• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Jenerali Cirimwami wiyise ‘intare’, ku nshuro ya mbere yabonye mu maso h’Intare za Sarambwe yahise asezera ku birayi

Jenerali Cirimwami wiyise ‘intare’, ku nshuro ya mbere yabonye mu maso h’Intare za Sarambwe yahise asezera ku birayi

Ubwanditsi 24 Jan 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga

Ijoro ryo ku wa 23 rishyira uwa 24 Mutarama 2025 ryasanze Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda, cyane cyane abo mu bwoko bw’Abatutsi, babyinira ku rukoma. Ni mu gihe abajenosideri ba FDLR baririraga mu myotsi nyuma yo kubura umubyeyi wabo, Jenerali Peter Cirimwami wari Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Ubu muri Kongo baravuga ngo “kera babayeho Cirimwami!”

Raporo zitandukanye zagaragaje ko Cirimwami yari ikiraro gihuza Leta ya Kongo na FDLR, akaba ari we wanyuzwagaho ubufasha bwose Perezida Felix Tshisekedi yoherereza uwo mutwe ngo ugire ingufu zisumbuye ziwufasha gutsemba Abatutsi mu Karere k’Ibiyaga Bigari, no kuzahirika ubuyobozi buriho mu Rwanda.

Ngo akagabo gahimba akandi kataraza! Nyuma y’amasaha make avugiye kuri kamera na mikoro z’ibitangazamakuru bitandukanye ko ingabo za Kongo n’abazifasha ari bo bagenzura agace ka Sake, Cirimwami wiyumvaga nk’Ikinani abahuungu ba M23 batabasha yavuze ko agiye kwigerera aho rwambikaniye.

Ageze i Kasengezi, intambwe 10 zari zihagije ngo arebe uko intare za nyazo zisa, bitandukanye n’uko yiyumvaga afite amakare. Amakuru aturuka aho urugamba rubera avuga ko Cirimwami akigera muri ako gace, isasu ry’abahungu ba M23 –bazwi cyane nk’Intare za Sarambwe–ryamuhwaranyije atararenga umutaru.

Ubutumwa Umuvugizi wa M23 mu rwego rwa politiki, Lawrence Kanyuka, yanyujije ku rubuga rwa X kuri uyu wa 24 Mutarama 2025, buragira buti “Umugaba Mukuru w’igisikare cy’umutwe wa FDLR, General Chirimwami, yapfuye. Yiciwe i Kasengezi ubwo yasuraga abari imbere ku rugamba kugira ngo yifotozanye na bo.”

Ifoto ya Cirimwami na FDLR ku mirongo y’urugamba ishobora kuzaba inzozi mbi kuri Tshisekedi, igihe cyose azaba acyimakaza inzira y’intambara mu kibazo afitenye na M23.

Muri Nzeri 2023 ni bwo Cirimwami wajyaga yiyita ‘Nkuba’ yagizwe Guverineri wa Gisirikare w’agateganyo w’Intara ya Kivu ya Ruguru, itegetswe n’igisirikare kuva mu 2021.

Kuba Tshisekedi yarahisemo Cirimwami ngo ahayobore si uko yari azi neza ko aratsinda urugamba rwananiye bagenzi be, ahubwo n’uko yari azi ko ari we ‘papa’ wa FDLR kandi Leta ya Kongo ikaba yizera ko uwo mutwe ari wo wabasha gutinyuka kurasana na M23 kuko wo wasaritswe n’ingengabitekerezo ya Jenoside.

Imikoranire ya Cirimwami na FDLR yatumye ubwicanyi bwibasira Abatutsi b’Abanyekongo bukaza umurego, inka zabo ziraraswa izindi zirasahurwa, n’aho amazu yabo aratwikwa bakwira imisharo.

Nubwo itotezwa bakorerwa ritarangiye, urupfu rwa Cirimwami ruratuma nibura Abatutsi b’Abanyekongo bumva ko amaherezo Imana basenga izabatabara.

 

 

2025-01-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko Castro yaryamanye n’umugore watumwe na CIA kumwivugana

Uko Castro yaryamanye n’umugore watumwe na CIA kumwivugana

Ubwanditsi 31 Jul 2018
Gen. Tumukunde yajyanwe mu bitaro igitaraganya

Gen. Tumukunde yajyanwe mu bitaro igitaraganya

Ubwanditsi 16 Mar 2020
Kuva Perezida Tshisekedi yaburirwa irengero, ubutegetsi muri kongo bwandaraye mu mayirabiri.

Kuva Perezida Tshisekedi yaburirwa irengero, ubutegetsi muri kongo bwandaraye mu mayirabiri.

Ubwanditsi 12 Apr 2024
Umunsi wa mbere w’imikino yo kwishyura yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi muri Basketball ntiwahiriye ikipe y’u Rwanda

Umunsi wa mbere w’imikino yo kwishyura yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi muri Basketball ntiwahiriye ikipe y’u Rwanda

Ubwanditsi 02 Jul 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Iya 14 Gicurasi 1994: Inkotanyi zafashe Umujyi wa Nyamata
Mu Rwanda

Iya 14 Gicurasi 1994: Inkotanyi zafashe Umujyi wa Nyamata

Ubwanditsi 14 May 2018
Icyo Abahakanyi ba Jenoside Bibumbiye Muri Jambo Asbl nindi Miryango Bagomba Kumenya k’Ubwicanyi bw’Abatutsi Bwabaye mu Ukwezi k’Ukwakira 1990
Amakuru

Icyo Abahakanyi ba Jenoside Bibumbiye Muri Jambo Asbl nindi Miryango Bagomba Kumenya k’Ubwicanyi bw’Abatutsi Bwabaye mu Ukwezi k’Ukwakira 1990

Ubwanditsi 10 Oct 2020
Gutumiza abanyereje amafaranga ya Leta bimaze kuba indirimbo irambiranye- Transparency Rwanda
Mu Mahanga

Gutumiza abanyereje amafaranga ya Leta bimaze kuba indirimbo irambiranye- Transparency Rwanda

Ubwanditsi 06 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru