• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Kuri Tshisekedi amahoro ni amagambo gusa atagira ibikorwa

Kuri Tshisekedi amahoro ni amagambo gusa atagira ibikorwa

Editorial 10 Oct 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Mu gihe yarimo ageza ijambo ku bitabiriye Global Gateway Forum 2025 i Bruxelles, Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yongeye kugaragaza isura y’umuyobozi wifuza amahoro n’ubufatanye mu karere. Ariko inyuma y’amagambo meza avugira muruhame hari ukuri gutandukanye cyane: ni we nyirabayazana w’umutekano muke n’imvururu zidashira muri Repubulika ya Congo no mu karere kose k’ibiyaga bigari.

Kuva yajya ku butegetsi mu mwaka wa 2019, Tshisekedi yagiye agaragaza amagambo n’ibikorwa bihabanye. Yavuze ko yasuye ibihugu bituranyi byose agamije kubaka umubano n’amahoro, ariko kuva icyo gihe amasezerano arenga icumi yo kugarura ituze muri Congo yagiye asinywa hanyuma agapfa ntashyirwe mu bikorwa, kubera kubura ubushake bwa politiki bwa Kinshasa. Ahubwo agahitamo inzira y’intambara, n’ivangura rishingiye ku moko no kuturere moko, aho kugira ngo ashyire imbere ibiganiro n’ubwiyunge.

Mu ijambo rye i Bruxelles, Tshisekedi yavuze ati: “Nta na rimwe nigeze ngaragaza imico y’ubushotoranyi cyangwa ubwishongozi ku baturanyi banjye, cyane cyane u Rwanda.”

Ariko ibyo ni ibinyoma. Mu mezi n’imyaka ishize, Tshisekedi yakoresheje amagambo yuzuyemo urwango n’ubushotoranyi ku Rwanda, kugeza n’aho yagereranyije Perezida Paul Kagame na Hitler, ndetse avuga ko azabohora Abanyarwanda “bavanywe mu ngoyi”. Ibi yabivugiye mu ruhame mu gihe cy’amatora, yongeraho no kwivuga ibigwi byo gutunga indege za gisirikare ngo “zizereka Kigali icyo zishoboye.”

Aya magambo yatumye bamwe mu bayobozi bakuru be batinyuka gukwirakwiza urwango ku Batutsi bo muri Congo, bakabamenyesha nk’abanzi b’igihugu. Hari n’abayobozi benshi bafashwe bazira ruswa cyangwa ubusahuzi, maze bihimbira inkuru ko “u Rwanda arirwo rubahiga.” No mu mashuri, abana bato bigishwa inkuru zibiba urwango ku Banyarwanda, bikaba bimaze kuba politiki y’igihugu yo gushakisha abo kwitwaza.

Ibyo byose biri mu gihe ubutegetsi bwa Kinshasa bwafunze ikirere cyabwo ku ndege zivuye mu Rwanda, bukajya bufata abenegihugu b’u Rwanda bubashyira muri gereza zo muri Kinshasa aho bamwe bapfiriye, ndetse bukongera n’ibitero birenga makumyabiri byarenze umupaka kuva mu 2019, birimo n’icya mutarama 2025 cyaguyemo Abanyarwanda 16 i Rubavu.

Tshisekedi akomeje kwitwaza intambara n’imitwe yitwaje intwaro nka M23 ngo yikure mu isoni z’ubutegetsi bwe bubi, nyamara ni we utera inkunga imitwe y’abicanyi nka FDLR n’indi ya Wazalendo, igenda ifatanya n’ingabo za Congo (FARDC) mu gutera inkambi z’impunzi no gusahura abaturage. N’aho kuba umuhuza w’amahoro, yahinduye igihugu cye urubuga rw’imitwe yitwaje intwaro, abacancuro b’abanyamahanga n’ingabo z’amahanga zirwanira ku butaka bwa Congo.

Mu gihe avuga ko “98% by’amasezerano y’amahoro yari amaze kurangira,” yibagirwa ko u Rwanda rwanze kwitabira inama i Luanda kuko Kinshasa yanze gushyira mu bikorwa ibyo yemeye, birimo kugirana ibiganiro na M23 nk’uko byari biteganyijwe mu masezerano ya Doha. Tshisekedi yahisemo gushakisha abahuza bashya buri gihe, aho gushyira mu bikorwa ayo masezerano yasinyiye imbere y’abakuru b’ibihugu byo mu karere.

Ku ruhande rwe, akomeza gushaka abo yitwaza ngo bamufashe gushinja u Rwanda, asaba ibihano mpuzamahanga aho gukora ibikwiriye. Ibi bikorwa by’ubwiyahuzi bwa politiki ntibizamugeza ku mahoro, ahubwo birushaho gutuma abaturage be bakomeza kubabara.

Mu gihe avuga ko ashaka amahoro, mu by’ukuri Tshisekedi ashaka intambara — kuko ari yo imufasha kubona amajwi n’inkunga z’amahanga. Ariko abaturage bo mu Burasirazuba bwa Congo, aho imitwe yitwaje intwaro ikomeje kwica, gusahura no gufata abagore ku ngufu, bo bamaze kurambirwa.

Ukuri ni uko amahoro atabaho mu magambo gusa. Amahoro asaba ibikorwa bifatika, ubutwari bwo kwemera amakosa no gushyira mu bikorwa ibyo wiyemeje. Tshisekedi yahisemo inzira yo gucunga inyungu ze bwite aho gushyira imbere ineza y’abaturage be.

Mu gihe akomeje kubeshya amahanga ko ashaka amahoro, ibikorwa bye bigaragaza ibinyuranye: ni we ubyitambika imbere, ni we wubatse urukuta rw’urwango hagati y’abaturanyi, kandi ni we utinya ko amahoro nyayo yagarura ukuri atifuza kubona kumurangaza.

Tshisekedi yifuza amafoto n’amagambo y’amahoro, ariko atifuza amahoro ubwayo. Iyo niyo mpamvu igihugu cye gikomeje kuba imbata y’intambara, urwango n’uburyarya bwa politiki, byose bituruka ku muyobozi uvuga amahoro ariko akayabangira kure.

 

 

2025-10-10
Editorial

IZINDI NKURU

Gatsibo: Polisi y’u Rwanda yakanguriye abayobozi b’inzego z’ibanze gukumira ibyaha.

Gatsibo: Polisi y’u Rwanda yakanguriye abayobozi b’inzego z’ibanze gukumira ibyaha.

Editorial 04 Mar 2016
Hon Theobard Mporanyi  ntaho ahuriye n’ibyamwanditsweho kuri dosiye ya Dr. Gahutu Pascal uyobora Kaminuza ya Rusizi  watawe muri yombi na Polisi ( YAVUGURUWE )

Hon Theobard Mporanyi ntaho ahuriye n’ibyamwanditsweho kuri dosiye ya Dr. Gahutu Pascal uyobora Kaminuza ya Rusizi watawe muri yombi na Polisi ( YAVUGURUWE )

Editorial 10 Feb 2017
Ingendo y’undi iravuna (Igice cya 1)

Ingendo y’undi iravuna (Igice cya 1)

Editorial 06 Nov 2017
Burundi: Perezida Nkurunziza avuga ko ataziyamamaza mu matora y’umukuru w’igihugu mu 2020

Burundi: Perezida Nkurunziza avuga ko ataziyamamaza mu matora y’umukuru w’igihugu mu 2020

Editorial 07 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uwari boss wa Cadillac yakiriye agakiza abatirizwa muri Yorodani Yesu na we yabatirijwemo
MULTIMEDIA

Uwari boss wa Cadillac yakiriye agakiza abatirizwa muri Yorodani Yesu na we yabatirijwemo

Editorial 30 Mar 2017
Rusizi : Inzego z’umutekano z’u Rwanda zabonye ibimenyetso byasizwe inyuma n’abantu bitwaje ibirwanisho
ITOHOZA

Rusizi : Inzego z’umutekano z’u Rwanda zabonye ibimenyetso byasizwe inyuma n’abantu bitwaje ibirwanisho

Editorial 13 Mar 2017
Uruhuri rw’ingabo z’amahanga muri Kongo si igisubizo,ahubwo rwongereye ibibembe mu binyoro
Amakuru

Uruhuri rw’ingabo z’amahanga muri Kongo si igisubizo,ahubwo rwongereye ibibembe mu binyoro

Editorial 14 Mar 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru