• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ban Ki-Moon yiyamye leta n’abatavuga rumwe nayo muri Gabon

Ban Ki-Moon yiyamye leta n’abatavuga rumwe nayo muri Gabon

Editorial 05 Sep 2016 Mu Rwanda

Igihugu cya Gabon ubu kiri mu mwiryane watewe n’ibyavuye mu itangazwa ry’amajwi yo mu byavuye mu matora ya Perezida wa Repubulika mu cyumweru gishize.

Nk’uko komisiyo y’amatora muri icyo gihugu yabitangaje kuwa gatatu w’igishize, mu bakandida 10 bahataniraga umwanya wa Perezida wa Repubulika uwegukanye amajwi menshi ni Perezida wari usanzwe ku butegetsi Ali Bongo, bikagaragara yuko yatsinze uwo bari bahanganye hafi, Jean Ping w’ishyaka Democratic Nouvelle, ku majwi ibihumbi 5000 gusa. Komisiyo y’amatora igaragaza yuko Bongo yabonye amajwi angana na 49.8 %, naho Ping abona angana na 48.2 %.

Komisiyo y’amatora imaze gutangaza yuko Ali Bongo yatsinze amatora, abayoboke ba Ping babyamaganiye kure akavuyo n’isahura biratangira. Habanje gutwikwa inyubako inteko nshingamategeko ikoreramo nyuma haza no gutwikwa inyubako bituranye ndtse n’ahandi mu murwa mukuru, Libreville.

-128.png

Ali Bongo watowe n’amajwi 49.8 %

Ababikurikirana bavuga yuko abashinzwe umutekano bamaze kwica abantu bakabakaba 30 n’abandi benshi cyane bakaba bamaze gutabwa muri yombi. Minisitiri w’umutekano muri icyo gihugu, Pacome Moubelet Boubeya, ariko we akabwira itangazamakuru yuko abaguye muri ubwo bushyamirane ari batatu gusa naho abatawe muri yombi bakaba 1000.

Uyu munsi umunyamabanga mukuru wa LONI, Ban Ki-Moon yasohoye itangazo ryiyama ubutegetsi muri Gabon n’abatavuga rumwe nabwo yuko umuryango ayoboye ukomejwe guterwa impungenge n’umwuka mubi ukomeje kwigaragaza muri Gabon, agasaba buri ruhande gushyiramo akarwo ngo ubwicanyi n’urundi rugomo bihagarare.

-3959.jpg

Jean Ping watowe n’amajwi 48.2 %.

Moon yasabye leta kudakoresha imbaraga ifite guhohotera abatavuga rumwe nayo, anasaba abo batavuga rumwe nayo kuvuga mu ijwi riranguruye babwira abayoboke babo yuko batari kumwe nabo mu imvururu bateza. Uwo munyamabanga mukuru wa LONI anaha amabwiriza intumwa ye muri Afurika yo hagati, Abdoulaye Bathily, gukurikiranira hafi ibibera muri Gabon kugira ngo umwuka mubi uhoshwe.

Perezida Ali Bongo ni umuhungu wa Omar Bongo wabaye Perezida wa Gabon kuva icyo gihugu cyabona ubwigenge mu 1968. Omar Bongo yamaze imyaka 42 ku butegetsi, abukurwaho n’urupfu muri 2009 aho yasimbuwe n’umuhungu we, Ali Bongo ubu ugiye gutegeka indi manda y’imyaka irindwi.

-3958.jpg

Umunyamabanga mukuru wa LONI Ban Ki-Moon

Jean Ping yari umutoni cyane wo muri famiye ya Omar Bongo akaba yarakomeje kumuba hafi nka minisitiri w’ububanyi n’amahanga. Pinga yanabyaranye abana babiri na mushiki wa Ali Bongo ariko ubu intwaro ye nini ikaba ari ukwamagana ubutegetsi bwa famiye Bongo agereranya n’ubwa cyami !

Kayumba Casmiry

2016-09-05
Editorial

IZINDI NKURU

Asaga Miliyoni 73 niyo yavuye mu matike yaguzwe mu gitaramo cya Israel Mbonyi cyubatse andi mateka

Asaga Miliyoni 73 niyo yavuye mu matike yaguzwe mu gitaramo cya Israel Mbonyi cyubatse andi mateka

Editorial 26 Dec 2024
Nyamagabe:abayobozi b’amadini n’amatorero barasabwa kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana n’abagore

Nyamagabe:abayobozi b’amadini n’amatorero barasabwa kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana n’abagore

Editorial 07 Jun 2021
Moto ya 3 muri Poromosiyo ya Tunga na Airtel yegukanywe na Munyabugingo Dieudonne.

Moto ya 3 muri Poromosiyo ya Tunga na Airtel yegukanywe na Munyabugingo Dieudonne.

Editorial 05 Oct 2017
Gusebanya byakuwe mu mushinga w’itegeko rigena ibyaha n’ibihano

Gusebanya byakuwe mu mushinga w’itegeko rigena ibyaha n’ibihano

Editorial 28 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwifatanyije na Afurika mu kwizihiza umunsi wo kwibohora kwayo
Mu Rwanda

U Rwanda rwifatanyije na Afurika mu kwizihiza umunsi wo kwibohora kwayo

Editorial 26 May 2017
Canada yirukanye ambasaderi wa Venezuela ku butaka bwayo yihimura
POLITIKI

Canada yirukanye ambasaderi wa Venezuela ku butaka bwayo yihimura

Editorial 27 Dec 2017
Masudi yananiwe kwikura imbere ya Rayon Sports, AS Kigali ye itsindwa 1-0
IMIKINO

Masudi yananiwe kwikura imbere ya Rayon Sports, AS Kigali ye itsindwa 1-0

Editorial 10 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru