rwibumbiye muri Jambo asbl rwateguye Mitingi yo kurwanya ubumwe n’iterambere mu Rwanda

Urubyiruko rukomoka ku bicanyi rwibumbiye muri Jambo asbl rwateguye Mitingi yo kurwanya ubumwe n’iterambere mu Rwanda

Ubwanditsi 28 May 2021
USA: Mu rubanza rw’ushinjwa Jenoside, impuguke yagarutse ku ngufu z’inkiko Gacaca

USA: Mu rubanza rw’ushinjwa Jenoside, impuguke yagarutse ku ngufu z’inkiko Gacaca

Ubwanditsi 26 Sep 2016
Abasirikare b’abarundi bahawe igihano cyo kuzenguruka igihugu n’amaguru nyuma yo gusaba umushahara wabo bakoreye muri Congo no muri Somalia.

Abasirikare b’abarundi bahawe igihano cyo kuzenguruka igihugu n’amaguru nyuma yo gusaba umushahara wabo bakoreye muri Congo no muri Somalia.

RUSHYASHYA 26 Oct 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Meya w’umujyi wa Paris wo mu Bufaransa, Anne Hidalgo yasabye Polisi gukumira igitaramo cya Maître Gims
Amakuru

Meya w’umujyi wa Paris wo mu Bufaransa, Anne Hidalgo yasabye Polisi gukumira igitaramo cya Maître Gims

Ubwanditsi 26 Mar 2025
Uganda: Gen Kale Kayihura yavuze ko yiteguye kuburana niba hari ibyaha ashinjwa
Mu Mahanga

Uganda: Gen Kale Kayihura yavuze ko yiteguye kuburana niba hari ibyaha ashinjwa

Ubwanditsi 27 Jun 2018
I Davos : Perezida Kagame yitabiriye ihuriro mpuzamahanga ry’ubukungu
UBUKUNGU

I Davos : Perezida Kagame yitabiriye ihuriro mpuzamahanga ry’ubukungu

Ubwanditsi 22 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru