• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umubyeyi ukwanga akuraga urugamba rwamunaniye: Umunyamulenge Masunzu wagambaniye benewabo, yoherejwe kurwanya M23

Umubyeyi ukwanga akuraga urugamba rwamunaniye: Umunyamulenge Masunzu wagambaniye benewabo, yoherejwe kurwanya M23

Ubwanditsi 27 Dec 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Tariki ya 20 Ukuboza 2024, Perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yakoze impinduka zikomeye mu gisirikare, aho muri benshi bahinduriwe imirimo.

Liyetona Jenerali Masunzu Pacifique yagizwe umukuru w’akarere ka gatatu ka gisirikare, kagizwe n’ intara ya Kivu y’Amajyepfo, Maniema, Ituri, Tshopo, Bas-Uélé na Haut-Uélé , ndetse na Kivu y’Amajyaruguru aho M23 ikomeje kwigarurira uduce.

Liyetona Jenerali Masunzu Pacifique asanzwe ari Umunyamulenge, ndetse akanagira urugo ruherereye muri Kiziba, Minembwe, muri Kivu y’Amajyepfo, agace yagiye arangwamo ibikorwa by’ubugambanyi bukomeye ku Banyamurenge, kugeza naho yagiye akorana na FDLR, umutwe wubakiye ku ngengabitekerezo ya jenoside, wanga urunuka umututsi wese cyangwa n’undi wese basa.

Uku gukorana n’abajenosideri ba FDLR, kandi azi neza urwango ibagirira, ni nka wa mugani ugira uti:”Akamasa kazamara inka kazivukamo”. Ni koko kandi, ibikorwa bya Masunzu ni imungu ku mutekano w’Abanyamulenge muri rusange, mu gihe bamubonaga nk’igisubizo atarabagambanira ngo ave muri RCD-Goma, akajya gufatanya na Mai Mai ndetse na FDLR mu kurwanya RCD Goma yari avuyemo, ubwo yinjiraga mu gisirikare cya Joseph Kabila.

Usibye gukorana n’abanga urunuka Abanyamulenge, ubu Masunzu yamaze koherezwa kurwanya benewabo b’Abanyamulenge, ndetse n’Abakongomani bavuga ikinyarwanda mu burasirazuba bwa kongo, aho asanze ku rugamba FDLR. Agiye kwifatanya kandi n’Abarundi, kugeza n’ubu batigeze baha ubutabera Abanyamulenge biciwe ababo i Gatumba, mu Burundi, dore inyaka 20 yose irashize!

Uretse kuba abakoze ubwicanyi bwi mu Gatumba n’ubu bidegembya kandi bazwi neza, kuva tariki 2 kugeza kuya 6 Werurwe 2024, ingabo z’Abarundi niza Kongo ziri muri Kivu y’Amajyepfo zateye Abanyamulenge muri Uvira, zirabica ndetse ziranabatwikira, ibi byose bigakorwa bitwikiriye kurwanya umutwe wa Twirwaneho.

Abasesenguzi mu bya gisirikare bahamya ko uku kohereza Jenerali Pacifique Masunzu kurwanya umitwe yitwaje intwaro harimo n’iy’Abanyamulenge ndetse na M23, ari amayeri y’ubugome Leta ya Kinshasa yahisemo gukoresha, kugirango niyica Abanyamulenge( dore ko hari n’amakuru amaze iminsi avuga komuri Kivu y’Amajyepfo hari gutegurwa jenoside y’Abanyamulenge), bizacanganyikisha abantu kumva uburyo bari kwica na benewabo. Ibi nabyo bikaba bigize ubugambanyi ku Banyamulenge, kuko bigabanya uburemere bw’ibyo bahora basaba, ko bahabwa uburenganzira bwabo ndetse n’ubutabera nk’abansi Banyekongo, dore ko bagiye bicwa mu bihe bitandukanye n’andi moko tutibagiye n’ingabo za leta, none bakaba bari kumanikwa n’ubawakababohoye.

Ikindi kandi, hari bamwe mu basesenguzi berekana ko n’uyu mwanya Pacifique Masunzu yahawe, ari umutego Perezida Tshisekedi yamuteze wo kurwanya M23 ikomeje kwigarurira ibice byinshi muri Kivu y’Amajyaruguru, kuri ubu ikaba irimo kwigarurira ibice bya Lubero ari nako umujyi wa Butembo urushaho kugarizwa.

Ibi rero birashyira mu rwobo Jenerali Pacifique Masunzu mu gihe azananirwa guhasha M23, doreko bigaragarira buri wese ko uyu mutwe urusha imbaraga igisirikare cya Leta, gifatanyije n’imitwe y’itwaje intwaro, FDLR, ingabo za SADC, iz’uBurundi ndetse n’abacancuro.

Ibi biraba kandi mu gihe Umunyamabanga wa M23, Benjamin Mbonimpa, yateguje Masunzu ko nta cyahagarika umuvuduko wayo.

Uyu Jenerali Masunzu se wahisemo kuba “mpemukendamuke”, akaba nka wa mupfapfa witeye inkanda y’uruhu rwishe nyina, azanye irihe banga ryananiye abandi ku rugamba, ritari ukuba igitambo cyo gutsindwa kw’ingabo ziturutse imihanda yose? Umubyeyi ukwanga akuraga urugamba rwamunaniye.

2024-12-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Hakomeje kwibazwa impamvu abaturage ba Uganda bafunze umuhanda k’umupaka inzego zabo zirebera

Hakomeje kwibazwa impamvu abaturage ba Uganda bafunze umuhanda k’umupaka inzego zabo zirebera

Ubwanditsi 22 Dec 2017
Umusifuzi mpuzamahanga w’umunyarwandakazi, Mukasanga Salima Rhadia ku rutonde rw’abazasifura mu gikombe cy’Isi 2022

Umusifuzi mpuzamahanga w’umunyarwandakazi, Mukasanga Salima Rhadia ku rutonde rw’abazasifura mu gikombe cy’Isi 2022

Ubwanditsi 19 May 2022
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Emmanuel Macron w’u Bufaransa

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Emmanuel Macron w’u Bufaransa

Ubwanditsi 19 Sep 2017
Kangwagye na Bahame bahoze ari abameya bahawe imyanya muri Guverinoma

Kangwagye na Bahame bahoze ari abameya bahawe imyanya muri Guverinoma

Ubwanditsi 02 May 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Myugariro Manzi Thierry wakiniraga ikipe ya FC Dila Gori yo muri Georgia yerekeje muri FAR Rabat yo muri Morocco ku masezerano y’imyaka itatu
Amakuru

Myugariro Manzi Thierry wakiniraga ikipe ya FC Dila Gori yo muri Georgia yerekeje muri FAR Rabat yo muri Morocco ku masezerano y’imyaka itatu

Ubwanditsi 01 Feb 2022
Umunsi wa 16 wa shampiyona uratangira Gorilla FC yakira Police FC, umukino wa Rayon Sports na Musanze wegejwe inyuma
Amakuru

Umunsi wa 16 wa shampiyona uratangira Gorilla FC yakira Police FC, umukino wa Rayon Sports na Musanze wegejwe inyuma

Ubwanditsi 20 Jan 2023
FARDC yirinze kuvuga umubare w’abicanwe na Gen. Mudacumura
HIRYA NO HINO

FARDC yirinze kuvuga umubare w’abicanwe na Gen. Mudacumura

Ubwanditsi 19 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru