• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Constant Mutamba: Minisitiri w’Ubutabera wa Congo Usigaye Azwi kurusha Ibikorwa Bye Bibi Kurusha Byiza   |   29 May 2025

  • AMAFOTO: APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona 2024-2025, kiba igikombe cya 6 itwaye yikurikiranya   |   29 May 2025

  • “FDLR Yari Yaraduhinduye Ingabo Zibakingira Urupfu, Ariko Ubu Twagarutse Iwacu”: Abanyarwanda Batahutse Bagaragaje Ubunyamaswa Bwa FDLR   |   28 May 2025

  • Abarimo Kagere Medie bari ku rutonde Adel Amrouche yatangaje bazakina na Algérie mu mukino wa gicuti utegura imikino y’igikombe cy’isi 2026   |   28 May 2025

  • APR BBC na AL Ahli Tripoli niyo makipe yaboneye itike i Kigali yo gukina imikino ya nyuma ya BAL 2025 izabera muri Afurika y’Epfo   |   26 May 2025

  • Perezida Tshisekedi ahanganye n’ihuriro rikomeye: Katumbi na AFC/M23 bashyigikiye igaruka rya Kabila   |   26 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abanyarwanda 17,800 bashya bagiye guhabwa imiti igabanya ubukana bwa HIV-AIDS

Abanyarwanda 17,800 bashya bagiye guhabwa imiti igabanya ubukana bwa HIV-AIDS

Editorial 30 Jun 2016 Mu Mahanga

Kuri uyu wa kane, Minisiteri y’ubuzima yatangije gahunda nshya yise ‘Treat All’ igamije gutangira guha imiti igabanya ubukana Abanyarwanda 17,800 banduye ubwandu bw’agakoko gatera SIDA ariko bakaba bari bataremererwa gufata imiti kubera ko igihe cyari kitaragera.

Ikigereranyo cy’abantu bafite ubwandu bw’agakoko gatera SIDA mu Rwanda kigaragaza ko hari abagera ku bihumbi 210 kuva mu myaka 10 ishize.

Muri aba banduye, ibihumbi 162,486 bahabwaga imiti igabanya ubuka, abandi 17,800 bari bategereje ko abasirikare barinda umubiriwe bagabanuka ngo batangire guhabwa imiti igabanya ubuka adna.

Ugendeye kuri iyi mibare, hirya no hino mu Rwanda hari abantu barenga ibihumbi 30 banduye SIDA ariko batazi ko bayifite.

Gahunda y’Isi nshya yiswe ‘Treat All (bavure/biteho bose)’ igamije guha amahirwe abantu banduraga agakoko gatera SIDA, ariko ntibahite bagire amahirwe yo guhita bahabwa imiti igabanya ubukana mu gihe bamaze kwipimisha bagasanga baranduye. Kuvura abanduye ubwandu bw’agakoko gatera SIDA hakiri kare ngo bishobora kugabanya amahirwe yo gupfa ku kigero cya 53%.

DR Sabin Nsanzimana, umuyobozi w’ishami rishinzwe indwara ya SIDA n’izandurira mu mibonano mpuzabitsina muri Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) avuga ko ubusanzwe umuntu wanduye agakoko (virus) itera SIDA.

Ati “Iyo umuntu yanduraga bategerezaga ko abasirikare barinda umubiriwe bagabanuka bakagera kuri bakajya munsi ya 500, icyo gihe habaga hari n’ibyuririzi byatangiye kuza. Iyo gahunda ntabwo yafashaga abenshi, hari n’abashoboraga gupfa bataratangira imiti.”

Dr Nsanzima avuga ko umuntu wanduye ‘Virus’ iyo atari ku miti aba afite twa ‘virus’ Miliyari 10 ziba zigenda mu maraso ye, uretse kuba izo Virus ngo zangiza umubiri we, ngo n’iyo agize uwo ahura nawe bakaba bakora nk’imibonano mpuzabitsina idakingiye cyangwa amaraso ye akaba yahura n’ay’undi muntu, yanduza cyane kurusha umuntu uri ku miti.

Ati “Ubushakashatsi bugaragaza ko umuntu ufite ubwandu uri ku miti, hagabanukaho 96% kwanduza kurusha uteri ku miti. Guha abantu bose imiti biragabanya kwanduzanya, no guca bya byuririzi byahitanaha abantu.”

Uyu muyobozi ushinzwe indwara ya SIDA n’izandurira mu mibonano mpuzabitsina avuga ko hateguwe imiti y’abantu bose bafite agakoko gatera SIDA baba abana cyangwa abakuru.

Mu gutangiza gahunda ya ‘Treat All’, Minisitiri w’Ubuzima Dr Agnes Binagwaho yavuze ko nubwo bigiye kongera Miliyoni enye z’Amadolari ku ngengo yagenerwaga kurwanya SIDA, ndetse n’imiti ikaba ihenze, ngo iyi gahunda ifite inyungu mu buryo bw’igihe kirekire kuko bizagabanya ubwandu bw’agakoko gatera SIDA mu Rwanda, kandi bitumen Abanyarwanda banduye bakomeza gukorera igihugu cyabo.

Agasaba abanyarwanda nabo kwitwarararika bakirinda ubusambanyi budakingiye kuko kongera ubwandu bw’agakoko gatera SIDA birushaho kongerera umutwaro Leta.

Kuva kuri uyu wa gatanu, tariki 01 Nyakanga 2016, abantu bose bafite ubwandu bw’agakoko gatera SIDA ariko bari bateremererwa guhabwa imiti igabanya ubukana bashobora guhita bagana ibigo nderabuzima n’ibitaro bibemereye bagahabwa imiti.

Abaganga n’inzobere bo mu mavuriro 152 mu gihugu hose basanzwe batanga imiti igabanya ubuka, ngo barahuguwe kuva muri Gashyantare 2016, bakaba biteguye, ndetse n’imiti barayigejejweho.

Muneza Sylvie, umuyobozi mu Rugaga Nyarwanda rw’ababana n’ubwandu bw’agakoko gatera SIDA yashimiye Guverinoma kubw’iyi gahunda kuko ngo igiye kubafasha guhangana n’ubwandu.

-3116.jpg

Dr, Agnes Binagwaho

Kuva mu mwaka ishize, ubushakashatsi ngo bugaragaza ko mu Rwanda byibura buri mwaka abantu 3 ku 1000 bandura Virus Itera SIDA. Mu gihe buri mwaka hapfa abagera ku 1832.

Source: Umuseke.rw

2016-06-30
Editorial

IZINDI NKURU

Nyagatare: Umuntu yarakubiswe arapfa undi atemwa ugutwi gucikaho

Nyagatare: Umuntu yarakubiswe arapfa undi atemwa ugutwi gucikaho

Editorial 04 Jan 2016
Burundi: CNDD igiye guhagurukira Imbonerakure n’Abarwanashyaka bayiteza urubwa

Burundi: CNDD igiye guhagurukira Imbonerakure n’Abarwanashyaka bayiteza urubwa

Editorial 06 Oct 2018
Urubanza rwa Ntaganzwa wari Burugumesitiri muri Jenoside rwimuriwe muri Werurwe 2017

Urubanza rwa Ntaganzwa wari Burugumesitiri muri Jenoside rwimuriwe muri Werurwe 2017

Editorial 19 Dec 2016
Luxembourg: Ntwari yabonetse yapfuye nyuma y’iminsi icyenda aburiwe irengero

Luxembourg: Ntwari yabonetse yapfuye nyuma y’iminsi icyenda aburiwe irengero

Editorial 17 Jan 2019
Nyagatare: Umuntu yarakubiswe arapfa undi atemwa ugutwi gucikaho

Nyagatare: Umuntu yarakubiswe arapfa undi atemwa ugutwi gucikaho

Editorial 04 Jan 2016
Burundi: CNDD igiye guhagurukira Imbonerakure n’Abarwanashyaka bayiteza urubwa

Burundi: CNDD igiye guhagurukira Imbonerakure n’Abarwanashyaka bayiteza urubwa

Editorial 06 Oct 2018
Urubanza rwa Ntaganzwa wari Burugumesitiri muri Jenoside rwimuriwe muri Werurwe 2017

Urubanza rwa Ntaganzwa wari Burugumesitiri muri Jenoside rwimuriwe muri Werurwe 2017

Editorial 19 Dec 2016
Luxembourg: Ntwari yabonetse yapfuye nyuma y’iminsi icyenda aburiwe irengero

Luxembourg: Ntwari yabonetse yapfuye nyuma y’iminsi icyenda aburiwe irengero

Editorial 17 Jan 2019
Nyagatare: Umuntu yarakubiswe arapfa undi atemwa ugutwi gucikaho

Nyagatare: Umuntu yarakubiswe arapfa undi atemwa ugutwi gucikaho

Editorial 04 Jan 2016
Burundi: CNDD igiye guhagurukira Imbonerakure n’Abarwanashyaka bayiteza urubwa

Burundi: CNDD igiye guhagurukira Imbonerakure n’Abarwanashyaka bayiteza urubwa

Editorial 06 Oct 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru