• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abatavuga rumwe mu Burundi bazahurira Arusha muri iki cyumweru kandi icyizere kirahari

Abatavuga rumwe mu Burundi bazahurira Arusha muri iki cyumweru kandi icyizere kirahari

Ubwanditsi 14 Feb 2017 Mu Rwanda

Umuhuza w’Abarundi, Benjamin Mkapa, yatumije indi mishyikirano y’abatavuga rumwe mu bibazo byo mu Burundi kandi hari icyizere yuko ubwitabire buzaba bushimishije.

Iyo mishyikirano izabera Arusha kuva tariki 16 kugeza tariki 18 uku kwezi. Indi mihyikirano nk’iyo yabereye muri uwo mujyi uri muri uwo muiyi uri mu majyaruguru yaTanzania tariki 16 ukwezi gushize ariko ntiyitabirwa bishimishije n’umubare mu nini.

Impamvu imishyikirano yo mu kwezi gushize ititabiriwe bihagije n’uko umutwe ubumbiye hamwe amashyaka akomeye cyane muri opozisiyo y’u Burundi (CNARED) wari yararahiye yuko utazongera kwitabira ibiganiro bizaba byatumijwe na Mkapa ngo kuko bari batakimubona nk’umuhuza, ahubwo ari umuntu wa Petero Nkurunziza. Mu batu 24 Mkapa yari yatumije kuva muri CNARED, batandatu gusa nibo bitabiriye ubutumire bajya muri ibyo biganiro Arusha mu kwezi gushize.

Impamvu yatumye CNARED irahira yuko itakemera Mkapa nk’umuhuza n’uko mu ntangiriro z’Ukuboza umwaka ushize, uwo mugabo wigeze kuba umukuru w’igihugu cya Tanzania yavugiye ku mugaragaro ari mu Burundi yuko abatemera ko Nkurunziza ari Perezida w’u Burundi ari injiji ngo kuko yemewe n’amategeko w’icyo gihugu ngo akaba anemewe n’amahanga.

Abo muri opozisiyo bo bavuga yuko Nkurunziza ari ku butegetsi kijura ngo kuko yiyamamarije manda ya gatatu binyuaranije n’amategeko. CNARED mu ijwi ry’umuyobozi wayo, Jean Minani, ikavuga yuko Mkaka agomba gukurwa kuri iyo mirimo y’ubuhuza agasimbuzwa undi, bitari ibyo abagize CNARED bose ntibazongere kwitabira ibiganiro bitumijwe nawe. Uko niko ubutumire bwa Mkapa bwo mu kwezi gushize bwitabiriwe na mbarwa muri CNARED !

Amakuru dufite ariko n’uko CNARED yakomeje kotswa igitutu n’amahanga ngo ntikomeze kunangira yamga imishyikirano ngo n’uko ihagarariwe na Mkapa. No muri CNARED ubwayo hari ababonaga yuko kutitabira iyo mishyikirano ari ukwishyira habi muri politike, kuko urubuga bazaba baruhariye umwanzi ! Bikaba rero biteganyijwe yuko muri iyi mishyikirano izabera Arusha muri iki cyumweru CNARED izayitabira ku mubare munini.

Indi nzitizi yakuwe mu nzira, ikaba nayo igomba kuzongera umubare w’azajya bitabira ibyo biganiro bya Arusha bigamije kugarura amahoro mu Burundi ni ivanwaho ry’inzanduko puzamahanga zo guta muri yombi bamwe mu barwanya ubutegetsi mu Burundi.

-5734.jpg

Bujumbura yakomeje ivuga yuko izakomeza gushyikirana n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi ariko ngo itazashyikirana n’abakoze kudeta igapfuba muri Gicurasi 2015. Na none kubera igitutu cya EAC kimwe n’amahanga ubutegetsi bwa Nkurunziza bwemeye kuzajya bwitabira ibyo biganiro by’amahoro kabone n’aho abo bashinjwa kuba bari muri iyo kudeta yapfubye bazaba babirimo !

Muri Abo bashinjwa kuba baragize uruhare muri iyo kudeta harimo n’umuyobozi wa CNARED, Jean Minani !

Casmiry Kayumba

2017-02-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda Rwabwiye u Bubiligi ko Nta biganiro ku Rubanza Rwaciriwe Rusesabagina

U Rwanda Rwabwiye u Bubiligi ko Nta biganiro ku Rubanza Rwaciriwe Rusesabagina

Ubwanditsi 21 Sep 2021
Urusasu  ruravuza ubuhuha i Kinshasa nyuma yo kurangira kwa manda ya Kabila

Urusasu ruravuza ubuhuha i Kinshasa nyuma yo kurangira kwa manda ya Kabila

Ubwanditsi 20 Dec 2016
Minisitiri Musoni yatashye amazi n’amashanyarazi byatanzwe na Polisi y’u Rwanda

Minisitiri Musoni yatashye amazi n’amashanyarazi byatanzwe na Polisi y’u Rwanda

Ubwanditsi 23 May 2017
” Ushaka inshuti itazagutererana mu mahina, hitamo Paul Kagame, umunyabushishozi ntagereranywa”- Andrew Mwenda.

” Ushaka inshuti itazagutererana mu mahina, hitamo Paul Kagame, umunyabushishozi ntagereranywa”- Andrew Mwenda.

Ubwanditsi 12 Aug 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko Museveni yanyuranyije n’imvugo ze agaha rugari abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi
INKURU NYAMUKURU

Uko Museveni yanyuranyije n’imvugo ze agaha rugari abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 09 Apr 2019
Miss Uwase Ndahiro Liliane ashaka kwiyamamariza kuba umudepite mu Nteko Nshingamategeko y’u Rwanda
SHOWBIZ

Miss Uwase Ndahiro Liliane ashaka kwiyamamariza kuba umudepite mu Nteko Nshingamategeko y’u Rwanda

Ubwanditsi 04 Apr 2018
Umunya-Pologne Kasperkiewicz Przemyslaw ni we wegukanye agace Musanze-Nyamata
IMIKINO

Umunya-Pologne Kasperkiewicz Przemyslaw ni we wegukanye agace Musanze-Nyamata

Ubwanditsi 01 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru