Kuri uyu wa gatanu tariki ya 24 Mata 2026, nibwo hasinywe amasezerano y’ubufatanye hagati ya Banki ya Kigali na Rwanda Premier League yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda yari izwi nka Rwanda Premier League ikitwa BK Premier League Pro.
Uy muhango wabereye mu cyumba cy’inama cya Stade Amahoro wari witabiriwe n’itangazamakuru, hamaze gusinywa amasezerano hagati ya Rwanda Premier League na Bank of Kigali yo kwitirirwa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda.
Aya masezerano atanga uburenganzira bwo guhindura izina rya shampiyona, afite agaciro ka miliyari 3 na miliyoni 250 z’amafaranga y’u Rwanda, akaba zamara igihe kingana n’imyaka itanu n’igice iri imbere uhereye kuri uyu mwaka mwaka w’imikino wa 2025/2026.
Ku ikubitiro Rwanda Premier League irahita ihabwa Miliyoni maganabiri na Mirongo itanu (250 000 000) y’Amafaranga y’u Rwanda agendana n’aho uyu mwaka w’imikino ugeze, dore ko hasigaye imikino irindwi kuri buri kipe ikina shampiyona y’icyiciro cya mbere.
Ibi bisobanuye ko buri mwaka Rwanda Premier League izajya yakira miliyoni maganatandatu z’Amafaranga y’u Rwanda mu gihe kingana n’imyaka itanu iri imbere, uyu mufatanya bikorwa akaba agomba kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda gusa.
Muri uyu muhango, Bank of Kigali yari ihagarariwe n’umuyobozi wayo mukuru Dr Diane Karusisi, mu gihe Rwanda Premier League yari ihagarariwe na Perezida wayo, Hadji Youssuf Mudaheranywa.
Hari kandi na Shema Ngoga Fabrice, Perezida w’ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA wari umuhamya w’iki gikorwa.
Mu bindi bikubiye muri aya masezerano ni uko hagomba kubaho ubukangurambaga ku makipe yose akina ikiciro cya mbere mu Rwanda by’umwihariko no ku bakinnyi babo ko bagomba kuba bafite konti muri Banki ya Kigali, hakaba kandi ko imipira izatangira gukinwa umwaka utaha w’imikino izaba iriho ibirango bya BK Premier League Pro.
Ikindi ni uko iyi Banki izajya yamamaza ku mikino yose izajya ikinwa muri shampiyona y’u Rwanda y’ikiciro cya mbere, ndetse n’amakipe akazajya yambara ibirango by’iyi banki ku myenda yayo kuri kamwe mu kuboko kw’imyambaro y’amakipe y’ikiciro cya mbere.
Si ubwa mbere iyi Banki ya Kigali igaragaye mu bikorwa bya Siporo kuko kuva muri Gicurasi 2022 inzu y’imyidagaduro yahoze ari Kigali Arena ihinduriwe izina ikitwa BK Arena nayo ifite iri zina rihuye n’iya banki y’ubucuruzi iri kwizihiza imyaka 60 itangiye gukorera mu Rwanda 











