• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»U Budage bwashyikirije u Rwanda Twagiramungu ukekwaho Jenoside

U Budage bwashyikirije u Rwanda Twagiramungu ukekwaho Jenoside

Ubwanditsi 20 Aug 2017 Mu Rwanda

Ku gicamunsi cyo kuwa gatanu tariki ya 18 Kanama, ubutabera bw’u Budage bwagejeje mu Rwanda Twagiramungu Jean washakishwaga n’ubutabera bw’u Rwanda kubera ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu zahoze ari komini Rukondo na Karama mu cyahoze ari Perefegitura ya Gikongoro akekwaho.

Umuyobozi wa Polisi mpuzamahanga – ishami ry’u Rwanda ACP Peter Karake wari uri ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe, yashimye imikoranire myiza iri hagati ya Polisi mpuzamahanga z’ibihugu bitandukanye aho yavuze ati:”Turanashimira Polisi mpuzamahanga ya Wiesbaden mu Budage, n’iya Addis Ababa muri Ethiopia, kubera ubufasha batanze ngo Twagiramungu yoherezwe mu Rwanda.”

Yakomeje avuga ati:”N’abandi bakekwaho Jenoside bakidegembya mu bihugu bitandukanye bamenye ko igihe cyabo kizagera bagafatwa.”

Umuvugizi w’urwego rw’ubushinjacyaha bw’u Rwanda Nkusi Faustin, yavuze ko Twagiramungu akekwaho ibyaha bibiri: icyaha cya Jenoside, n’icyaha cyo kurimbura imbaga.

Yavuze kandi ko ubutabera bw’u Rwanda bwari bwaroherereje inyandiko zo kumuta muri yombi ubw’u Budage mu mwaka wa 2015, akabanza kuburanira mu Budage ku kuba yaburanishirizwayo cyangwa koherezwa kuburanira mu Rwanda, inkiko zo mu Budage zigafata umwanzuro wo kumwohereza mu Rwanda.

Nkusi yashimiye ubutabera bw’u Budage avuga ati:”Kohereza Twagiramungu kuburanira mu Rwanda biradushimishije, tukaba dushimira imikoranire myiza iri hagati y’ubutabera bw’u Rwanda n’ubw’u Budage.”

Yanashimiye ibindi bihugu byakomeje gufasha ubutabera bw’u Rwanda kugirango abakekwaho ibyaha bya Jenoside n’ibyibasiye inyoko muntu bashyikirizwe ubutabera, anasaba ibindi bihugu bigicumbikiye abakekwaho Jenoside kubashyikiriza ubutabera, bikabohereza mu Rwanda bakaburanishwa cyangwa nabyo ubwabyo bikababuranisha.

Twagiramungu Jean yavutse mu mwaka wa 1973, avukira mu kagari ka Ngara, icyahoze ari Segiteri ya Mbazi Komini Rukondo Perefegitura ya Gikongoro, ubu ni mu murenge wa Mbazi Akarere ka Nyamagabe Intara y’Amajyepfo.

Mu gihe cya Jenoside Twagiramungu yari umwarimu mu ishuri ryisumbuye ry’ubuhinzi n’ubworozi rya Kaduha mu cyahoze ari Segiteri Kaduha Komini ya Kirambo, Perefegitura ya Gikongoro, ubu ni mu karere ka Nyamagabe Intara y’Amajyepfo.

-7666.jpg

Twagiramungu Jean

Twagiramungu niwe wa mbere ukekwaho ibyaha bya Jenoside yakorewe abatutsi woherejwe mu Rwanda aturutse mu Budage, ariko mu mwaka wa 2014 u Budage bwakatiye Rwabukombe Onesphore wayoboraga Komini ya Muvumba mu cyahoze ari Perefegitura ya Byumba mu gihe cya Jenoside igihano cy’imyaka 14 y’igifungo kubera kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.

Kugeza ubu u Rwanda rwasohoye impapuro 845 zo guta muri yombi abakekwaho ibyaha bya Jenoside n’ibyibasiye inyoko muntu, ariko 17 nibo bamaze koherezwa mu Rwanda bavuye mu bihugu bitandukanye.

Source : RNP

2017-08-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

REG Women Basketball Club yasinyishije abakinnyi batatu barimo Feza Ebengo wakiniraga ikipe ya The Hoops Rwanda

REG Women Basketball Club yasinyishije abakinnyi batatu barimo Feza Ebengo wakiniraga ikipe ya The Hoops Rwanda

Ubwanditsi 16 Dec 2021
Kamonyi: Perezida wa Njyanama n’Umwungirije beguye

Kamonyi: Perezida wa Njyanama n’Umwungirije beguye

Ubwanditsi 12 Sep 2018
Doing Business 2018: U Rwanda rwanikiye ibihugu bya Afurika mu gukora amavugurura yoroshya ishoramari

Doing Business 2018: U Rwanda rwanikiye ibihugu bya Afurika mu gukora amavugurura yoroshya ishoramari

Ubwanditsi 01 Nov 2017
Ibikorwa by’Icyumweru cya Polisi : Hatangijwe icyumweru cyo kurwanya ruswa

Ibikorwa by’Icyumweru cya Polisi : Hatangijwe icyumweru cyo kurwanya ruswa

Ubwanditsi 31 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Imiryango itegamiye kuri Leta irasaba AU kwinjira mu kibazo cy’u Burundi amazi atararenga inkombe
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Imiryango itegamiye kuri Leta irasaba AU kwinjira mu kibazo cy’u Burundi amazi atararenga inkombe

Ubwanditsi 06 Apr 2018
Papa Francis yirukanye burundu Ruharwa Wenceslas Munyeshya mu basaserdoti ba Kiliziya Gatolika.
Amakuru

Papa Francis yirukanye burundu Ruharwa Wenceslas Munyeshya mu basaserdoti ba Kiliziya Gatolika.

Ubwanditsi 03 May 2023
Inzozi za Tshisekedi zo gukuraho Perezida Kagame zizamusiga amahoro?
Amakuru

Inzozi za Tshisekedi zo gukuraho Perezida Kagame zizamusiga amahoro?

Ubwanditsi 04 Jul 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru