• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

  • AMAFOTO – Police FC yasinyishije abakinnyi batanu bashya icyarimwe, inatangaza Rutsindura Antoine nk’umuyobozi mushya wa Tekiniki   |   03 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic

Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic

Ubwanditsi 30 Nov 2025 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda, UBUKERARUGENDO

Isiganwa mpuzamahanga ry’amagare yo mu misozi, Rwandan Epic 2025 riratangira kuri uyu wa Mbere, tariki ya 1 Ukuboza 2025, rikazamara iminsi itanu risozwa ku wa 5 Ukuboza.

Muri iri siganwa hitezwe abakinnyi 85 baturutse mu bihugu 16, barimo Abanyarwanda 18, bazahanganira ku duce dutanu (stages) twateguriwe mu Mujyi wa Kigali no mu Ntara y’Amajyaruguru.

Rwandan Epic 2025 igiye gukinwa ku nshuro ya gatanu, nyuma yo mu gutangira 2020 ryari isiganwa ry’umunsi umwe ryaberaga mu rwego rwo kugerageza.

Uyu mwaka, nk’uko bisanzwe, ritegurwa na Rwanda Alternative Riding Events (RaR Events) ku bufatanye n’Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare mu Rwanda (FERWACY) abasiganwa baratangira bazenguruka mu mujyi wa Kigali.


Nk’uko byatangarijwe mu kiganiro
n’itangazamakuru kuri iki cyumweru, iri siganwa ririmo amazina azwi ku rwego mpuzamahanga mu mukino w’amagare yo mu misozi.

Muri bo harimo Umudage Lukas Baum wegukanye Cape Epic mu 2022, Daniel Kiptala watwa ye shampiyona ya Kenya, Rein Taaramäe, Wegukanye Shampiyona ya Estonia na Daniel Gathof ukomoka mu Budage akaba yaratwaye Rwandan Epic 2023.


Mu bandi bazitabira iri rushanwa rizamara iminsi 5, harimo abakinnyi 18 bazaba bahagarariye u Rwanda bavuye mu makipe atandukanye ya hano imbere mu gihugu.

Rwandan Epic ni isiganwa rigamije guteza imbere ubukerarugendo bushingiye ku mukino (sports tourism), binyuze mu kugaragaza ubwiza bw’ahantu hatoranyijwe Rwandan Epic izanyuramo.

Uduce tugize Rwandan Epic 2025:

Agace ka mbere ka Rwandan Epic kazakinirwa Fazenda, kazenguruke ku ntera ya 8.8 km

Agace ka kabiri kazahagurukira Nyirangarama gasorezwe i Musanze mu Kinigi ahazwi nka Africa Rising Cycling Center, hakozwe intera ingana na Kilometero 79 na metero 100.

Agace ka Gatatu kazava Africa Rising Cycling Center gasorezwe mu mujyi wa Musanze ku ntera ya 52.9 km.

Agace ka kane k’iri siganwa kazazenguruka mu Kinigi ahabera umuhango wo Kwita Izina, ku ntera ya 29.8 km.

Agace ka Gatanu ari nako ka nyuma, kazava  Nemba gasorezwe i Shyorongi ku ntera ya 77.3 km.

2025-11-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

umuhanzi konshens yashimye uburyo abanyarwanda ba mwakiriye

umuhanzi konshens yashimye uburyo abanyarwanda ba mwakiriye

Ubwanditsi 02 Jan 2016
Cécile Kayirebwa aritegura gushyira hanze igitabo cye cya mbere yise “Wowe utuma mpimba” kizaba gikubiyemo ibisigo bye

Cécile Kayirebwa aritegura gushyira hanze igitabo cye cya mbere yise “Wowe utuma mpimba” kizaba gikubiyemo ibisigo bye

Ubwanditsi 23 Aug 2021
Ingaruka zo kohereza ingabo muri Kongo zikomeje kwisukiranya ku butegetsi bw’Afrika y’Epfo

Ingaruka zo kohereza ingabo muri Kongo zikomeje kwisukiranya ku butegetsi bw’Afrika y’Epfo

Ubwanditsi 04 Apr 2024
Africa iramutse ari igihugu ngo Kagame niwe bagiha akakiyobora

Africa iramutse ari igihugu ngo Kagame niwe bagiha akakiyobora

Ubwanditsi 13 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Museveni yafatanywe igihanga kigaragaza uburyo yibye amatora aho mu biro by’itora bigera kuri 348 yagize 100% nta mfabusa nta nuwasibye
Amakuru

Perezida Museveni yafatanywe igihanga kigaragaza uburyo yibye amatora aho mu biro by’itora bigera kuri 348 yagize 100% nta mfabusa nta nuwasibye

Ubwanditsi 30 Jan 2021
Magufuli yeruye ko Kagame ari inshuti ye ikomeye
POLITIKI

Magufuli yeruye ko Kagame ari inshuti ye ikomeye

Ubwanditsi 09 Apr 2016
Ihezwa rikorerwa abagore ku isi mu mboni ya Ange na Ivan Kagame
Mu Mahanga

Ihezwa rikorerwa abagore ku isi mu mboni ya Ange na Ivan Kagame

Ubwanditsi 26 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru