• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abatavuga rumwe mu Burundi bazahurira Arusha muri iki cyumweru kandi icyizere kirahari

Abatavuga rumwe mu Burundi bazahurira Arusha muri iki cyumweru kandi icyizere kirahari

Ubwanditsi 14 Feb 2017 Mu Rwanda

Umuhuza w’Abarundi, Benjamin Mkapa, yatumije indi mishyikirano y’abatavuga rumwe mu bibazo byo mu Burundi kandi hari icyizere yuko ubwitabire buzaba bushimishije.

Iyo mishyikirano izabera Arusha kuva tariki 16 kugeza tariki 18 uku kwezi. Indi mihyikirano nk’iyo yabereye muri uwo mujyi uri muri uwo muiyi uri mu majyaruguru yaTanzania tariki 16 ukwezi gushize ariko ntiyitabirwa bishimishije n’umubare mu nini.

Impamvu imishyikirano yo mu kwezi gushize ititabiriwe bihagije n’uko umutwe ubumbiye hamwe amashyaka akomeye cyane muri opozisiyo y’u Burundi (CNARED) wari yararahiye yuko utazongera kwitabira ibiganiro bizaba byatumijwe na Mkapa ngo kuko bari batakimubona nk’umuhuza, ahubwo ari umuntu wa Petero Nkurunziza. Mu batu 24 Mkapa yari yatumije kuva muri CNARED, batandatu gusa nibo bitabiriye ubutumire bajya muri ibyo biganiro Arusha mu kwezi gushize.

Impamvu yatumye CNARED irahira yuko itakemera Mkapa nk’umuhuza n’uko mu ntangiriro z’Ukuboza umwaka ushize, uwo mugabo wigeze kuba umukuru w’igihugu cya Tanzania yavugiye ku mugaragaro ari mu Burundi yuko abatemera ko Nkurunziza ari Perezida w’u Burundi ari injiji ngo kuko yemewe n’amategeko w’icyo gihugu ngo akaba anemewe n’amahanga.

Abo muri opozisiyo bo bavuga yuko Nkurunziza ari ku butegetsi kijura ngo kuko yiyamamarije manda ya gatatu binyuaranije n’amategeko. CNARED mu ijwi ry’umuyobozi wayo, Jean Minani, ikavuga yuko Mkaka agomba gukurwa kuri iyo mirimo y’ubuhuza agasimbuzwa undi, bitari ibyo abagize CNARED bose ntibazongere kwitabira ibiganiro bitumijwe nawe. Uko niko ubutumire bwa Mkapa bwo mu kwezi gushize bwitabiriwe na mbarwa muri CNARED !

Amakuru dufite ariko n’uko CNARED yakomeje kotswa igitutu n’amahanga ngo ntikomeze kunangira yamga imishyikirano ngo n’uko ihagarariwe na Mkapa. No muri CNARED ubwayo hari ababonaga yuko kutitabira iyo mishyikirano ari ukwishyira habi muri politike, kuko urubuga bazaba baruhariye umwanzi ! Bikaba rero biteganyijwe yuko muri iyi mishyikirano izabera Arusha muri iki cyumweru CNARED izayitabira ku mubare munini.

Indi nzitizi yakuwe mu nzira, ikaba nayo igomba kuzongera umubare w’azajya bitabira ibyo biganiro bya Arusha bigamije kugarura amahoro mu Burundi ni ivanwaho ry’inzanduko puzamahanga zo guta muri yombi bamwe mu barwanya ubutegetsi mu Burundi.

-5734.jpg

Bujumbura yakomeje ivuga yuko izakomeza gushyikirana n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi ariko ngo itazashyikirana n’abakoze kudeta igapfuba muri Gicurasi 2015. Na none kubera igitutu cya EAC kimwe n’amahanga ubutegetsi bwa Nkurunziza bwemeye kuzajya bwitabira ibyo biganiro by’amahoro kabone n’aho abo bashinjwa kuba bari muri iyo kudeta yapfubye bazaba babirimo !

Muri Abo bashinjwa kuba baragize uruhare muri iyo kudeta harimo n’umuyobozi wa CNARED, Jean Minani !

Casmiry Kayumba

2017-02-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

INGABIRE VICTOIRE AKOMEJE KUBA UMUYOBORO UNYUZWAMO AMAFARANGA ATERA INKUNGA FDLR

INGABIRE VICTOIRE AKOMEJE KUBA UMUYOBORO UNYUZWAMO AMAFARANGA ATERA INKUNGA FDLR

Ubwanditsi 29 May 2025
Uganda: Abagore bakomeje kwicwa umusubizo n’abashaka kubaturaho ibitambo

Uganda: Abagore bakomeje kwicwa umusubizo n’abashaka kubaturaho ibitambo

Ubwanditsi 04 Sep 2017
Abarundi bavuga yuko umuyobozi wa CNDD-FDD yataye umutwe

Abarundi bavuga yuko umuyobozi wa CNDD-FDD yataye umutwe

Ubwanditsi 31 Mar 2016
Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League

Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League

RUSHYASHYA 21 May 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Brig Abel Kandiho yongeye gukora u Rwanda mu jisho
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Brig Abel Kandiho yongeye gukora u Rwanda mu jisho

Ubwanditsi 29 Mar 2018
30 Mata 1994, RTLM yatangaje ko Abatutsi bose bazaba bishwe mbere y’uko Perezida Habyarimana ashyingurwa
Mu Rwanda

30 Mata 1994, RTLM yatangaje ko Abatutsi bose bazaba bishwe mbere y’uko Perezida Habyarimana ashyingurwa

Ubwanditsi 30 Apr 2018
Rayon itsinzwe na APR FC 2-1 ariko itwara igikombe cy’Intwari
IMIKINO

Rayon itsinzwe na APR FC 2-1 ariko itwara igikombe cy’Intwari

Ubwanditsi 02 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru