• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Amarira y’ingona ya Protais Zigiranyirazo abajijwe ifatwa, ifungwa n’iyicwa ry’abanyapolitiki b’i Gitarama igihe Habyarimana yafataga ubutegetsi

Amarira y’ingona ya Protais Zigiranyirazo abajijwe ifatwa, ifungwa n’iyicwa ry’abanyapolitiki b’i Gitarama igihe Habyarimana yafataga ubutegetsi

Editorial 18 Aug 2020 INKURU NYAMUKURU

Mu kiganiro na Radiyo Ijwi ry’Amerika, abishe umusubirizo abanyapolitiki bakomokaga mu nduga, cyane cyane mu yahoze ari Perefegitura ya Gitarama, tariki ya 5 Nyakanga 1973, igihe Habyarimana yakoraga Coup d’Etat, bumvikanye ku ijwi ry’Amerika mu kiganiro cyateguwe na Venuste Nshimiyimana bavuga ko bababajwe n’urupfu rwabo b’abanyapolitiki ariko bongeraho amagambo ashinyagura; abo ni Protais Zigiranyirazo muramu wa Habyarimana, Col Simba na Col Serubuga. Turaza kugaruka ku byatangajwe cyane na Protais Zigiranyirazo, wari Perefe wa Ruhengeri ubwo ibi byabaga ndetse akaba yarafatwaga nkaho ari Perezida wa Ruhengeri aho kuba Perefe, kuko ntawundi wamuhaga amabwiriza yakoraga icyo ashaka nk’uwagabiwe na muramu we koko.
Venuste Nshimiyimana yabajije Protais Zigiranyirazo niba mu myaka 47 ishize atumvako abana b’abanyepolitiki badakeneye kumenya ibyabaye ku babyeyi babo, maze Zigiranyirazo abunza imitima abura icyo avuga agira ati “Birababaje kuba abana batazi aho ababyeyi babo bahambwe biteye agahinda abahazi bashobora kuhamenya ni ugushakira nyine mubabikoraga babicaga bajyaga kubahamba……birababaje uburyo bwose bushobora gukoreshwa kugira ngo umuntu ashobore kubona abo mu miryango yabo bashobore kuba babaririra kuba babashyingura niba bishoboka ku buryo uwo ari we wese ku muntu wo mu muryango we icyo bashobora gukorerwa bagikorerwa”

Kuri Zigiranyirazo, abanyapolitiki b’abahanga ndetse n’abacuruzi igihugu cyari gifite, barenga 200, bagomba kubazwa ababashyinguye; ibi Zigiranyirazo yabivugaga kandi mu gihe yatagatifuje Habyarimana ku mugaragaro, maze urupfu rwabo bose arwegeka kuri Theoneste Lizinde. Twibukiranye ko Lizinde yafashwe agafungwa azira gutegura Coup d’Etat, nyamara yajya kuburanishwa akabazwa ibijyanye n’urupfu rw’abanyapolitiki b’I Gitarama. Lizinde nawe ngo ntiyaripfanye bamugejeje mu rukiko asaba ko Habyarimana na Zigiranyirazo batumizwa muri urwo rubanza kuko nibo bari ku isonga mu rupfu rwabo banyapolitiki.
Kuri Zigiranyirazo, Habyarimana yari umwere kuko ngo abamuvuga ni ugushaka kwangiza isura ye. Mu magambo ye, Zigiranyirazo yumvikanishaga urwango rudasanzwe cyane cyane hagati y’ikibazo cy’abakiga n’abanyenduga kuko kuri we Habyarimana yitoraguriye igihugu ntabwo yakoze Coup d’Etat.
Ntawe utazi uburyo Habyarimana yakindaguye uwari wese wari uzi gusoma no kwandika uvuka I Gitarama, ariko Zigiranyirazo akavuga ati “Umva Habyarimana ntabwo yigeze yanga abanyagitarama pas du tout …” Mu gihe bavuga abanyapolitiki bishwe muri 1973, twibutse ko Abatutsi bo bishwe ku bwinshi ari abaturage basanzwe kandi nta politiki bakoraga, bazize uko bavutse.
Muri icyo kiganiro habaye kutumvikana kw’impande zombi, aho Col Ndengeyinka ashinja Habyarimana gukora Coup d’Etat, harimo gusimbuza abasirikari bose b’abanyenduga babasimbuza abasirikari b’abakiga. Ikindi bivugwa ko umunsi Coup d’Etat yabaye, Perezida Kayibanda yatumije Habyarimana wari Minisitiri w’Ingabo undi aramusuzugura ntiyamwitaba. Bivugwa ko Kayibanda yapfuye, yishwe urwagashinyaguro, kuko yafungiwe no mu Ruhengeli umugore we akajya amusura agenda n’amaguru bityo Veridiyana Mukagatare, apfa mbere y’umugabo we yishwe n’agahinda. Kayibanda we yapfuye muri 1976, nyuma yo gusurwa na Elie Sagatwa, muramu wa Habyarimana.
Albert Bizindoli, uhagarariye abakomoka ku banyapolitiki bishwe na Habyarimana yavuze ko bishimiye intambwe yo kuvuga ababyeyi babo nyuma y’imyaka 47. Yanagarutse ku buryo umubyeyi we Ludoviko Bizindoli, wayoboraga ikigo gishinzwe ubucuruzi (ENACO) yatwawe agafungirwa ku Gisenyi nyuma bumva ko yapfuye.
Kuri Simba, Zigiranyirazo na Serubuga, abanyapolitiki bishwe babazwa Lizinde na Kavaruganda. Bikaba bibabaje cyane. Naho Col Ndengeyinka n’abandi bagashinja Habyarimana n’akazu ke.

2020-08-18
Editorial

IZINDI NKURU

Imigambi ya Museveni yo gushaka kuyobora u Rwanda, ikibazo ku mudendezo w’akarere

Imigambi ya Museveni yo gushaka kuyobora u Rwanda, ikibazo ku mudendezo w’akarere

Editorial 17 Jun 2019
Mu gitabo ‘Rwanda Demain’, Kimonyo ashimangira ubuhangange bwa Perezida Kagame

Mu gitabo ‘Rwanda Demain’, Kimonyo ashimangira ubuhangange bwa Perezida Kagame

Editorial 18 Nov 2017
Burundi : Gerenade yatewe mu kabari k’urwagwa ikomeretsa abantu 11

Burundi : Gerenade yatewe mu kabari k’urwagwa ikomeretsa abantu 11

Editorial 12 Feb 2018
Tanzania yirukanye abimukira barimo Abanyarwanda

Tanzania yirukanye abimukira barimo Abanyarwanda

Editorial 10 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Byiringiro Lague wakiniraga APR FC yerekeje mu Busuwisi gutangira akazi, Manzi Thierry nawe aritegura kwerekeza muri Georgia mu ikipe ya FC Dila Gori
Amakuru

Byiringiro Lague wakiniraga APR FC yerekeje mu Busuwisi gutangira akazi, Manzi Thierry nawe aritegura kwerekeza muri Georgia mu ikipe ya FC Dila Gori

Editorial 09 Jul 2021
Perezida Museveni arashinjwa gutunganya Zahabu yambuwe Abayahudi mbere y’uko bicwa muri Jenoside yabakorewe
INKURU NYAMUKURU

Perezida Museveni arashinjwa gutunganya Zahabu yambuwe Abayahudi mbere y’uko bicwa muri Jenoside yabakorewe

Editorial 26 Jun 2019
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Editorial 04 May 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru