• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera

Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera

RUSHYASHYA 18 May 2026 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Mahanga, POLITIKI

Paul Rusesabagina wari umaze Kabiri atagaragara mu itangazamakuru yagarukanye ibinyoma biruta ibya Semuhanuka. Yavuzeko Perezida Kagame yamutumyeho intumwa zimusaba kuba Visi Perezida cyangwa Minisitiri w’Intebe

Gusa Rusesabagina agaragaza guhuzahgurika mu magambo ye, iyo ashaka gutera agahinda avugako yakorewe iyicarubozo rikabije ariko yashaka kwerekana ko ari umuntu ukomeye akavuga ko I Kigali bamwingigiraga ubuyobozi.

Gusa icyiza ni uko Rusesabagina agendera kure ijambo FLN/MRCD

Ikindi cyagaragaye nk’ikinyoma gikomeye ni uburyo yavuze ko yafungirwaga wenyine kandi hari abandi bantu bari mu byumba bimukikije. Mu bihe byashize, yaba mu rukiko cyangwa mu biganiro yahaye itangazamakuru mpuzamahanga, yakundaga kugaragaza ko yari afunzwe mu bwigunge bukabije.

Ubu noneho yagarukanye indi mvugo nshya ivuguruza ibyo yavugaga mbere.

Hari kandi ibyo yavuze byo kuzengurutswa Umujyi wa Kigali nyuma yo gufatwa, yerekwa ibikorwa by’iterambere ndetse abazwa impamvu arwanya igihugu kiri kwiyubaka.

Rusesabagina kandi yavuze ko ubwo yerekwaga abanyamakuru bwa mbere kuri RIB yari ameze nabi cyane kubera uburyo yari yafashwe nabi. Nyamara abantu benshi bamuzi muri icyo gihe ndetse n’abigeze kumusura bavuga ko yari afite uburenganzira n’imibereho idasanzwe ugereranyije n’abandi bafungwa.

Biravugwa ko aho yari afungiye kuri Station ya Police ya Remera yahabwaga amafunguro yihitiragamo kuri “menu” ya hoteli, ndetse igihe yashakaga icyo kunywa cyangwa imbuto akabihabwa.

Hari uwigeze kumusura ati: “Twisangiriye imbuto, aranzimanira. Nta kimenyetso cy’umuntu umeze nabi nabonye.”

No muri gereza ya Kigali i Mageragere, amakuru y’abafunganywe na we ndetse n’abamusuye yavugaga ko yari abayeho neza, afite icyumba gifite ibikoresho birimo igitanda, ibitabo, intebe ndetse n’idirishya ritanga urumuri.

Ibi binyuranya n’imvugo ye ivuga ko yari afungiwe mu “kumba gato katagira idirishya”.

Abanyamakuru bamwe bamusuye icyo gihe banafashe amashusho agaragaza aho yari atuye harimo amadirishya afunguye ndetse n’urumuri ruhagije.

Ikindi cyatumye benshi bamushinja gukomeza kubeshya ni amagambo yavuze ko umunsi yafungurwaga ngo Radio Rwanda yatangaje ko Sena n’Inteko Ishinga Amategeko byemeje ifungurwa rye.

Mu by’ukuri, ifungurwa rye ryatewe n’imbabazi za Perezida wa Repubulika, ibintu bidafitanye isano n’Inteko Ishinga Amategeko kuko nta ruhare igira mu gufungura abagororwa.

Abakurikiranye uru rubanza kuva rutangira bavuga ko Rusesabagina akomeje guhinduranya inkuru bitewe n’abo ari kuvugisha, ibintu bituma hari abamushinja gukoresha amakabyankuru agamije kongera kwiyubaka mu maso y’abamushyigikiye mu mahanga.

Igitangaje kandi ni uko aya magambo mashya aza nyuma y’ibaruwa yandikiye Umukuru w’Igihugu ku wa 14 Ukwakira 2022, asaba imbabazi ndetse yiyemeza kuva muri politiki y’u Rwanda.

Muri iyo baruwa yari yagize ati: “Ndabizeza ko nta zindi nyungu ntegereje zaba iza politiki cyangwa bwite. Ibibazo bya politiki y’u Rwanda nzabisiga inyuma.”

Nyamara ubu yongeye kugaruka mu mvugo za politiki, amagambo yiganjemo kwivuguruza no gutanga inkuru nshya zitigeze zigaragara mu myaka yose ishize.

 

2026-05-18
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Kuki imyifatire yazimwe mu nzego n’Abantu muri Uganda bibangamiye umutekano w’u Rwanda.

Kuki imyifatire yazimwe mu nzego n’Abantu muri Uganda bibangamiye umutekano w’u Rwanda.

Ubwanditsi 20 Feb 2018
Alain Mukuralinda yitabye Imana azize indwara y’umutima

Alain Mukuralinda yitabye Imana azize indwara y’umutima

Ubwanditsi 04 Apr 2025
Umwami Kigeli V Ndahindurwa arasaba Perezida  Kagame ko yategura inama rusange (table ronde)

Umwami Kigeli V Ndahindurwa arasaba Perezida Kagame ko yategura inama rusange (table ronde)

Ubwanditsi 05 Jan 2016
Burundi: Komanda wa Polisi ku musozi wa Kivumu yishwe arashwe n’abasirikare nyuma yo gukozanyaho

Burundi: Komanda wa Polisi ku musozi wa Kivumu yishwe arashwe n’abasirikare nyuma yo gukozanyaho

Ubwanditsi 07 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Prezida ni muntu ki?
POLITIKI

Prezida ni muntu ki?

Ubwanditsi 01 Nov 2016
Abaturage b’i Goma muri Kongo barishimira uburyo bakiriwe mu Rwanda ubwo bahahungiraga muri izi mpera z’icyumweru, ikirunga cya Nyiragongo kirimo kuruka. Baboneyeho kwamagana Martin Fayulu na Denis Mekwege bavuga ibinyoma ku Rwanda.
Amakuru

Abaturage b’i Goma muri Kongo barishimira uburyo bakiriwe mu Rwanda ubwo bahahungiraga muri izi mpera z’icyumweru, ikirunga cya Nyiragongo kirimo kuruka. Baboneyeho kwamagana Martin Fayulu na Denis Mekwege bavuga ibinyoma ku Rwanda.

Ubwanditsi 23 May 2021

Shabalala na Shaiboub bayoboye abakinnyi bahatanira igihembo cy’umukinnyi w’ukwezi kwa Gashyantare muri Shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 07 Mar 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru