• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ibirenge biva muri “Edeni” bijya muri Kongo, ko tutabibona bigaruka aho ni ubuhoro? 

Ibirenge biva muri “Edeni” bijya muri Kongo, ko tutabibona bigaruka aho ni ubuhoro? 

Ubwanditsi 22 Jan 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga, POLITIKI

Nyuma y’uko umutwe wa M23 ukomeje gufata uduce dutandukanye mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, ndetse ukanatangaza ko ingabo z’uBurundi zikomeje gutikirira muri icyo gihugu, abasirikare b’uBurundi bafite ubwoba bwo kujyayo, kuko n’aboherejwe batari kugaruka cyangwa ngo basimbuzwe, ahubwo bakongerayo abandi.

Ibi kandi biraba mu gihe ubutegetsi bwa Evariste Ndayishimiye bwamaze kuzamura umubare w’abasirikare boherejwe muri Kongo, aho ubu batayo 19 ari zo zimaze koherezwa, nyuma yuko Felix Tshisekedi aherutse gusaba undi musada usimbura abakomeje gupfirayo. Ni icyifuzo Neva atakwanga kuko Tshisekedi amwishyura amafaranga atagira ingano, doreko bivugwa ko buri musirikare w’uBurundi abarirwa arenga ibihumbi bitanu by’amadorari buri kwezi.

Nubwo Prezida Ndayishimiye”NEVA” n’ibyegera bye bakomeje kuzuza imifuka amadolori ya Tshisekedi, abasirikare boherejwe ku rugamba bo bararira ayo kwarika kubera ko bo bahembwa intica ntikize muri iyo misiyo y’ubwiyahuzi boherejwemo muri Kongo.

Dore nk’ubu ngo abasirikare bakuru bo bahabwa amadorali mirongo itatu n’atanu (35) kugeza kuri mirongo itanu n’atanu (55), mu gihe abasirikare bato bo bahabwa amadorali makumyabiri (20) buri kwezi.

Magingo aya kandi haravugwa kandi abandi basirikare benshi bakuwe muri misiyo muri Somaliya ngo bajye muri Kongo gutanga umusada. Aba nabo bararira ko bakuwe murinSomalia ntibanahembwe imishahara bakoreye ubwo bari muri ubwo butumwa guhera muri 2023, none bakaba bahembwe koherezawa mu muriro muri Kongo.

Muri make, abasirikare b’Abarundi boherezwa muri Kongo bakomeje guterwa ubwoba bukomeye n’uko aboherejweyo mbere batigeze bagaruka cyangwa ngo basimbuzwe. Ibi bikaba byerekana uburyo ubutaka bwa Kongo bukomeje kunywa amaraso y’Abarundi, ibintu ubuyobozi bwa Neva butitayeho kubera amafaranga ya Tshisekedi akomeje kumwoshya.

Tariki 15 uku kwezi, umwe mu bayobozi ba M23 yahishuriye radiyo Ijwi ry’Amerika, ko hari abasirikari b’Abarundi 216 baguye mu mirwano yabereye i Ngungu, muri teritwari ya Masisi.

Amakuru mashya dukesha “SOS Media Burundi” aravuga ko nyuma y’aho M23 ifatiye umujyi wa Minova muri Kivu y’Amajyepfo, ibitaro byo mu mujyi wa Bujumbura, cyane cyane ibya Kamenge, byuzuye inkomere z’abasirikari zavanywe muri Kongo, ku buryo n’ibice byagenewe ababyeyi n’abana byuzuye izo nkomere. Ibyo ngo byatumye abaturage basanzwe babuzwa kwinjira muri ibyo bitaro, ngo batamenya ibirimo kuba ku basirikari babo boherezwa muri Kongo.

Abazi neza ibibera muri Kongo, bavuga ko abasirikare b’Abarundi bapfa ku bwinshi ahanini kubera ko aribo bashyirwa imbere ku rugamba, kuko Abakongomani binubira kuba Abarundi bahembwa neza kubarusha.

Gusa, ibi bigaragara nk’aho ntacyo bitwaye ubutegetsi bwa Bujumbura, kuko ngo bagomba kwishyura igiciro cy’amaraso ku mafaranga ya Kinshasa.

Icyakora, benshi mu Barundi bamaze guhumuka, bakaba babona ibi bintu nko kubagurishiriza abana babo agahinda, kuko bitari mu nyungu rusange z’igihugu, ahubwo ari mu ndonke za Neva n’abambari be.

Dore nk’ubu hari abasirikari 48 bo muri batayo ya 20 banze kujya muri Kongo, bavuga ko batazi impapmvu bajya kurwanayo, magingo aya bakaba bafungiwe ahantu hatazwi.

Uku kwanga no gutinya kujya kurwana muri Kongo, nyuma y’abandi benshi bakatiwe n’inkiko zo mu Burundi kubera kwanga kurwana iyi ntambara, ahanini gushingiye ku gahinda ko kubura abavandimwe babo bagiye ubutagaruka, kandi n’imirambo y’abishwe ntihabwe imiryango yabo ngo nibura bashyingurwe mu cyubahiro.

Uku gukomeza kohereza Abarundi gutikirira muri Kongo, birarushaho kuzuza ikofi ya Ndayishimiye, mu gihe amagana y’abana b’uBurundi badasiba gusiga ubuzima mu ntambara batazi n’impamvu yayo.

 

 

2025-01-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Minisiteri ya Siporo yahaye uruhushya REG VC na APR VC rwo gutangira imyitozo yitegura irushanwa ry’igikombe cy’ Afurika cy’amakipe yabaye aya mbere iwayo

Minisiteri ya Siporo yahaye uruhushya REG VC na APR VC rwo gutangira imyitozo yitegura irushanwa ry’igikombe cy’ Afurika cy’amakipe yabaye aya mbere iwayo

Ubwanditsi 09 Mar 2021
Iryavuzwe riratashye : Uganda yarunze ingabo n’ibikoresho by’intambara  ku mupaka wa DRC

Iryavuzwe riratashye : Uganda yarunze ingabo n’ibikoresho by’intambara  ku mupaka wa DRC

Ubwanditsi 15 Dec 2017
CTTC MAYANGE: Ikigo cya Polisi y’u Rwanda cyihariye mu guhangana n’iterabwoba

CTTC MAYANGE: Ikigo cya Polisi y’u Rwanda cyihariye mu guhangana n’iterabwoba

Ubwanditsi 01 Sep 2025
Urukiko Rukuru Rwatangiye Kuburanisha Mu Mizi Urubanza Ruregwamo Diane Rwigara Na Nyina

Urukiko Rukuru Rwatangiye Kuburanisha Mu Mizi Urubanza Ruregwamo Diane Rwigara Na Nyina

Ubwanditsi 25 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ese aho Abarundi  biyita abayoboke ba “Eusebie “ barenga 2500 ntibaba bahungiye ubwayi mu kigunda
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ese aho Abarundi  biyita abayoboke ba “Eusebie “ barenga 2500 ntibaba bahungiye ubwayi mu kigunda

Ubwanditsi 08 Mar 2018
Kivu Y’Amajyaruguru: Imirwano Iravuza Ubuhuha Hagati Y’Abanyamulenge ’Twirwaneho’ Na Mayi-Mayi
INKURU NYAMUKURU

Kivu Y’Amajyaruguru: Imirwano Iravuza Ubuhuha Hagati Y’Abanyamulenge ’Twirwaneho’ Na Mayi-Mayi

Ubwanditsi 20 Aug 2018
Kigali : Perezida Kagame yunamiye Intwari zitangiye Igihugu
Mu Mahanga

Kigali : Perezida Kagame yunamiye Intwari zitangiye Igihugu

Ubwanditsi 04 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru