• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Kwangiza Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ntibizabakuraho ikimwaro cy’amaraso y’inzirakarengane mwamennye

Kwangiza Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ntibizabakuraho ikimwaro cy’amaraso y’inzirakarengane mwamennye

Ubwanditsi 04 Jun 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga

Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwo mu mujyi wa Charleroi mu Bubligi rwangijwe n’inkoramaraso, rwatashywe ku mugaragaro tariki 20 Gicurasi 2017.

Aha Charleroi ni kamwe mu duce tw’Ububiligi twabereyemo umuhango wo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi, unitabirwa na bamwe mu bategetsi aho mu Bubiligi. Amwe mu magambo yahavugiwe, yarimo gusaba ko abagize uruhare bose muri iyo Jenoside bari mu Bubiligi baryozwa ayo mahano.

Ayo magambo abakorogoshora ndetse n’ ipfunwe ry’amaraso bamennye, ni bimwe mu bituma abajenosideri n’abafana babo bishora mu bikorwa bya giswa na kinyamaswa, nk’ibi byo konona inzibutso.

Nubwo iperereza ritaragaragaza amazina y’abo bagizi ba nabi, ababikurikiranira hafi barahamya ko urwo rwibutso rwaba rwangijwe n’abajenosideri n’ababashyigikiye baba aho mu Bubiligi, dore ko batahwemye kugaragaza ibikorwa bigamije guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ubwo urwibutso rwa Charleroi rwatahwagwa, kimwe n’izindi zimaze no kuba nyinshi mu mijyi inyuranye mu Bubiligi no hirya no hino ku isi, abajenosideri n’ababakomokaho, nk’abibumbiye mu kiswe”Jambo ASBL” , barabyinubiye cyane, dore ko batanemera ko mu Rwanda habaye Jenoside yakorewe Abatutsi, bakemeza ko habaye gusa”isubiranamo” ry’Abahutu n’Abatutsi.

Abandi badatandukanye na gato n’abajenosideri, ni abayoboke b’ingirwa-shyaka “FDU-Inkingi” rya Ingabire Victoire, rifitanye isano n’imikoranire ya hafi na FDLR, dore ko buri kwezi bakusanya inkunga yohererezwa Ingabire Victoire ndetse na FDLR.

Kimwe na Jambo ASBL, FDU-Inkingi nayo ifite indiri mu Bubiligi, ibikorwa byo guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ubutegetsi bw’icyo gihugu bukabirebera, niba atari ukubiha umugisha.

Niba koko hari ubushake bwo gutahura abari inyuma y’ubu bugome, iperereza ryagombye guhera ku bagize ibiguri bya Jambo asbl na FDU-INKINGI, bajijisha abadasobanukiwe neza mateka y’uRwanda, bakwiza ko habaye jenoside ebyiri, iyakorewe Abatutsi, n’iyakorewe Abahutu.

Birumvikana abo ari bo ba mbere bo gukekwa, kuko batahwemye kugaragaza ko batishimiye kuba hariho urwibutso rwa “Jenoside yakorewe Abatutsi” gusa.

Hari impungenge ko ibihugu bicumbikiye abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi nibikomeza kubajenjekera, byirengagiza itegeko byishyiriyeho rihana icyo cyaha, ndetse abashinzwe umutekano ntibongere imbaraga mu kubungabunga izi nzibutso, ibyabaye Charleroi bishobora gukorwa n’ahandi.

Izi nyangabirama zirarushywa n’ubusa ariko. Uretse gukomeza kwereka isi yose ubugome n’urwango byamunze imitima yabo, kwangiza urwibutso ntacyo rwose byakungura ubikoze. Ni ubuswa budashobora guhindura amateka, cyangwa kubahanaguraho amaraso y’inzirakarengane bamennye.

Ibigaragaza iyangizwa ry’Urwibutso rwa Charleroi

Urwibutso rwa Charleroi bangije ni ikimenyetso cy’amateka gusa, kuko URWIBUTSO rw’abacu nyarwo rwubatse mu mitima yacu, kandi rwo ntawe uzaruhungabanya, kuko tuzarubungabunga ubu n’iteka ryose.

2024-06-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Leta y’u Burundi irashinjwa kohereza rwihishwa abasirikari n’imbonerakure muri Kongo

Leta y’u Burundi irashinjwa kohereza rwihishwa abasirikari n’imbonerakure muri Kongo

Ubwanditsi 28 Jul 2022
Abanya-Kenya na Ethiopia bihariye ibihembo by’irushanwa rya Kigali International Peace Marathon 2023

Abanya-Kenya na Ethiopia bihariye ibihembo by’irushanwa rya Kigali International Peace Marathon 2023

Ubwanditsi 11 Jun 2023
Agasuzuguro ka Ingabire Victoire kafashe indi ntera.Noneho ngo u Rwanda ruri inyuma ya Kongo mu bijyanye n’imiyoborere?

Agasuzuguro ka Ingabire Victoire kafashe indi ntera.Noneho ngo u Rwanda ruri inyuma ya Kongo mu bijyanye n’imiyoborere?

Ubwanditsi 28 Apr 2023
REG Women Basketball Club yasinyishije abakinnyi batatu barimo Feza Ebengo wakiniraga ikipe ya The Hoops Rwanda

REG Women Basketball Club yasinyishije abakinnyi batatu barimo Feza Ebengo wakiniraga ikipe ya The Hoops Rwanda

Ubwanditsi 16 Dec 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ijambo rya Perezida Kagame yagejeje  kubitabiriye ‘ Vibrant Gujarat Summit’
POLITIKI

Ijambo rya Perezida Kagame yagejeje kubitabiriye ‘ Vibrant Gujarat Summit’

Ubwanditsi 11 Jan 2017
Mobile Police Station Van yasuye abaturage ba Rweru mu Bugesera
Mu Mahanga

Mobile Police Station Van yasuye abaturage ba Rweru mu Bugesera

Ubwanditsi 28 Apr 2016
Perezida Kagame yavuze ko EAC atari yo ikwiriye gutinza ubuhahirane muri Afurika
POLITIKI

Perezida Kagame yavuze ko EAC atari yo ikwiriye gutinza ubuhahirane muri Afurika

Ubwanditsi 30 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru