• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Abandi bantu babiri basanganywe Coronavirus mu Rwanda, abakize biyongeraho 6 baba 60

Abandi bantu babiri basanganywe Coronavirus mu Rwanda, abakize biyongeraho 6 baba 60

Editorial 17 Apr 2020 HIRYA NO HINO, Mu Rwanda

Abantu babiri barimo uheruka mu ngendo zo hanze basanganywe Coronavirus mu bipimo 664 byafashwe mu masaha 24 yashize, bituma umubare w’abayanduye mu Rwanda ugera ku 138.

Itangazo rya Minisiteri y’Ubuzima ryo kuri uyu wa Kane ryerekanye ko umubare w’abagaragayeho Coronavirus mu Rwanda umaze kugera ku 138 kuva umurwayi wa mbere abonetse mu gihugu ku wa 14 Werurwe 2020.

Rigira riti “Kugeza ubu abantu 60 bamaze gukira hakaba harimo batandatu bakize mu masaha 24 ashize. Ibi byatumye umubare w’abakirwaye Coronavirus ugera kuri 78.’’

Abantu babiri nibo basanganywe ubwandu bushya, aba barimo uwayanduriye mu Rwanda n’uheruka mu ngenzo zo hanze y’u Rwanda.

  • Umuntu umwe watahuwe ko yahuye n’undi urwaye Coronavirus mu Rwanda
  • Umuntu umwe uherutse kugirira ingendo mu mahanga

Minisante itangaza ko abo barwayi bahise bashyirwa mu kato ndetse hakomeje gushakishwa abantu bose bahuye na bo kugira ngo basuzumwe ndetse bitabweho n’inzego z’ubuzima.

Ikomeza ivuga ko “Umuntu wese uhisha cyangwa wanga gutanga amakuru arebana n’abahuye n’umurwayi wa Coronavirus cyangwa agahisha ibimenyetso aba ashyize ubuzima bwa benshi mu kaga kandi abihanirwa n’amategeko.’’

U Rwanda rumaze ukwezi n’iminsi ibiri rugaragayemo umurwayi wa mbere wa Coronavirus. Kuva ku wa 21 Werurwe 2020, hafashwe ingamba zirimo ifungwa ry’imipaka, gukorera mu rugo ku badafite ibikorwa byihutirwa n’ibindi mu gukumira ikwirakwira ry’iki cyorezo.

Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yayobowe na Perezida Paul Kagame ku wa 1 Mata 2020 yanzuye ko igihe cyo gufunga ibikorwa bitandukanye n’imipaka y’igihugu cyongerwaho iminsi 15 mu gukomeza kwirinda ikwirakwira rya Coronavirus kugeza ku wa 19 Mata 2020

Mu kiganiro yatanze kuri Televiziyo Rwanda, Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’Ubuzima Ushinzwe Serivisi z’Ubuvuzi, Dr Muvunyi Zuberi, yatangaje ko kuri uyu wa Kane abantu batandatu bakize, ku buryo abamaze gusezererwa bose ari 60.

Yakomeje ati “Muri abo 136 hakaba hamaze gukira 60, icyiza kirimo ni uko abo bose bari abantu batigeze bagaragaza ibimenyetso bikaze cyangwa se kuremba, bose bari abantu, yego bagaragaza ko banduye virusi ariko nta kindi kimenyetso kindi bafite keretse ubumenyetso buto cyane nk’ibicurane. Hari uwigeze kugira nk’umuriro, ariko bose mu by’ukuri nta n’umwe wigeze aremba.”

“Ibyo bikaba ari ibintu bituma banakira vuba, kuko iyo tumaze kubapima inshuro zisabwa, tubasha kubarekura bakajya iwabo.”

Ibimenyetso bya Coronavirus birimo kugira umuriro, ibicurane, umunaniro n’inkorora ijyana no kubabara mu mihogo, guhumeka nabi bishobora kugera aho bitera umusonga nawo ushobora kubyara urupfu. Ishobora kwandura binyuze mu kuramukanya cyangwa gukora ku kintu yaguyeho.

Abanyarwanda basabwa gukomeza kubahiriza amabwiriza arimo kuguma mu rugo, gusiga intambwe ndende hagati y’abantu, gukaraba intoki neza kandi kenshi, kwitabaza abajyanama b’ubuzima igihe ugaragaje ibimenyetso cyangwa ugahamagara ku 114.

Abantu babiri basanganywe Coronavirus mu Rwanda mu gihe umubare w’abayikize wiyongereyeho batandatu baba 60

2020-04-17
Editorial

IZINDI NKURU

Frank Habineza na we yemeye ibyavuye mu matora

Frank Habineza na we yemeye ibyavuye mu matora

Editorial 05 Aug 2017
Umunsi wa kane wa shampiyona y’u Rwanda irakomeza Sitade ya Rubavu yakira imikino,  APR FC irakira Rayon Sports

Umunsi wa kane wa shampiyona y’u Rwanda irakomeza Sitade ya Rubavu yakira imikino,  APR FC irakira Rayon Sports

Editorial 22 Nov 2021
Abafaransa niboneye n’amaso yange hariya iwacu iyo batahaba Inkotanyi ziba zarafashe igihugu mbere:Rucagu Boniface

Abafaransa niboneye n’amaso yange hariya iwacu iyo batahaba Inkotanyi ziba zarafashe igihugu mbere:Rucagu Boniface

Editorial 11 Apr 2018
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Sam KUTESA, yahawe inkwenene ubwo yahakanaga ibirego bishinja inzego z’umutekano muri icyo gihugu guhohotera inzirakarengane.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Sam KUTESA, yahawe inkwenene ubwo yahakanaga ibirego bishinja inzego z’umutekano muri icyo gihugu guhohotera inzirakarengane.

Editorial 15 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tanzaniya yanze inkunga ya Banki y’Isi
Mu Mahanga

Tanzaniya yanze inkunga ya Banki y’Isi

Editorial 04 Oct 2018
Minisitiri Busingye yafunguye ku mugaragaro inama y’Umushyikirano w’Abanyamakuru
Mu Mahanga

Minisitiri Busingye yafunguye ku mugaragaro inama y’Umushyikirano w’Abanyamakuru

Editorial 07 Nov 2016
RNC, irasaza imigeri muri Uganda n’ubwo hari amasezerano ya Luanda
INKURU NYAMUKURU

RNC, irasaza imigeri muri Uganda n’ubwo hari amasezerano ya Luanda

Editorial 21 Jan 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru