• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ibirenge biva muri “Edeni” bijya muri Kongo, ko tutabibona bigaruka aho ni ubuhoro? 

Ibirenge biva muri “Edeni” bijya muri Kongo, ko tutabibona bigaruka aho ni ubuhoro? 

Ubwanditsi 22 Jan 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga, POLITIKI

Nyuma y’uko umutwe wa M23 ukomeje gufata uduce dutandukanye mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, ndetse ukanatangaza ko ingabo z’uBurundi zikomeje gutikirira muri icyo gihugu, abasirikare b’uBurundi bafite ubwoba bwo kujyayo, kuko n’aboherejwe batari kugaruka cyangwa ngo basimbuzwe, ahubwo bakongerayo abandi.

Ibi kandi biraba mu gihe ubutegetsi bwa Evariste Ndayishimiye bwamaze kuzamura umubare w’abasirikare boherejwe muri Kongo, aho ubu batayo 19 ari zo zimaze koherezwa, nyuma yuko Felix Tshisekedi aherutse gusaba undi musada usimbura abakomeje gupfirayo. Ni icyifuzo Neva atakwanga kuko Tshisekedi amwishyura amafaranga atagira ingano, doreko bivugwa ko buri musirikare w’uBurundi abarirwa arenga ibihumbi bitanu by’amadorari buri kwezi.

Nubwo Prezida Ndayishimiye”NEVA” n’ibyegera bye bakomeje kuzuza imifuka amadolori ya Tshisekedi, abasirikare boherejwe ku rugamba bo bararira ayo kwarika kubera ko bo bahembwa intica ntikize muri iyo misiyo y’ubwiyahuzi boherejwemo muri Kongo.

Dore nk’ubu ngo abasirikare bakuru bo bahabwa amadorali mirongo itatu n’atanu (35) kugeza kuri mirongo itanu n’atanu (55), mu gihe abasirikare bato bo bahabwa amadorali makumyabiri (20) buri kwezi.

Magingo aya kandi haravugwa kandi abandi basirikare benshi bakuwe muri misiyo muri Somaliya ngo bajye muri Kongo gutanga umusada. Aba nabo bararira ko bakuwe murinSomalia ntibanahembwe imishahara bakoreye ubwo bari muri ubwo butumwa guhera muri 2023, none bakaba bahembwe koherezawa mu muriro muri Kongo.

Muri make, abasirikare b’Abarundi boherezwa muri Kongo bakomeje guterwa ubwoba bukomeye n’uko aboherejweyo mbere batigeze bagaruka cyangwa ngo basimbuzwe. Ibi bikaba byerekana uburyo ubutaka bwa Kongo bukomeje kunywa amaraso y’Abarundi, ibintu ubuyobozi bwa Neva butitayeho kubera amafaranga ya Tshisekedi akomeje kumwoshya.

Tariki 15 uku kwezi, umwe mu bayobozi ba M23 yahishuriye radiyo Ijwi ry’Amerika, ko hari abasirikari b’Abarundi 216 baguye mu mirwano yabereye i Ngungu, muri teritwari ya Masisi.

Amakuru mashya dukesha “SOS Media Burundi” aravuga ko nyuma y’aho M23 ifatiye umujyi wa Minova muri Kivu y’Amajyepfo, ibitaro byo mu mujyi wa Bujumbura, cyane cyane ibya Kamenge, byuzuye inkomere z’abasirikari zavanywe muri Kongo, ku buryo n’ibice byagenewe ababyeyi n’abana byuzuye izo nkomere. Ibyo ngo byatumye abaturage basanzwe babuzwa kwinjira muri ibyo bitaro, ngo batamenya ibirimo kuba ku basirikari babo boherezwa muri Kongo.

Abazi neza ibibera muri Kongo, bavuga ko abasirikare b’Abarundi bapfa ku bwinshi ahanini kubera ko aribo bashyirwa imbere ku rugamba, kuko Abakongomani binubira kuba Abarundi bahembwa neza kubarusha.

Gusa, ibi bigaragara nk’aho ntacyo bitwaye ubutegetsi bwa Bujumbura, kuko ngo bagomba kwishyura igiciro cy’amaraso ku mafaranga ya Kinshasa.

Icyakora, benshi mu Barundi bamaze guhumuka, bakaba babona ibi bintu nko kubagurishiriza abana babo agahinda, kuko bitari mu nyungu rusange z’igihugu, ahubwo ari mu ndonke za Neva n’abambari be.

Dore nk’ubu hari abasirikari 48 bo muri batayo ya 20 banze kujya muri Kongo, bavuga ko batazi impapmvu bajya kurwanayo, magingo aya bakaba bafungiwe ahantu hatazwi.

Uku kwanga no gutinya kujya kurwana muri Kongo, nyuma y’abandi benshi bakatiwe n’inkiko zo mu Burundi kubera kwanga kurwana iyi ntambara, ahanini gushingiye ku gahinda ko kubura abavandimwe babo bagiye ubutagaruka, kandi n’imirambo y’abishwe ntihabwe imiryango yabo ngo nibura bashyingurwe mu cyubahiro.

Uku gukomeza kohereza Abarundi gutikirira muri Kongo, birarushaho kuzuza ikofi ya Ndayishimiye, mu gihe amagana y’abana b’uBurundi badasiba gusiga ubuzima mu ntambara batazi n’impamvu yayo.

 

 

2025-01-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imbabazi za Perezida wa Repubulika ni igihango n’Igihugu, ugitatiye kiramusama

Imbabazi za Perezida wa Repubulika ni igihango n’Igihugu, ugitatiye kiramusama

Ubwanditsi 22 Oct 2024
Itangazo rya PL rigenewe Abanyamakuru

Itangazo rya PL rigenewe Abanyamakuru

Ubwanditsi 06 Nov 2017
Uganda yahisemo umurongo wa Jenoside wemerwa na FDLR, yirengagiza uw’Umuryango w’Abibumbye

Uganda yahisemo umurongo wa Jenoside wemerwa na FDLR, yirengagiza uw’Umuryango w’Abibumbye

Ubwanditsi 14 Apr 2020
Ntwali John William: Mpemuke, Ndamuke mu kwangiza isura y’igihugu ukwirakwiza ibihuha wunguka iki?

Ntwali John William: Mpemuke, Ndamuke mu kwangiza isura y’igihugu ukwirakwiza ibihuha wunguka iki?

Ubwanditsi 24 Jul 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports yanyagiye Vipers SC ibitego 4-1, Ndikumana Asman yigaragaza ku mukino we wa mbere
Amakuru

Rayon Sports yanyagiye Vipers SC ibitego 4-1, Ndikumana Asman yigaragaza ku mukino we wa mbere

Ubwanditsi 01 Sep 2025
Uko Abayobozi Ba FDLR Batwawe Ijoro Ryose Bajyanwa I Kampala N’ubutumwa Museveni Yabahaye
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Uko Abayobozi Ba FDLR Batwawe Ijoro Ryose Bajyanwa I Kampala N’ubutumwa Museveni Yabahaye

Ubwanditsi 08 Jan 2019
Uganda : Abimenyereza Ubunyeshyamba Ba FDLR, Mu Bihuru Bya Kisoro
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Uganda : Abimenyereza Ubunyeshyamba Ba FDLR, Mu Bihuru Bya Kisoro

Ubwanditsi 11 May 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru