• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Akanyamuneza , Amasengesho, Gusabana no kwidagadura mu gitaramo cya Noheri

Akanyamuneza , Amasengesho, Gusabana no kwidagadura mu gitaramo cya Noheri

Editorial 25 Dec 2017 Mu Rwanda

Ku mugoroba wo ku wa 24 Ukuboza hirya no hino abantu batangira gushyashyana, bitegura ibirori bya Noheri iba iri bube ku munsi ukurikira.

Mu gitaramo cyo kwitegura Noheri usanga bamwe bitabira insengero bajya gushima Imana, abandi bagataramira mu tubari dutandukanye bishimana na bagenzi babo.

Mu mugoroba nk’uyu kandi usanga ahenshi ababyeyi bafite ubushobozi baboneraho gusangiza abana babo Noheli babaha impano zitandukanye.

Abagiraneza ku munsi nk’uyu nabo baboneraho gusangira Noheri n’abana batishoboye biganjemo abo mu muhanda bakabereka urukundo, ndetse bakanabakangurira gusubira mu Miryango.

Icyarangaga ahantu hose wageraga ni imitako ndetse n’amatara ashashagirana mu mpande zose, agaragaza ibyishimo ndetse n’umunezero ri kuranga Abanyarwanda, muri iyi minsi mikuru barimo.

Dore mu mafoto uko hirya no hino mu gihugu umugoroba n’igitaramo cya Noheri byagenze .

Muhanga

Mudacyahwa Bertin uzwi nka Ras Bertin inshuti y’abana, yateguriye abana bo ku muhanda ibirori byo kwizihiza Noheli. Aba bana basaga 100, yabakanguriye kuva mu muhanda bamwizeza ko umwaka utaha bazagaruka mu birori nk’ibi bavuye mu miryango aho kuba ku muhanda.

Hirya no hino mu tubari two muri uyu Mujyi wa Muhanga naho hari ibirori.

Nyagatare

Nyagatare amaduka ntiyajyaga arenza saa moya agifunguye ariko mu ijoro rya Noheli yafunze ahagana mu ma saa sita. Gusenga ntibyitabiriwe nk’uko byari bisanzwe.

Eagle Vision Evangelical Mnistries abakirisitu bagaragaye ari bake ugereranyije n’imyaka ishize

Huye

Mu Mujyi wa Huye imitako ya Noheri yagaragaye ahantu hacye , cyane cyane kuri alimentation Huye Center Market yaraye ijoro ryose icruza, ariko ntibyabujije abifatira agatama kwinywera bishimiye Noheri.

Nzeyimana JMV yacuruje ageraho atanga n’impano ku bakiriya bamugannye

Ku rundi ruhande mu Rusengero rwa Ste Thérèse abakirisitu bishimiye Noheri Nyuma ya misa abana bahabwa Ibisuguti na Bombo

Kamonyi

NOheri yizihijwe cyane cyane n’abana bitabiriye urusengero bakigishwa ku myitwarire myiza ubundi bahabwa impano baranidagadura bifotoreza ku birugu nk’imitako yibutsa abana ivuka rya Yezu.

Rusizi

Muri Zion Temple Rusizi igitaramo cya Noheri cyari cyitabiriwe cyane n’abakirisitu bakubise bakuzura mu rusengero

Amaduka menshi yafunze hafi mu gitondo agikomeje gucuruza kuko abakiriya bayaganaga ku bwinshi

Musanze

kuri Stade Ubworoherane habereye ibirori byo gusangira Noheri hagati y’ Abayobozi b’Akarere ka Musanze n’abana baturuka mu miryango itishoboye bo mu Mirenge igize Akarere

Remera

Christus i Remera mu Karere ka Gasabo Chorale Christus Vincit yatanze Noheri imurika Albumu yayo ya mbere, yayimurikiye i Remera muri Cntre Christus

2017-12-25
Editorial

IZINDI NKURU

Gasabo: Abakorera ibikorwa byabo ahagenewe inganda bagejejweho ubutumwa bwo kwirinda inkongi z’umuriro

Gasabo: Abakorera ibikorwa byabo ahagenewe inganda bagejejweho ubutumwa bwo kwirinda inkongi z’umuriro

Editorial 06 Jun 2017
Icyamamare mu mibyinire  Sommizi Mhlongo aratwite nyuma yo kwibagisha inda ibyara

Icyamamare mu mibyinire Sommizi Mhlongo aratwite nyuma yo kwibagisha inda ibyara

Editorial 17 Feb 2017
Intore izirusha intambwe ‘ Kagame  Paul’  yatanze Kandidatire  muri Komisiyo y’Amatora

Intore izirusha intambwe ‘ Kagame Paul’ yatanze Kandidatire muri Komisiyo y’Amatora

Editorial 22 Jun 2017
Amafoto – Kwerekanwa kw’abakinnyi bahabwa nimero nshya, umukino wa Gicuti na Kiyovu SC, kuririmba kw’abahanzi no kwakira abafana kuri Sitade mu byaranze Rayon Sports Day

Amafoto – Kwerekanwa kw’abakinnyi bahabwa nimero nshya, umukino wa Gicuti na Kiyovu SC, kuririmba kw’abahanzi no kwakira abafana kuri Sitade mu byaranze Rayon Sports Day

Editorial 25 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ban Ki Moon yasabye amahanga gukura isomo ku mateka y’u Rwanda
POLITIKI

Ban Ki Moon yasabye amahanga gukura isomo ku mateka y’u Rwanda

Editorial 14 Apr 2016
Abatwara abagenzi basabwe gushishoza ngo badatwara ibintu bitemewe n’amategeko
Mu Mahanga

Abatwara abagenzi basabwe gushishoza ngo badatwara ibintu bitemewe n’amategeko

Editorial 28 Jun 2016
Perezida Kagame yagaragaje ko ikoranabuhanga ari ingenzi mu kwihutisha iterambere ry’imijyi n’abayituye
IKORANABUHANGA

Perezida Kagame yagaragaje ko ikoranabuhanga ari ingenzi mu kwihutisha iterambere ry’imijyi n’abayituye

Editorial 30 Oct 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru