• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

  • Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025   |   31 May 2025

  • Umunya-Tunisia Afhamia Lotfi watozaGA ikipe ya Mukura VS yagizwe Umutoza Mukuru mushya wa Rayon Sports FC   |   30 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Imana ihora ihoze: Wa musenateri wo muri Amerika, Bob Menendez wahozaga u Rwanda ku nkeke yafatanywe igihanga cya ruswa.

Imana ihora ihoze: Wa musenateri wo muri Amerika, Bob Menendez wahozaga u Rwanda ku nkeke yafatanywe igihanga cya ruswa.

Editorial 17 Jul 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Robert (Bob) Menendez yamenyekanye cyane mu madosiye areba u Rwanda kubera kurutoteza, yitwaje umwanya ukomeye yari afite muri Sena y’Amerika, ndetse agahora arusabira ibihano ashingiye ku binyoma by’ababaga bamuhaye ruswa ngo arubuze amahwemo.

Muri abo bakoreshaga Senateri Menendez harimo abategetsi ba Kongo-Kinshasa, abashyigikiye abajenosideri n’ibigarasha, nka Rusesabagina n’abandi banzi b’u Rwanda.

Koko rero Imana ihora ihoze. Kuri uyu wa kabiri nibwo urukiko rw’ i New York rwahamije Bob Menendez ibyaka byose yari akurikiranyweho, uko ari 16, birimo kwakira ruswa, gukoresha ububasha ahabwa n’itegeko mu nyungu ze bwite, no kuba icyitso cy’amahanga mu kubangamira inyungu z’igihugu cye cya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Bob Menendez asanzwe ari Senateri ukomoka mu ishyaka riri ku butegetsi ry’abademokarate, ndetse akaba yarigeze kuba Perezida wa Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga muri Sena y’Amerika, umwanya yategetswe kweguraho kubera ibi byaha yaregwaga.

Iyo Komisiyo irica igakiza uwo ishatse. Muri make ni igikoresho cyo gukandamiza “insina ngufi”, cyane cyane ibihugu byo muri Afrika, Amerika y’Epfo na Aziya.

Bob Menendez rero yahamwe n’ibyaha, hamwe n’abandi bagabo babiri baregwaga mu rubanza rumwe, ari nabo bamuhaye iyo ruswa. Bombi baburanye bemera icyaha.

Abo ni Wael Hana, Umunyamisiri unafite ubwenegihugu bw’Amerika, Bob Menendez akaba yaramufashije mu manyanga yo kwegukana isoko ryo gutumiza inyama mu Misiri wenyine, no kuzinjiza muri Amerika.

Hari kandi Fred Daibes ukomoka muri Qatar, we akaba yarahaye Senateri Menendez ruswa itubutse kugirango atagatifuze Qatar, yaregwaga guhonyora bikabije ikiremwamuntu, cyane cyane ubwo yiteguraga kwakira imikino ya nyuma y’igikombe cy’isi mu mupira w’amaguru.

Umugore wa Menendez, Nadine Arslanian Menendez, nawe waregwaga muri uru rubanza, we azaburanishwa ukwe, kuko yasabye kubanza kwivuza kanseri y’ibere.

Bob Menendez byaramugoye kwiregura kuko yafatanywe igihanga. Ntiyashoboye kwerekana inkomoko y’ibihumbi 500 by’amadolari($500.000) ubugenzacyaha bwasanze mu rugo rwe muri New Jersey, imodoka ihenze cyane yo mu bwoko bwa Mercedes Benz, n’ibisanduku bya zahabu y’igifute.

Perezida w’itsinda ry’abasenateri bo mu ishyaka ry’abademokarate, Chuk Schumer, yasabye Bob Menendez kwegura bwangu ku mwanya wa senateri, mu gihe ategereje ibihano azamenyeshwa tariki 29/10/2024.

Amategeko yo muri Amerika ateganya ko ibyaha 16 byahamye Bob Menendez bishobora kumuviramo gukatirwa imyaka magana abiri na makumyabiri n’ibiri y’igifungo(222)!!

Urukiko ruzatangaza ibihano bya Bob Menendez hasigaye icyumweru kimwe gusa ngo muri Amerika habe amatora rusange, arimo n’aya Perezida w’icyo gihugu, bikaba bishobora kugira ingaruka ku mukandida Joe Biden, n’ishyaka ry’abademokarate muri rusange.

Bihemu Bob Menendez w’imyaka 70 y’amavuko, we yateganyaga kwiyamamariza umwanya wa senateri nk’umukandida wigenga.

2024-07-17
Editorial

IZINDI NKURU

Gasogi United yabonye umutoza mushya w’umunya-Misiri Ahmed Adel Abdelrahman Ibrahim, inongeraho Ishimwe Kevin wakinaga muri Rayon Sports

Gasogi United yabonye umutoza mushya w’umunya-Misiri Ahmed Adel Abdelrahman Ibrahim, inongeraho Ishimwe Kevin wakinaga muri Rayon Sports

Editorial 18 Jul 2022
Diyasipora irikoma RNC na Himbara bashaka kuyisenya n’ubwo batabigeraho

Diyasipora irikoma RNC na Himbara bashaka kuyisenya n’ubwo batabigeraho

Editorial 26 Dec 2019
RDC: Kiliziya Gaturika iravuga ko izi uwatsinze amatora

RDC: Kiliziya Gaturika iravuga ko izi uwatsinze amatora

Editorial 05 Jan 2019
M23 ibateje umwiryane: Umuriro watse hagati ya Perezida Tshisekedi na Minisitiri we w’Ingabo Guy Muadiamvita.

M23 ibateje umwiryane: Umuriro watse hagati ya Perezida Tshisekedi na Minisitiri we w’Ingabo Guy Muadiamvita.

Editorial 26 Jul 2024
Gasogi United yabonye umutoza mushya w’umunya-Misiri Ahmed Adel Abdelrahman Ibrahim, inongeraho Ishimwe Kevin wakinaga muri Rayon Sports

Gasogi United yabonye umutoza mushya w’umunya-Misiri Ahmed Adel Abdelrahman Ibrahim, inongeraho Ishimwe Kevin wakinaga muri Rayon Sports

Editorial 18 Jul 2022
Diyasipora irikoma RNC na Himbara bashaka kuyisenya n’ubwo batabigeraho

Diyasipora irikoma RNC na Himbara bashaka kuyisenya n’ubwo batabigeraho

Editorial 26 Dec 2019
RDC: Kiliziya Gaturika iravuga ko izi uwatsinze amatora

RDC: Kiliziya Gaturika iravuga ko izi uwatsinze amatora

Editorial 05 Jan 2019
M23 ibateje umwiryane: Umuriro watse hagati ya Perezida Tshisekedi na Minisitiri we w’Ingabo Guy Muadiamvita.

M23 ibateje umwiryane: Umuriro watse hagati ya Perezida Tshisekedi na Minisitiri we w’Ingabo Guy Muadiamvita.

Editorial 26 Jul 2024
Gasogi United yabonye umutoza mushya w’umunya-Misiri Ahmed Adel Abdelrahman Ibrahim, inongeraho Ishimwe Kevin wakinaga muri Rayon Sports

Gasogi United yabonye umutoza mushya w’umunya-Misiri Ahmed Adel Abdelrahman Ibrahim, inongeraho Ishimwe Kevin wakinaga muri Rayon Sports

Editorial 18 Jul 2022
Diyasipora irikoma RNC na Himbara bashaka kuyisenya n’ubwo batabigeraho

Diyasipora irikoma RNC na Himbara bashaka kuyisenya n’ubwo batabigeraho

Editorial 26 Dec 2019
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru