• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Hagati ya Tshisekedi n’Umuryango Mpuzamahanga, ninde wigiza nkana mu gushaka umuti w’intambara ya Kongo?

Hagati ya Tshisekedi n’Umuryango Mpuzamahanga, ninde wigiza nkana mu gushaka umuti w’intambara ya Kongo?

Editorial 24 Sep 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Mu gihe i New York muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika hateraniye Inteko Rusange ya 79 y’Umuryango w’Abibumbye, amahanga akomeje kugaragaza ko inzira rukumbi mu gukemura ikibazo cy’umutekano muke mu burasirazuba bwa Kongo, ari iy’ibiganiro.

Ibi byongeye gushimangirwa n’Umuvugizi wa “Department” y’Amerika ishinzwe ububanyi n’amahanga, William Johann Schmonees, watangaje ko igihugu cye kidashyigikiye na gato inzira y’imirwano mu kugarura amahoro n’umutekano mu burasirazuba bwa Kongo.

Mu kiganiro n’ibitangazamakuru mpuzamahanga biri aho i New York, Bwana Johann Schmonsees yasobanuye ko Amerika ishyigikiye ibyemezo bya Luanda, bisaba ko Leta ya Tshisekedi yicarana n’abo bashyamiranye ku meza y’ibiganiro, kandi buri ruhande rugashyira mu bikorwa ibyemeranyijweho nta mananiza.

Si ubwa mbere Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zigaragaje ko amasasu adashobora kurangiza iyo ntambara ica ibintu muri Kongo, kuko mu Gushyingo 2023, ubwo Madamu Avril Haines ukuriye iperereza ry’Amerika yasuraga Kongo, nawe yasabye Tshisekedi kumvikana n’abo bashyamiranye, bakarambika intwaro hasi binyuze mu biganiro.

Ibi amahanga arabisaba mu gihe ubutegetsi bwa Kinshasa bumaze kugaragaza ko butitaye na gato ku myanzuro ya Luanda. Urugero ni inama y’abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga b’ibihugu birebwa n’iki kibazo yabereye i Luanda tariki 14 uku kwezi, ikarangira intumwa ya Kongo iteye ishoti gahunda yo gusenya umutwe w’iterabwoba wa FDLR, kandi inama zose zabereye aho i Luanda, zaremeje ko igihe cyose FDLR izaba ikica igakiza, nta mahoro azigera aboneka muri Kongo by’umwihariko, no mu karere kose muri rusange.

Perezida Tshisekedi yarahiye ko atazagirana ibiganiro na M23, we yita “umutwe w’iterabwoba”, mu gihe nyamara abo barwanyi bamaze kumwereka ko bamurusha imbaraga ku rugamba, dore ko bamaze kwigarurira igice kinini cyane muri Kivu y’Amajyaruguru.

Uretse n’intambara hagati ye na M23 akomeza gutsimbararaho, Tshisekedi yamaze no gutangaza ko yifuza gutera uRwanda, byerekana neza ko atitaye ku nama amahanga amugira yo kureka gushyira imbere intambara.

Umuntu rero yakwibaza icyo uyu mugabo yungukira mu kwima amatwi abamugira inama yo kureka intambara. Abasesenguzi berekana ko Tshisekedi afite inyungu muri iyi ntambara:

Hari inyungu y’ubukungu kuko mu ntambara ba rusahuriramunduru bayungukiramo.Tshisekedi n’agatsiko ke banyereza amamiliyoni y’amadolari atagira ingano, babeshya ko ari ayo gukoresha ku rugamba.

Muri ako kajagari kandi banasahura umutungo kamere w’igihugu bafatanyije n’imitwe yitwaje intwaro isaga 250, ubutegetsi bwashinze buvuga ko ibufasha kurwanya M23 n’u Rwanda.

Ntawakwirengagiza ndetse n’inyungu za politiki, kuko intambara ikomeje Tshisekedi atava ku butegetsi, yitwaje ko nta matora ashoboka mu gihe igihugu kiri midugararo.

Ni umwanya mwiza kandi wo kwikiza abamubangamiye, abashinja kuba ibyitso by’umwanzi.

Ese umuryango mpuzamahanga uzareka Tshisekedi akomeze avunire ibiti mu matwi, abaturage bakomeze batikirire mu ntambara?

Tshisekedi se we, azagera aho ave ku izima, areke za ndonke ze bwite, maze ashyikirane n’abo yita” ibyihebe”?

Ese ubundi ni iki kitwemeza ko uwo muryango mpuzamahanga utiyerurutsa, ukamusaba bya nyirarureshwa gushyikirana n’abo bahanganye, kandi uca inyuma ukamushyigikira mu ntambara kubera inyungu zitubutse, nko kugurisha intwaro no gusahura ya mabuye y’agaciro?

Tubitege amaso, ariko inyungu za bamwe ntizikwiye gusumbya agaciro ubuzima bw’inzirakarengane ibihumbi zikomeje kugwa muri iyi ntambara, izindi zicira isazi mu jisho hirya no hino mu nkambi z’impunzi, imbere mu gihugu no hanze yacyo.

2024-09-24
Editorial

IZINDI NKURU

Kagame n’Amerika ishyamba si ryeru

Kagame n’Amerika ishyamba si ryeru

Editorial 06 Jan 2016
Shampiyona y’u Rwanda irakomeza hakinwa umukino wa 11, Rayon Sports ibura abakinnyi barenze 5 irerekeza i Gicumbi

Shampiyona y’u Rwanda irakomeza hakinwa umukino wa 11, Rayon Sports ibura abakinnyi barenze 5 irerekeza i Gicumbi

Editorial 28 Dec 2021
Kayiranga Baptiste  yagizwe umutoza w’ikipe y’igihugu y’abari munsi y’imyaka 18

Kayiranga Baptiste yagizwe umutoza w’ikipe y’igihugu y’abari munsi y’imyaka 18

Editorial 17 Nov 2023
Ikamyo yafatiwemo ibiro 400 by’urumogi muri Rubavu

Ikamyo yafatiwemo ibiro 400 by’urumogi muri Rubavu

Editorial 09 Jun 2016
Kagame n’Amerika ishyamba si ryeru

Kagame n’Amerika ishyamba si ryeru

Editorial 06 Jan 2016
Shampiyona y’u Rwanda irakomeza hakinwa umukino wa 11, Rayon Sports ibura abakinnyi barenze 5 irerekeza i Gicumbi

Shampiyona y’u Rwanda irakomeza hakinwa umukino wa 11, Rayon Sports ibura abakinnyi barenze 5 irerekeza i Gicumbi

Editorial 28 Dec 2021
Kayiranga Baptiste  yagizwe umutoza w’ikipe y’igihugu y’abari munsi y’imyaka 18

Kayiranga Baptiste yagizwe umutoza w’ikipe y’igihugu y’abari munsi y’imyaka 18

Editorial 17 Nov 2023
Ikamyo yafatiwemo ibiro 400 by’urumogi muri Rubavu

Ikamyo yafatiwemo ibiro 400 by’urumogi muri Rubavu

Editorial 09 Jun 2016
Kagame n’Amerika ishyamba si ryeru

Kagame n’Amerika ishyamba si ryeru

Editorial 06 Jan 2016
Shampiyona y’u Rwanda irakomeza hakinwa umukino wa 11, Rayon Sports ibura abakinnyi barenze 5 irerekeza i Gicumbi

Shampiyona y’u Rwanda irakomeza hakinwa umukino wa 11, Rayon Sports ibura abakinnyi barenze 5 irerekeza i Gicumbi

Editorial 28 Dec 2021
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru