• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Abaperezida 10 ba Afurika bagiye bishingikiriza imbaraga z’abapfumu zikabatenguha

Abaperezida 10 ba Afurika bagiye bishingikiriza imbaraga z’abapfumu zikabatenguha

Editorial 04 Jan 2018 HIRYA NO HINO

Bitewe n’ imyemerere yabo, abaperezida bayoboye ibihugu bya Afurika bagiye bavugwaho gukorana n’ abapfumu kugirango bagume ku butegetsi batinya guhirikwa ariko bikarangira badahiriwe.

Hamwe na hamwe muri Afurika hari baperezida bagiye bavugwaho kugira abajyanama b’ abapfumu, iyi myumvire rero ifitanye isano n’ umuco nyafurika wa kera aho wasangaga buri mwami akikijwe n’ abapfumu ndetse n’ abiru bamufashaga mu mihango yo kuyobora ndetse no gufata ibyemezo.

Muri aba baperezida 10 bavuzweho gukora n’ abapfumu , umwe niwe usigaye ku butegetsi kuko bamwe bagiye bapfa abandi bavanywa ku ngoma biciye mu buryo bunyuranye harimo n’ amatora.

10. Idriss Déby Itno (Tchad) : Amateka  avugwa kuri  uyu mugabo yemeza ko yari afite umupfumu (marabout) we ngo akaba ari nawe yamuburiye mbere ko azaba Perezida.

Ibi byagiye bitangazwa na mugenzi we babanye mu ishyamba, Gen. Gouara Lassou, agira ati “Njyewe na Idriss Déby twigeze kujyana kureba umupfumu atwizeza ko Debby agiye kuyobora Tchad bidatsinze ».

9.Blaise Compaoré (Burkina Faso) : Yagiye avugwaho kubonana n’ abapfumu benshi kandi baturuka mu bihugu binyuranye mbere y’ uko yirukanwa ku butegetsi.

Ibi byatangajwe cyane na Mustapha Chafi  wari usanzwe ari inshuti ya Compaore wanagize uruhare runini mu kurekuza abafatwaga bunyago n’ intagondwa za Al Aqmi) muri Sahel.

Mustapha Chafi ufite inkomoko muri Mauritania na Niger utuye i Ouagadougou muri  Burkina Faso) ni umuntu ukomeye cyane ku buryo nta wapfa kumukoraho ndetse akaba anavugwa gukorana cyane n’ abandi baperezida benshi bo muri Afurika y’ i Burengarazuba.

8.Boni Yayi (Bénin) : Uyu wavuzweho kuba umurokore ngo yagiye akorana n’ abapasiteri b’ abanyamerika bavugwaho kugira imbaraga z’ umwijima.

Ishusho y’ umucuruzi cyangwa umurokore ya Thomas Boni Yayi yagiye yibazwaho na benshi ku buryo byateraga amakenga.

Pasiteri Michel Aloko  yagiye agaragara cyane ku ruhande rwa Perezida Boni Yayi mu gihe yategekaga Benin.

7.François Bozizé (Centrafrique) : Uyu nawe yagaragazaga ko ari umukatolika wuzuye ariko ku rundi ruhande yemera imbaraga z’abakurambere.

Ibi byagaragaye cyane mu gihe politiki yamucangaga agatangira gushinga umutwe w’ abarwanyi wa Anti-balaka ufite imyemerera ya gipagani ariko witwaza ko ugengwa n’ imyemerere ya gikristu.

6.Mouammar Kadhafi (Libye) :  N’ubwo yari afite inshuti nke  mu Burayi ntabwo yemeraga ubupfumu bwabo ariko bucye bucye avugwaho gutangira kuyoboka ubupfumu bw’ abanyafurika kubera impungenge yaterwaga n’ abamuhigaga (abazungu).

Abakurikirana amateka ya Khadaffi bavuga ko bitangiye kumukomerana yashatse abapfumu bamukingira kutaraswa ubwo yajyaga kwihisha mu gace ka Syrte aho avuka.

5. Abdoulaye Wade (Sénégal) :  Inshuti ze zo mu myaka ya  1974 – 1980 , zaje kumugira inama yo kwirinda ibyabaye kuri mugenzi we wa Tunisia Zine el Abidine Ben Ali.

Icyo  gihe  Abdoulaye Wade  wayoborga  Sénégal yasubije ati «  Abo batekereza ko nshobora kwicwa  baribeshya kuko abapfumu banjye barakomeye cyane  ahubwo ni abagome bagenzwa n’ ishyari gusa».

Ikinyamakuru 7su7, Bwiza.com ikesha iyi nkuru, gitangaza ko Wade wari uzi ko azategeka kugeza apfuye yaje gutungurwa ku itariki  17 Werurwe  2012, ubwo yatsindwaga amatora aboneraho kwemera ko ububasha bw’ abaturage bwigaranzuye abapfumu be.

4.Omar Bongo Odimba (Gabon) : Uyu yavuzwe kuba umuyoboke wa  franc-maçon, yabyigiye mu gace ka  Angoulême ndetse bishoboka ko yabiraze umwana we Ali Bongo Odimba.

Umukambwe Bongo yari asanzwe agengwa n’ imyemerere y’ Imana nyafurika ndetse yari akikijwe n’ amatsinda y’ abapfumu kabuhariwe.

Kugeza apfuye, uwayobora imihango ya Vodou muri Benin ,Sossa Guèdèhounguè yatangaje akababaro gakomeye y’ uburyo bari babuze umuyoboke ukomeye.

3.Seyni Kountché (Niger) : Yari afite umupfumu wemewe witwaga Amadou Oumarou dit Bonkano  (umunyamahirwe) wavugwagaho gutera igihugu cya Niger amahirwe menshi.

Uyu mupfumu  wa Perezida wa Niger Seyni Kountché, Amadou  Oumarou yaje  yabanjije kuba umuboyi yaje gukira muri 1983 atangira kwifuza kuba perezida agerageza gukora Coup d’ Etat biramunanira bituma yigizwayo.

2. Gnassingbé Eyadema (Togo) : Uyu azwiho gukorana n’ amatsinda y’ abarozi b’ abazungu kuko yari asanzwe amanyereye amarozi y’ abanyafurika kandi yari yarayarenze na kure.

Mu bihe bya nyuma , kugeza muri 2005, Gnassingbé Eyadema yari afite umupfumu we w’ umufaransa,  Charles Debbasch.

1. Mathieu Kérékou (Bénin) :  Muri 1977, ubwo umucanshuro  Bob Denard yateraga Benin, Perezida Mathieu Kérékou yahise yiyambaza abapfumu kugirango arwanye igitero gikaze cyari cyibasiye ingabo ze.

Yayoboye iki gihugu imyaka myinshi cyane gusa na none kugirango atange imyanya runaka muri Guverinoma cyangwa mu bigo bikomakomeye yiyambazaga  abapfumu be.

Gusa byaje kumukomerana cyane muri  1980 ubwo abaturage bamurambirwaga bituma bigumura basaba Demokrasi icyo yashyizeho impapuro mpuzamahanga zita muri yombi umupfumu we Mohamed Cissé.

Muri icyo gihe, umupfumu Mohamed Cissé yafatiwe muri  Côte d’Ivoire, Perezida Félix-Houphouët-Boigny amusubiza muri Benin.

2018-01-04
Editorial

IZINDI NKURU

Ntagitanya abavandimwe : Kagame na Museveni bahuriye mu irahira rya Ramaphosa bicara ku ntebe zegeranye

Ntagitanya abavandimwe : Kagame na Museveni bahuriye mu irahira rya Ramaphosa bicara ku ntebe zegeranye

Editorial 26 May 2019
Tshisekedi yirashe amano yibwira ko agabye igitero ku Rwanda

Tshisekedi yirashe amano yibwira ko agabye igitero ku Rwanda

Editorial 05 Aug 2023
RDC: Abantu 10 Batwikiwe Mu Nzu Barakongoka Abandi 7 Baburirwa Irengero

RDC: Abantu 10 Batwikiwe Mu Nzu Barakongoka Abandi 7 Baburirwa Irengero

Editorial 09 Jul 2018
Dore ibimenyetso 9 simusiga byakwereka ko umukobwa mukundana aguca inyuma

Dore ibimenyetso 9 simusiga byakwereka ko umukobwa mukundana aguca inyuma

Editorial 05 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Wari uzi ko hari abaperezida bagenda mu ndege zihenze cyane kurusha Air Force One? Irebere uko bakurikirana
Mu Rwanda

Wari uzi ko hari abaperezida bagenda mu ndege zihenze cyane kurusha Air Force One? Irebere uko bakurikirana

Editorial 27 Oct 2017
Perezida Kagame yitabiriye imurikwa ry’ikiganiro agaragaramo atembera ibice nyaburanga by’u Rwanda (Amafoto)
ITOHOZA

Perezida Kagame yitabiriye imurikwa ry’ikiganiro agaragaramo atembera ibice nyaburanga by’u Rwanda (Amafoto)

Editorial 24 Apr 2018
Umwe mu bari bagiye gutorokesha Kizito Mihigo yakatiwe igifungo cy’imyaka itanu n’igice
Amakuru

Umwe mu bari bagiye gutorokesha Kizito Mihigo yakatiwe igifungo cy’imyaka itanu n’igice

Editorial 22 Oct 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru