• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Amerika yasobanuye byimbitse uko igitero cyahitanye umuyobozi wa ISIS cyagenze

Amerika yasobanuye byimbitse uko igitero cyahitanye umuyobozi wa ISIS cyagenze

Editorial 31 Oct 2019 Mu Mahanga, POLITIKI

Igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika bwa mbere cyasohoye amashusho agaragaza imigendekere y’igitero cyahitanye Umuyobozi mukuru w’Umutwe w’Iterabwoba wiyise Leta ya Kiyisilamu (ISIS).

Abu Bakr al Baghdadi yishwe n’Ingabo zidasanzwe za Amerika muri Syria, zimwicira aho yari amaze iminsi yihishe.

Amashusho yasohowe yerekana abasirikare ba Amerika bafata intwaro nto ubwo bari mu ndege zitegura kugwa hasi hafi y’aho uwo muyobozi yabaga.

Ni igitero cyamaze amasaha abiri. Mu gihe abasirikare ba Amerika bari bagose agace Baghdadi yari aherereyemo, niko indege z’intambara za Amerika zo mu bwoko bwa US F-15 zamishaga ibisasu ku gace umuyobozi wa ISIS yari arimo.

Umugaba w’Ingabo za Amerika zidasanzwe, Gen Frank MacKenzie, yatangaje ko ibizamini by’isanomuzi (ADN) byafashwe byemeza ko Baghdadi yapfuye.

Yavuze ko ibyo bizamini babifashe bakoresheje kubigereranya n’ibyo bakuye mu nkambi ya Bucca muri Iraq, aho Baghdadi yabaga.

Perezida Donald Trump aherutse kuvuga ko Baghdadi yapfuye ari kuboroga, ariko MacKenzie kuri uyu wa Kane yabwiye abanyamakuru ko atabizi neza niba koko yarapfuye arira.

MacKenzie yavuze ko babonye Baghdadi n’abana be babiri binjira mu mwobo bakambakamba, bagezemo barituritsa mu gihe abandi bambari be basigaye hanze y’umwobo barebera.

Yanavuze ko bishoboka ko Baghdadi yarashwe n’ingabo za Amerika ubwo yari muri uwo mwobo kuko ubwo yinjiraga bamurasagaho.

Nubwo mbere hari hatangajwe ko Baghdadi yapfanye n’abana be batatu, MacKenzie yavuze ko bari abana babiri bari munsi y’imyaka 12.

Baghdadi yishwe mu minsi mike Amerika ivanye ingabo zayo muri Syria. MacKenzie yavuze ko ingabo zishe umuyobozi wa ISIS zo zagumye muri icyo gihugu kandi ngo kuba barabanje kuvana ingabo zabo muri icyo gihugu mbere y’igitero, ntaho bihuriye kuko cyagabwe bamaze kubona amakuru yose afatika kuho Baghdadi yari aherereye.

Yavuze ko inyeshyamba z’Aba-Kurde zo muri Sryia zizwi nka Syrian Democratic Forces zabafashije muri icyo gitero kuko zabahaye amakuru y’ingenzi yabagejeje ku kwica Baghdadi.

MacKenzie yavuze ko ubwo bageraga aho Baghdadi yari aherereye, barashweho n’izindi nyeshyamba zibarizwa muri ako gace na bo bakazirasaho bakicamo iziri hagati ya 10 na 15. Izo nyeshyamba yavuze ko ntaho zihuriye na ISIS ahubwo ngo agace uwo muyobozi yiciwemo kabarizwamo inyeshyamba nyinshi.

Mbere yo guturitsa aho Baghdadi yabaga, Ingabo za Amerika zabanje gutwara inyandiko n’ibikoresho by’ikoranabuhanga zahasanze. MacKenzie yavuze ko baturikije aho hantu ngo hatazongera kuba ubwihisho bw’abagizi ba nabi nkuko CNN yabitangaje.

Urupfu rwa Baghdadi rwashyize iherezo ku myaka Amerika yari imaze imuhiga nk’umwe mu baterabwoba bakomeye ku Isi.

Ni we muntu ukomeye cyane ufatwa nk’umuterabwoba upfuye nyuma ya Osama Bin Laden wayoboraga Al Qaeda akaza kwicwa n’Ingabo za Amerika mu 2011.

Iyi shusho yafashwe ni imwe mu zerekana uburyo igitero cyahitanye Baghdadi cyagenze
Src: Igihe

2019-10-31
Editorial

IZINDI NKURU

Moïse Katumbi yatangaje ko mu kwezi gutaha azasubira muri Congo

Moïse Katumbi yatangaje ko mu kwezi gutaha azasubira muri Congo

Editorial 26 Jun 2018
Ibisa birasabirana:Urupfu rw’umugome Tewonesiti Bagosora rwatamaje n’ababeshyaga ko bababajwe na Jenoside yakorewe Abatutsi

Ibisa birasabirana:Urupfu rw’umugome Tewonesiti Bagosora rwatamaje n’ababeshyaga ko bababajwe na Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 26 Sep 2021
Huye :   Alexandre Kayiranga  yaguye  mu mpanuka ikomeye

Huye : Alexandre Kayiranga yaguye mu mpanuka ikomeye

Editorial 04 Aug 2016
Nyuma y’imyaka 27,  amahanga ntaraha agaciro nyako  Jenoside yakorewe Abatutsi. Niba yarananiwe kuyikumira no kuyihagarika, kuki nibura adashyikiriza ubutabera abayigizemo uruhare? Ibi ni akagambane gakomeje.

Nyuma y’imyaka 27,  amahanga ntaraha agaciro nyako  Jenoside yakorewe Abatutsi. Niba yarananiwe kuyikumira no kuyihagarika, kuki nibura adashyikiriza ubutabera abayigizemo uruhare? Ibi ni akagambane gakomeje.

Editorial 29 Mar 2021
Moïse Katumbi yatangaje ko mu kwezi gutaha azasubira muri Congo

Moïse Katumbi yatangaje ko mu kwezi gutaha azasubira muri Congo

Editorial 26 Jun 2018
Ibisa birasabirana:Urupfu rw’umugome Tewonesiti Bagosora rwatamaje n’ababeshyaga ko bababajwe na Jenoside yakorewe Abatutsi

Ibisa birasabirana:Urupfu rw’umugome Tewonesiti Bagosora rwatamaje n’ababeshyaga ko bababajwe na Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 26 Sep 2021
Huye :   Alexandre Kayiranga  yaguye  mu mpanuka ikomeye

Huye : Alexandre Kayiranga yaguye mu mpanuka ikomeye

Editorial 04 Aug 2016
Nyuma y’imyaka 27,  amahanga ntaraha agaciro nyako  Jenoside yakorewe Abatutsi. Niba yarananiwe kuyikumira no kuyihagarika, kuki nibura adashyikiriza ubutabera abayigizemo uruhare? Ibi ni akagambane gakomeje.

Nyuma y’imyaka 27,  amahanga ntaraha agaciro nyako  Jenoside yakorewe Abatutsi. Niba yarananiwe kuyikumira no kuyihagarika, kuki nibura adashyikiriza ubutabera abayigizemo uruhare? Ibi ni akagambane gakomeje.

Editorial 29 Mar 2021
Moïse Katumbi yatangaje ko mu kwezi gutaha azasubira muri Congo

Moïse Katumbi yatangaje ko mu kwezi gutaha azasubira muri Congo

Editorial 26 Jun 2018
Ibisa birasabirana:Urupfu rw’umugome Tewonesiti Bagosora rwatamaje n’ababeshyaga ko bababajwe na Jenoside yakorewe Abatutsi

Ibisa birasabirana:Urupfu rw’umugome Tewonesiti Bagosora rwatamaje n’ababeshyaga ko bababajwe na Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 26 Sep 2021
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru