• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Umujenosideri Col. Cyprien Kayumba agiye gushyikirizwa inkiko mu Bufaransa.

Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Umujenosideri Col. Cyprien Kayumba agiye gushyikirizwa inkiko mu Bufaransa.

Ubwanditsi 05 Sep 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Amakuru dukesha TV5 MONDE yo mu Bufaransa, aravuga ko ubushinjacyaha n’umucamanza wo mu rukiko rw’i Paris ufite idosiye y’uyu mujenosideri ruharwa, bamaze gukusanya ibimenyetso, igisigaye akaba ari ugutangaza itariki y’urubanza rwa Lt Col Cyprien Kayumba, umaze imyaka 26 muri icyo gihugu

Lt Col Kayumba yari ashinzwe kugira intwaro muri Ex-FAR, igisirikari cy’abajenosideri, ndetse akaba yaranagize uruhare mu kuzinyanyagiza mu nterahamwe.

Ku itariki 17 Gicurasi 1994, ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yari irimbanyije, Akanama ka Loni gashinze Amahoro ku Isi kakomanyirije Leta yiyise iy’Abatabazi mu byo kugura intwaro, kuko byari bimaze kugaragara ko arizo zifashishwa mu gutsemba Abatutsi. Uyu Lt Col Kayumba yarenze kuri uwo mwanzuro, akomeza kuzigura no kuzinjiza mu Rwanda mu mayeri.

Lt Col Kayumba ahakana ibyaha, nyamara inyandiko nyinshi iperereza ryashoye kugwaho, zerekana ko muri Jenoside hagati, hari ibihumbi 450 by’amadolari Lt col Kayumba ubwe, yishyuye sosiyete yo mu Bwongereza icuruza intwaro, MI-TEC, ndetse iyo sosiyete ikomeza guha abicanyi imbunda, amasasu, za grenades, mortiers, roquettes, n’ibindi bikoresho bya gisirikari.

Mu mwaka w’1996, ibinyamakuru byo mu Bwongereza byasohoye inyandiko zivuga uburyo n’aho Ex-FAR igereye muri Zayire yakomeje guhabwa intwaro zagurwaga na Lt Col Kayumba, kuko nko muri uwo mwaka, MIL-TEC yari imaze guha abahoze mu ngabo z’uRwanda ibikoresho bya gisirikari bifite akaciro ka miliyoni hafi eshatu n’igice z’amafaranga akoreshwa mu Bwongereza, icyo gihe zasagaga miliyari 4 uvunje mu manyarwanda.

Lt Col Cyprien Kayumba yageze mu Bufaransa muw’1998. Idosiye ye yatangiye gutegurwa muw’2002, ndetse muw’ 2018 aza gufungwa igihe gito, arekurwa by’agateganyo, ariko abuzwa kurenga imbibi z’uBufaransa.

Uretse kugura intwaro zakoreshejwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ubuhamya n’inyandiko-mvugo nyinshi byerekana ko Lt Col Kayumba ari umwe mu bitabiriye inama zayoborwaga Col. Théoneste Bagosora, umwe mu bacuze bakanashyira mu bikorwa umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi.

Lt Col Cyprien Kayumba w’imyaka 69 y’amavuko, yari azwi cyane nk’umusirikari w’umuherwe mu Rwanda, dore ko ari nawe wari nyiri Hotel Sun City yigeze kugerwaho mu gace ka Nyamirambo.

2024-09-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amafoto – Police VC mu bagabo na RRA WVC mu bagore begukanye Kirehe Open Tournament

Amafoto – Police VC mu bagabo na RRA WVC mu bagore begukanye Kirehe Open Tournament

Ubwanditsi 24 Sep 2023
Uganda: Urubanza rwa Gen Kayihura rwashyizwe mu Ukwakira

Uganda: Urubanza rwa Gen Kayihura rwashyizwe mu Ukwakira

Ubwanditsi 05 Sep 2018
Abashaka gufasha interahamwe gutera u Rwanda “Uwampa ngo babigire vuba nkwereke . Rwose ndaribwaribwa mpora ntegereje

Abashaka gufasha interahamwe gutera u Rwanda “Uwampa ngo babigire vuba nkwereke . Rwose ndaribwaribwa mpora ntegereje

Ubwanditsi 12 Apr 2016
Manishimwe Djabel abaye umukinnyi wa gatatu uvuye mu mwiherero w’Amavubi, ni nyuma yo kwandura COVID- 19

Manishimwe Djabel abaye umukinnyi wa gatatu uvuye mu mwiherero w’Amavubi, ni nyuma yo kwandura COVID- 19

Ubwanditsi 22 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Papa Francis yaciye bugufi asaba Imana imbabazi kubera uruhare rwa Kiliziya muri Jenoside yakorewe abatutsi
Amakuru

Papa Francis yaciye bugufi asaba Imana imbabazi kubera uruhare rwa Kiliziya muri Jenoside yakorewe abatutsi

Ubwanditsi 23 Apr 2025
U Rwanda ntirurajwe ishinga n’Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha(ICC)-Mushikiwabo
Mu Rwanda

U Rwanda ntirurajwe ishinga n’Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha(ICC)-Mushikiwabo

Ubwanditsi 31 Oct 2017
Uburengerazuba: Uburenganzira bw’ abagenzi bakoresha moto n’amagare bwagarutsweho
Mu Mahanga

Uburengerazuba: Uburenganzira bw’ abagenzi bakoresha moto n’amagare bwagarutsweho

Ubwanditsi 14 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru