• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Abanyaburayi bose siko bakurikira buhumyi ibinyoma bya Kongo n’Ububiligi

Abanyaburayi bose siko bakurikira buhumyi ibinyoma bya Kongo n’Ububiligi

Ubwanditsi 25 Feb 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga, POLITIKI

Nyuma y’aho abadepite mu nteko ishinga amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi ufatiye umwanzuro ubogamiye ku binyoma bya Kongo n’Ububiligi buhagarariye inyungu za Tshisekedi, hari abibwiraga ko Komisiyo y’uwo muryango nayo izagwa muri ubwo buyobe, igafatira u Rwanda ibihano,nk’uko Ububiligi bwabihirimbanagamo.

Si uko byagenze, kuko mu nama y’abaministri b’ububanyi n’amahanga mu bihugu bigize uwo muryango banze gukurikiza buhumyi ibyari byasabwe n’abo badepite, ahubwo hanzurwa ko “ibihano atari byo byihutirwa, kurusha inzira ya dipolomasi, ko imikoranire y’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi n’u Rwanda yakomeza gusuzumwa, ibyemezo bikazafatwa hashingiwe ku buryo ibintu bizaba byifashe[muri Kongo]”.

Bishyizwemo ingufu na Guverinoma y’Ububiligi, abo badepite(biganjemo abafitanye inyungu zihariye muri Kongo), basabaga gusesa amasezerano Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi ufitanye n’uRwanda ku birebana n’ubucuruzi bw’amabuye y’agaciro. Muri iyo nama y’abaminisitiri havuzwe ko “umwanzuro kuri icyi cyifuzo wakwitongerwa, hakabanza gusuzumwa ibimenyetso bitangwa n’abashakashatsi, ko uRwanda rwifitiye ibirombe bicukurwamo ayo mabuye, ko rero adasahurwa muri Kongo nk’uko bivuvugwa”.

Kimwe mu bihugu byashyize mu gaciro bikanga kugwa mu kinyoma cya Kongo n’Ububiligi, ni Luxembourg, yari ihagarariwe na Bwana Xavier Bettel, akaba yagaragaje ko munyangire n’amarangamutima ashingiye ku nyungu za bamwe, bidashobora kuzana amahoro muri aka karere.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’Ububiligi, Maxime Prévot, unatyaye cyane mu gusabira uRwanda ibihano, yabwiye itangazamakuru ko “yatunguwe, akanababazwa” n’uko iyo nama itashimangiye ishyirwa mu bikorwa ry’ibihano ku Rwanda kuko kwima agaciro ibyifuzo bw’abadepite bisuzuguje Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi.

Hari abanyapolitiki b’abanyaburayi, nka Senateri Alain Destexhe wo muri Sena y’Ububiligi, bagaya cyane imyitwarire y’Ububiligi mu kibazo cy’amakimbirane ari muri aka Karere k’Ibiyaga Bigari, icyo gihugu cyirengagije ko ari cyo nyirabayazana w’intambara muri aka karere.

Hari n’abandi basanga, nk’uko hari abasakuza ngo nihubahirizwe ubusugire bwa Kongo, ubusugire bw’uRwanda nabwo bukwiye kwitabwaho, iyo Kongo igasabwa guhagarika imikoranire n’abajenosideri ba FDLR.

Guverinoma y’uRwanda ntiyahwemye gusobanura ko imfashanyo n’ibikangisho by’ibihano bitarusha agaciro ubuzima bw’Abanyarwanda, ndetse mu cyumweru gishize ruhagarika amasezera y’ubufatanye hagati rwari rufitanye n’Ububiligi.

Abahanga muri politiki mpuzamahanga bafite impungenge ko ibihano bishobora kuba nko gusuka peteroli mu muriro, kuko byatuma ibintu birushaho kudogera muri aka karere, aho kubonerwa umuti. Bagira bati:”Iyo ibihano biza kuba igisubizo, intambara ya Kongo iba yararangiye kera, kuko nta gihe ibihugu byiyita ibihangange bitafatiye ibihano abantu banyuranye, kenshi banarengana”.

2025-02-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rwanda- Uganda : Ukwikuza kwa Perezida Museveni  [ Igice 2]

Rwanda- Uganda : Ukwikuza kwa Perezida Museveni [ Igice 2]

Ubwanditsi 23 May 2019
Perezida Nkurunziza yabaye umuyobozi wa mbere ku isi wamaganye guhana intera nk’uburyo bwo kurwanya COVID19

Perezida Nkurunziza yabaye umuyobozi wa mbere ku isi wamaganye guhana intera nk’uburyo bwo kurwanya COVID19

Ubwanditsi 03 May 2020
RNC irarimbutse nka za MDR, MRND na CDR, n’andi mashyaka atwibutsa amateka mabi yaranze uru Rwanda

RNC irarimbutse nka za MDR, MRND na CDR, n’andi mashyaka atwibutsa amateka mabi yaranze uru Rwanda

Ubwanditsi 18 Oct 2023
Breaking News: Kenya yunze ikirenge mu cy’u Rwanda mu gutanga viza ku mipaka ku banyafrika

Breaking News: Kenya yunze ikirenge mu cy’u Rwanda mu gutanga viza ku mipaka ku banyafrika

Ubwanditsi 28 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

USA: Umunyarwanda yasanzwe muri hotel yapfuye
HIRYA NO HINO

USA: Umunyarwanda yasanzwe muri hotel yapfuye

Ubwanditsi 22 Jun 2019
Trump yise Koreya ya Ruguru abicanyi nyuma y’urupfu rw’umunyeshuri w’umunyamerika yafunze
ITOHOZA

Trump yise Koreya ya Ruguru abicanyi nyuma y’urupfu rw’umunyeshuri w’umunyamerika yafunze

Ubwanditsi 20 Jun 2017
Nyuma yo gutsindwa na APR FC, Karekezi Olivier yaba yamaze kwegura muri Rayon Sports
IMIKINO

Nyuma yo gutsindwa na APR FC, Karekezi Olivier yaba yamaze kwegura muri Rayon Sports

Ubwanditsi 27 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru