• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu burezi budaheza buzira ikandamiza n’iringaniza Abanyeshuri basaga Ibihumbi 220 basoje Amashuri Abanza batangiye ibizamini bya Leta

Mu burezi budaheza buzira ikandamiza n’iringaniza Abanyeshuri basaga Ibihumbi 220 basoje Amashuri Abanza batangiye ibizamini bya Leta

Editorial 01 Jul 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, UBUREZI

Abanyeshuri basaga ibihumbi 220  bashoje amashuri abanza batangiye ibizamini bya leta bisoza umwaka w’amashuri 2024/2025, aba bakaba barimo abakobwa 120,635 ndetse n’abahungu 100,205.

Muri aba abanyeshuri abafite ubumuga ni 642

Minisitiri w’Uburezi, Joseph Nsengimana yagaragaje ko ibi bizamini ari ibizagaragaza ubumenyi abana bafite, niba koko bubaha icyizere cyo gukomeza mu mashuri yisumbuye.

Yagaragaje ko umubare w’abana b’abakobwa wiyongereye kurusha abahungu ndetse anasobanura ko n’abafite ubumuga bafashijwe mu buryo bwose ngo bakore ibi bizamini.

Ibizamini bya leta mu mashuri yisumbuye byatangiye kuri uyu wa Mbere taliki 30 Kamena kugera taliki 3 Nyakanga 2025, biteganyijwe ko bizakurikirwa n’ibizamini bya leta mu mashuri yisumbuye bizatangira taliki ya 9 Kamena 2025.

Hari ibihe byo kwibukwa bitazibagirana mu mateka y’u Rwanda nk’Uburyo PARMEHUTU yashenye uburezi nko muri Repubulika ya mbere n’iya kabiri (1961–1994), ubuyobozi bwa PARMEHUTU bwashyizeho politiki yitwaga “iringaniza”, ivuga ko amashuri n’akazi bigomba kugabanywa “mu buryo buringaniye” hagendewe ku moko, igisekuru, cyangwa akarere.

Mu by’ukuri, iyo politiki yakoreshwaga nk’igikoresho cyo guheza Abatutsi mu burezi, abenshi bakimwa uburenganzira bwo kwiga mu mashuri yisumbuye cyangwa kaminuza. Mu gihe abandi babonaga amahirwe, Abatutsi bafatwaga nk’abatagira iwabo mu gihugu mu gihugu cyabo, bakirukanwa mu mashuri cyangwa ntibemerewe kwinjiramo tutibagiwe gucunaguzwa bahagurutswa ngo ubwoko ubu n’ubu nibuhaguruke.

Nyuma ya Jenoside yakorewe abatutsi rero Uburezi bwabaye urufunguzo rw’ubwiyunge n’iteramberekuko ubuyobozi bushya bwa Leta y’ubumwe burangajwe imbere na FPR-Inkotanyi bwahinduye icyerekezo: uburezi ntibukiri ubwa bamwe, ahubwo bwabaye uburenganzira bwa buri Munyarwanda.

Gahunda Uburezi kuri bose (Education for All) U Rwanda rwatangije gahunda zo gushyiraho uburezi bw’ibanze bw’imyaka 9 (EFTP) nyuma bunongerwa ku myaka 12, Kwigisha abana bose nta vangura rishingiye ku moko, igitsina cyangwa ubukene, Gushyiraho uburezi bw’ubuntu muri za primaire na secondaire, Kwishyurira abanyeshuri batishoboye barokotse Jenoside yakorewe abatutsi dore ko icyo gihe hari ubukene bukabije cyane bwatewe na Jenoside

Leta yashinze ikigega gitera inkunga abarokotse cya FARG (Fonds d’Assistance aux Rescapés du Génocide), abana benshi barokotse Jenoside cyangwa baturutse mu miryango ikennye bigiye ubuntu kugeza kuri kaminuza.

Uburinganire mu burezi aho Uburinganire hagati y’abakobwa n’abahungu mu mashuri bugenda burushaho kugana imbere kuko imibare yerekana ko:

Abakobwa bari munsi y’imyaka 18 biga ku gipimo kiri hejuru ya 96% mu mashuri abanza

Gahunda za STEM for Girls zagabanyije icyuho hagati y’igitsina gabo n’igitsina gore mu masomo y’ubumenyi n’ikoranabuhanga

Gukoresha Ikinyarwanda n’Icyongereza mu burezi; U Rwanda rwunze isi yose mu mashuri hifashishijwe indimi mpuzamahanga (English–French) dore ko n’uhagarariye umuryango mpuzamahanga w’abavuga igifaransa ari umunyarwandakazi Madame Luwize Mushikiwabo, ariko ntirwibagiwe ururimi gakondo yacu kavukire ari rwo ikinyarwanda, bityo abana b’Abanyarwanda biga amateka n’indangagaciro zabo.

Gahunda ya TVET & University Reform; Aha u Rwanda ryashishikarije urubyiruko kwiga amasomo y’ubumenyingiro (TVET), rishyiraho gahunda zo: Gushyira amashuri y’imyuga hafi y’abaturage, Gukorana n’inganda n’ibigo by’imirimo, Gukomeza Kaminuza (UR n’izigenga) zishingiye ku bushobozi n’ubushake

Ubu Imibare y’abana b’abakobwa biga irarenze 97% mu mashuri abanza kandi umubare w’abakandida batsinda ibizamini bya Leta ugenda wiyongera buri mwaka, Abanyeshuri b’Abanyarwanda barushaho kubona buruse zo hanze kuko Ubu Urubyiruko rw’u Rwanda rurigira ubushobozi bwo guhangana ku isoko mpuzamahanga

 

Dusoza iyi nkuru rero twavuga ko uburezi bwahindutse igikoresho cy’ubumwe, amahoro n’iterambere

U Rwanda rwavuye ku burezi bw’ivangura n’irondakoko rya PARMEHUTU, rugera ku burezi bushishikariza ubwuzuzanye, ubushobozi n’impano, aho umwana wese ashobora kuba icyo ashaka adafashwe n’imizi y’urwango yatewe mu myaka ya 60 na 70.

Uburezi bw’uyu munsi ni ishingiro ry’ejo hazaza h’Igihugu kizira amacakubiri.

Aya mafoto turayakesha urubuga rwa RBA
2025-07-01
Editorial

IZINDI NKURU

Eugène Clément NAHIMANA wafashije abajenosideri guhungira mu Bubiligi ni muntu ki?

Eugène Clément NAHIMANA wafashije abajenosideri guhungira mu Bubiligi ni muntu ki?

Editorial 02 Dec 2022
Umuhanzi Mr Nice wakunzwe mu ndirimbo zirimo Kikulacho yageze i Kigali -AMAFOTO

Umuhanzi Mr Nice wakunzwe mu ndirimbo zirimo Kikulacho yageze i Kigali -AMAFOTO

Editorial 24 Mar 2018
Abayobozi bakuru basaga 10 ba RNC, bamaze gutandukana na Kayumba kubera indanini n’ubujura

Abayobozi bakuru basaga 10 ba RNC, bamaze gutandukana na Kayumba kubera indanini n’ubujura

Editorial 06 Dec 2019
I Rubavu hasojwe amarushanwa y’abari munsi y’imyaka 15 yiswe CAF African Schools Championship 2022

I Rubavu hasojwe amarushanwa y’abari munsi y’imyaka 15 yiswe CAF African Schools Championship 2022

Editorial 25 Jul 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Police yamusubije 10 780€ na 100 000Frw yari yibwe n’umukozi we wo mu rugo
Mu Mahanga

Police yamusubije 10 780€ na 100 000Frw yari yibwe n’umukozi we wo mu rugo

Editorial 29 Dec 2016
Mu Rwanda : Ibiciro bya Essence na Mazutu byongeye kuzamuka
Mu Mahanga

Mu Rwanda : Ibiciro bya Essence na Mazutu byongeye kuzamuka

Editorial 04 Jan 2017
Mu irushanwa ryateguwe na FERWABA, UR, Ecole Secondaire St Bernadette Kamonyi ndetse zatwaye imidali muri 3×3 Challenge
Amakuru

Mu irushanwa ryateguwe na FERWABA, UR, Ecole Secondaire St Bernadette Kamonyi ndetse zatwaye imidali muri 3×3 Challenge

Editorial 26 Oct 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru