• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Aya nda Ataye Ku Gasi Igisambo ruharwa Ndagijimana JMV wiyemeje Guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi akaba agiye kuzagwa Igihugu igicuri

Aya nda Ataye Ku Gasi Igisambo ruharwa Ndagijimana JMV wiyemeje Guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi akaba agiye kuzagwa Igihugu igicuri

Editorial 13 Apr 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Iyi nkuru y’Igisambo ruharwa Ndagijimana yongeye kumvikana none tariki ya 13 Mata 2015 imbere y’imbaga y’abari baje gusoza icyumweru cy’icyunamo ndetse no kwibuka abanyapolitiki bishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi 1994 yongeye kuvugwa na Dr Bizimana Jean-Damascène, Minisitiri w’Ubumwe bw’abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu

Gusa mbere bamwe batangajwe nayo nyuma y’uko Perezida Paul Kagame amukomojeho mu Nama Nkuru y’Umuryango wa FPR Inkotanyi yahuriranye n’isabukuru yayo y’imyaka 35, kuri iki Cyumweru, tariki ya 2 Mata 2023.

Jean Marie Vianney Ndagijimana si izina rishya mu matwi ya benshi bakurikiranira hafi Politiki y’u Rwanda, by’umwihariko iy’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwarwo kuko icyo gice agiye kukimaramo imyaka 28 ari i Paris mu Bufaransa.

Ndagijimana yari asanzwe ari Ambasaderi w’u Rwanda mu Bufaransa mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi, akomoka mu ishyaka rya MDR ritavugaga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Juvenal Habyarimana.

Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, ni umwe mu biyambajwe na Guverinoma y’Ubumwe dore ko atari ari ku gice cya MDR cyagize uruhare muri Jenoside, nubwo kuri ubu asigaye ayihakana yivuye inyuma kubw’ayanda.

Guverinoma nshya yarahiye tariki 19 Nyakanga 1994 nyuma y’ibohorwa rya Kigali, Ndagijimana ntiyari ayirimo kuko yari akiri mu Bufaransa, gusa yaje nyuma yaho gato atangira imirimo nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga mu gihe yari ategereje kurahira.

yavuze ko Ndagijimana Jean Marie Vianney wiyita umunyapolitiki uharanira uburenganzira bwa muntu, yibye amafaranga ya Leta anambura umukozi we wo mu rugo, none akaba yirirwa abeshya, apfobya anahakana Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Minisitiri Dr. Jean-Damascène Bizimana yabigarutseho kuri uyu wa 13 Mata 2025 ubwo hasozwaga Icyumweru cy’Icyunamo, hanibukwa abanyapolitiki bishwe kubera kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside, itegurwa n’ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Yavuze ko bamwe mu banyapolitike babi bahozeho barimo Ndagijimana Jean Marie Vianney wabaye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga muri Guverinoma y’Ubumwe yashyizweho mu 1994, uyu munsi uhakana imibare y’Abatutsi bishwe abeshya ko batarengaga ibihumbi 350, nyamara ibarura ryakozwe hakanaboneka amazina y’abishwe ryaragaragaje abarenga miliyoni.

Minisitiri Dr. Bizimana yavuze ko hari bimwe mu bitazwi kuri Ndagijimana wiyita umunyapolitiki nyamara ari umujura wiyambika ikote rya politike no guharanira uburenganzira bwa muntu.

Ati “Muri Guverinoma y’Ubumwe yashyizweho muri Nyakanga 1994, JMV Ndagijimana yagizwe Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, ahunga igihugu nyuma y’amezi abiri yibye amafaranga y’u Rwanda hafi ibihumbi 200$.”

“Minisitiri w’Intebe icyo gihe, Faustin Twagiramungu, wari inshuti ye, banakomoka mu karere kamwe ka Rusizi, abivuga mu itangazo rya Guverinoma ryasohotse tariki 19 Ukwakira 1994 no mu biganiro yahaye ibinyamakuru mpuzamahanga.”

Ndagijimana yagiye avuga kenshi ko azarega abavuga ko yibye amafaranga ya Leta ariko Twagiramungu yarinze apfa ataramurega, ahubwo arega uwitwa Ngarukiye Léon wari ‘Directeur de Cabinet’ muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ari na we wamuhereye ayo mafaranga ku Kibuga Mpuzamahanga cy’indege cya Kigali.

Ku wa 6 Ugushyingo 2023 mu rubanza rwabereye mu Bufaransa, Ngarukiye yatsinze Ndagijimana, icyaha cy’ubujura kimuhama gityo.

Ati “Ngarukiye yatanze ikiganiro mu itangazamakuru agaragaza ko tariki 4 Ukwakira 1994 na we yari mu itsinda ry’abagiye mu rugendo i New York, mu Nama Nkuru y’Umuryango w’Abibumbye hamwe n’izindi ntumwa z’u Rwanda, nyuma koko ayashyikiriza Ndagijimana ngo ayajyane muri Ambasade y’u Rwanda mu Bufaransa yari imaze igihe gito ifunguye, Ndagijimana ayo mafaranga arayafata ahungira mu Bufaransa.”

Dr. Bizimana yavuze ko urubanza yarutsinzwe ariko adashobora kurugaragaza kuko azi ko ubujura bwe bwagaragajwe n’urukiko.

Yashimangiye kandi ko kuba Ndagijimana yaribye amafaranga ari minisitiri bidatangaje kuko bitari ubwa mbere.

Ati “Mu 1995 hakozwe igenzura muri Ambasade y’u Rwanda i Paris, rikorwa n’impuguke eshatu, rikorwa ku wa 30 Nyakanga kugeza ku wa 5 Kanama 1995, basanga JMV Ndagijimana wabaye Ambasaderi w’u Rwanda mu Bufaransa kuva mu 1990 kugeza mu 1994 yarahengereye mu gihe mu Rwanda hari akavuyo k’amashyaka menshi mu gihugu guhera mu 1992, atangiza gahunda y’ubujura ruharwa bwaranzwe n’uko muri Nzeri 1992 yagurishije inzu ya Leta y’u Rwanda yari atuyemo i Paris ku giciro yihitiyemo atabimenyesheje Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga kandi amafaranga ntiyayaha Leta.”

Yayigurishije kuri miliyoni imwe n’ibihumbi 850 by’Amafaranga yo mu Bufaransa yariho icyo gihe, nyamara yari yaraguzwe miliyoni 3,75 by’Amafaranga yo mu Bufaransa.

Ati “Bigaragaza ko yayitesheje agaciro k’icya kabiri cy’agaciro k’inzu kugira ngo igurwe vuba amafaranga ayatware.”

Igenzura ryagaragaje ko mbere yo kuyigurisha yari yarabanje kubeshya ko inzu yangiritse, afata igice kimwe aragitwika, asaba uburenganzira bwo kuyisana arayihabwa, akora inyigo y’amafaranga yo mu Bufaransa ayitangamo miliyoni 1,3 kandi ayishyuza Leta nyamara yari yarabanje kuvuga ko ikeneye gusanwa n’ibihumbi 700.

Yambuye umukozi wo mu rugo

Minisitiri Dr. Bizimana yavuze ko igenzura ryagaragaje ko Ndagijimana yambuye umuboyi we wo mu rugo wakomokaga muri Ethiopie, amafaranga yo mu Bufaransa 75.200, ni ukuvuga miliyoni 20 Frw z’ubu.

Ati “Kugira ngo bishoboke ko Ambasaderi yiba amafaranga y’umuboyi byagenze bite? Igenzura ryasanze yari yarahaye umubitsi wa Ambasade y’u Rwanda mu Bufaransa amabwiriza y’uko umushahara w’abakozi bo mu rugo ugomba kujya unyuzwa kuri konti ya ambasaderi akaba ari we uwubihera. Ni aho rero yabihereye umubitsi [Athanase Nsengiyumva] amafaranga y’abakozi bo mu rugo ba Ndagijimana akajya ayanyuza kuri konti ye, na we amafaranga ntayahe abakozi agenewe cyane cyane umuboyi we wakomokaga muri Ethiopie.”

Iri genzura kandi ryasanze Ndagijimana yari yarahaye icyuho abandi badipolomate b’u Rwanda na bo bakora ubujura burimo kwangiza imitungo nk’inzu za Leta bari bacumbitsemo, kugurisha ibikoresho bya Ambasade z’u Rwanda no kumara igihe kirenze umwaka baranze gutanga inzu za Leta y’u Rwanda nyuma ya Jenoside nyamara batari bakiri abadipolomate.

Ati “Bakoze ubwo bujura ari ambasaderi [Ndagijimana] ubayobora harimo abitwa Ukobizaba Martin, Nderebeza Anasthase, Shirampaka Anasthase n’abandi.”

Minisitiri Dr. Bizimana yavuze ko uwaciye agahigo ko kwiba amafaranga menshi ari Col Sebastien Ntahobari wari uhagarariye u Rwanda i Paris ashinzwe ubutwererane bwa Gisirikare kuva mu 1992 kugeza mu Ukuboza 1994, ari na bwo yavanywe kuri uwo mwanya, ahamagajwe na Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda yanga kwitaba ahera mu Bufaransa atyo kugeza aguyeyo.

Igenzura ryagaragaje ko Col Ntahobari yari yarahawe ububasha bwose bwo gucunga ingengo y’imari yose ya ambasade mu 1993 kuko icyo gihe Ambasade y’u Rwanda yanyuzwagaho amafaranga menshi yo kugura intwaro mu bihugu bitandukanye.

Byagaragaye ko hari miliyoni zirenga 2$ zibwe na Col Ntahobari, afatanyije na Minisitiri Augustin Bizimana wayoherezaga i Paris, n’abandi bakozi ba Ambasade i Paris.

Ndagijimana va ku ya nda wifubitse ubusambo inda nini wahaye inzira igutaye ku gasi kuva ibuzimu ho biragoye kuko  ntawe utokora ifuku ariko guhakana Jenoside yakorewe abatutsi byo bizakugusha ruhabo wicare ukebaguza, aho gusaza neza uzasaza uguye igihugu igicuri

Ndagijimana Jean Marie Vianey: Muri make ni mwene Ntasangirwa na Ntamabyariro, akaba umujenosideri mu ngengabitekerezo ndetse n’umujura kabuhariwe. Nyuma yo kwiba amadolari y’Amerika 187,000$ yari ahawe ngo ajye gufungura ambasade z’urwanda muri Amerika, yahise atangiza amashyirahamwe atandukanye yo guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

 

2025-04-13
Editorial

IZINDI NKURU

Ubukangurambaga bwo kurwanya ibiyobyabwenge bwakomereje mu karere ka Nyabihu

Ubukangurambaga bwo kurwanya ibiyobyabwenge bwakomereje mu karere ka Nyabihu

Editorial 05 Jan 2016
Leta y’u Burundi irashinjwa kohereza rwihishwa abasirikari n’imbonerakure muri Kongo

Leta y’u Burundi irashinjwa kohereza rwihishwa abasirikari n’imbonerakure muri Kongo

Editorial 28 Jul 2022
Ndorimana Jean François Régis yagizwe Perezida w’agateganyo w’Umuryango Kiyovu Sports, Mvukiyehe Juvénal yahawe kuyobora ikigo kizajya gicunga iyo kipe

Ndorimana Jean François Régis yagizwe Perezida w’agateganyo w’Umuryango Kiyovu Sports, Mvukiyehe Juvénal yahawe kuyobora ikigo kizajya gicunga iyo kipe

Editorial 09 Jan 2023
Umurundikazi wiswe [Umunyarwandakazi] agahabwa amasaha 48 ngo abe avuye ku butaka bw’u Burundi yaburiwe irengero

Umurundikazi wiswe [Umunyarwandakazi] agahabwa amasaha 48 ngo abe avuye ku butaka bw’u Burundi yaburiwe irengero

Editorial 25 Apr 2018
Ubukangurambaga bwo kurwanya ibiyobyabwenge bwakomereje mu karere ka Nyabihu

Ubukangurambaga bwo kurwanya ibiyobyabwenge bwakomereje mu karere ka Nyabihu

Editorial 05 Jan 2016
Leta y’u Burundi irashinjwa kohereza rwihishwa abasirikari n’imbonerakure muri Kongo

Leta y’u Burundi irashinjwa kohereza rwihishwa abasirikari n’imbonerakure muri Kongo

Editorial 28 Jul 2022
Ndorimana Jean François Régis yagizwe Perezida w’agateganyo w’Umuryango Kiyovu Sports, Mvukiyehe Juvénal yahawe kuyobora ikigo kizajya gicunga iyo kipe

Ndorimana Jean François Régis yagizwe Perezida w’agateganyo w’Umuryango Kiyovu Sports, Mvukiyehe Juvénal yahawe kuyobora ikigo kizajya gicunga iyo kipe

Editorial 09 Jan 2023
Umurundikazi wiswe [Umunyarwandakazi] agahabwa amasaha 48 ngo abe avuye ku butaka bw’u Burundi yaburiwe irengero

Umurundikazi wiswe [Umunyarwandakazi] agahabwa amasaha 48 ngo abe avuye ku butaka bw’u Burundi yaburiwe irengero

Editorial 25 Apr 2018
Ubukangurambaga bwo kurwanya ibiyobyabwenge bwakomereje mu karere ka Nyabihu

Ubukangurambaga bwo kurwanya ibiyobyabwenge bwakomereje mu karere ka Nyabihu

Editorial 05 Jan 2016
Leta y’u Burundi irashinjwa kohereza rwihishwa abasirikari n’imbonerakure muri Kongo

Leta y’u Burundi irashinjwa kohereza rwihishwa abasirikari n’imbonerakure muri Kongo

Editorial 28 Jul 2022
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru