• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Shema Ngoga Fabrice uyobora FERWAFA, yashyizwe mu kanama ka FIFA gashinzwe kurwanya irondaruhu n’ivangura   |   08 Oct 2025

  • Nyuma y’imyaka 8 akinira APR WVC, Dusabe Flavia yerekeje muri Police Women Volleyball Club   |   05 Oct 2025

  • Imanishimwe Emmanuel “Mangwende” ukinira AEL Limasol muri Cyprus yongewe mu bakinnyi b’Amavubi bitegura Benin na SouthAfrica   |   04 Oct 2025

  • Police FC yatsinze Rayon Sports mu mukino w’ikirarane, Gikundiro yuzuza imikino 3 idatsinda   |   02 Oct 2025

  • REG BBC na Tigers BBC zageze ku mukino wa nyuma wa Rwanda Cup zisezereye APR BBC na Kepler BBC   |   02 Oct 2025

  • FERWAFA yatangaje urutonde rw’abaninnyi b’Amavubi bitegura gukina na Benin na Afurika y’Epfo hashakwa itike y’igikombe cy’Isi 2026   |   01 Oct 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Bimwe mu bimenyetso birakomeza gushimangira ko kugereka urupfu rwa Yuvenali Habyarimana kuri FPR-Inkotanyi ari ukuyobya uburari.

Bimwe mu bimenyetso birakomeza gushimangira ko kugereka urupfu rwa Yuvenali Habyarimana kuri FPR-Inkotanyi ari ukuyobya uburari.

Editorial 21 Apr 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Mahanga

Mu bihe nk’ibi turimo byo kwibuka abacu bazize Jenoside yakorewe abatutsi, ihanurwa ry’indege yari itwaye Perezida Yuvenali Habyarimana rigarukwaho cyane. Abajenosideri n’ibigarasha barahaguruka, bakongera gukwiza ibiyoma bananiwe kubonera ibimenyetso, bashinja urwo rupfu FPR-Inkotanyi. Ni ikinyoma cyabapfubanye, nibashake ukundi basobanura ubusazi bwabateye gutsemba imbaga y’Abanyarwanda.

Tutiriwe tujya ku myanzuro y’impuguke ziyobowe n’umucamanza w’Umufaransa Marc Trévédic, yagaragaje neza ko indege ya Yuvenali Habyarimana yahanuwe n’ibyegera bye, hari n’ibindi bimenyetso bikomeje gutangwa n’abamubaga hafi, barimo n’abo bajyanye mu nama ya Dar Es Salaam, ari naho yahanuwe aturuka. Ibi bimenyetso byerekana nta gushidikanya ko kugereka urupfu rwa “Kinani “kuri FPR-Inkotanyi, ari ugutayanjwa. Ntibisaba ubuhanga buhambaye ngo ubone neza ko AKAZU kikoze mu nda, kabifashijwemo n’abanyamahanga nabo bagenda batahurwa.

1. Mbere y’uko Yuvenali Habyarimana ajya i Dar Es Salaam, urupfu rwe rwaravugwaga. Birazwi ko radio RTLM n’ikinyamakuru Kangura byakoreraga mu kwaha kw’ingoma ya Habyarimana, byavugaga buri gihe umugambi w’”AKAZU”, kandi bikarangira ushyizwe mu bikorwa. Ni nako byagenze, ubwo ibyo bitangazamakuru byavugiraga ku mugaragaro ko Perezida Habyarimana azicwa bitarenze Mata 1994. Bwarakeye biraba. Aha se wavuga ko FPR-Inkotanyi ariyo yabwiye RTLM na Ngeze wa Kangura ko izica Habyarimana? Kuko se abo bamotsi batashije FPR uwo mugambi, ahubwo bagakomeza kubivuga mu marenga ngo”hagiye kuba akantu”?

2. Inama ya Dar Es Salaam yari yatumiwemo Abakuru b’Ibihugu byose byo muri aka karere, dore ko yagombaga kwibanda ku bibazo byo mu Burundi, ahari imvururu n’ubwicanyi bwakurikiye igandagurwa rya Perezida Merchior Ndadaye. Perezida Mobutu Sese Seko wa Zayire y’icyo gihe, nawe yari yatumiwe, ariko yanga kuyijyamo, ndetse amakuru atangwa n’ abari inkoramutima za Yuvenali Habyarimana, akavuga ko Mobutu yabubijie”murumuna we” Habyarimana kujya i Dar Es Salaam, akamunanira. Biragaragara ko Mobutu yari azi neza ko Habyarimana yicwa ava muri iyo nama, amakuru nawe yari yakuye mu byegera bya Habyarimana, byahishuye ko azira gushaka gushyira mu bikorwa amasezerano y’amahoro ya Arusha.

Amatwi arimo urupfu ntiyumva!

3. Perezida Habyarimana ageze ku kibuga cy’indege i Kanombe, ngo yatunguwe n’uko Umugaba Mukuru w’ingabo, Gen Déogratias Nsabimana ari mu bo bagomba kujyana i Dar Es Salaam. Icya mbere, ntibyumvikana uburyo umugaba w’ingabo asohoka mu gihugu Perezida atabizi. Icya kabiri, nta handi byabaye ko Perezida wa Repubulika ajyana mu ndege imwe n’umugaba mukuru w’ingabo. Uwari wohereje Gen Nsabimana mu butumwa, ni Enock Ruhigira wategekaga ibiro bya Perezida, nawe agasobanura ko yari yabitegetswe na Bagosona Théoneste. Imyanzuro y’impuguke hafi ya yose ihuriza kuri uyu Col Bagosora, ko yari inyuma y’iyicwa rya Habyarimana, akaba n’umucurabwenge wa Jenoside yakorewe abatutsi.

4. Inama ya Dar Es Salaam yatinze gutangira ku mpamvu zitigeze zisobanurwa, dore ko aho gutangira saa ine(10h00) nk’uko byari biteganyijwe, yatangiye hafi saa saba(13h00), nabwo ari uko Habyarimana ubwe ashyize igitutu ku bateguye inama, abaza impamvu idatangira.Aho itangiriye nabwo, ngo hagiye hazamo kidobya, nko kwica nkana ibyuma bisemura, impaka z’urudaca ku bibazo bidafite agaciro kanini, kugeza ubwo Habyarimana yarambiwe, akajya asohoka ntacyo agiye gukora hanze. Aya yose ni amakuru atangwa n’abo bari kumwe mu nama, bakemeza ko abateguye inama bayitindije ku bushake, dore ko ngo haje no kongerwamo gahunda yo kugaburira abayitabiriye, kandi itari iteganyijwe. Ibi byose bisobanuye ko abari inyuma y’urupfu rwa Habyarimana bakoze ibishoboka byose ngo atahe mu ijoro, umugambi wo guhanura indege ye worohe.

5. Ubwo Habyarimana yari ageze ku kibuga cy’indege cya Dar Es Salaam yitegura gutaha mu Rwanda, yakubiswe n’inkuba ubwo yasangaga abapilote b’Abafaransa batwaraga indege ye, batarayishyushya, ngo banayegereze aho Perezida agomba kuyuririra, nk’uko bisanzwe bigenda. Habyarimana yarategereje, bifata umwanya ngo indege yake, ari nako amasaha yarushagaho gusatira ijoro. Kera kabaye abapilote babwiye”Kinani” ko ashobora kurira indege, ariko bamugira inama yo kunyura i Goma muri Zayire y’icyo gihe, akinjira mu Rwanda mu modoka, anyuze ku Gisenyi. Byari byoroshye kuko umutekano i Goma no ku Gisenyi wari urinzwe, cyane ko ntacyo yari kwikanga kwa “mukuru we” Mobutu, n’iwabo ku Gisenyi. Abo bapilote bari bafite ubwoba bw’ibyo bashobora guhurira nabyo muri iryo joro, cyane cyane bakurikije amakuru bari bamaze iminsi bumva.

Habyarimana yanze kubumva, aravuga ngo “nibanyica mpfe”! Aha asa n’uwari waramaze kwiheba, kubera amagambo yari amaze igihe yumva, ndetse n’uburakari yabonanaga abambari be, barimo Bagosora, yewe n’umugore we Agatha Kanziga, bamubwiraga ko batazigera basangira ubutegetsi n’Inkotanyi.

6. Bari ku Kibuga cy’indege cya Dar Es Salaam, Dr Akingeneye wari umuganga wihariye wa Habyarimana, na Gen Nsabimana bagize ingingimira zo kwinjira mu ndege ngo batahane na Habyarimana, ariko arabatahura, agaruka hasi kubinjiza mu ndege ku ngufu. Gen Nsabimana we yamubwiye ko ngo ashaka kuza nyuma amaze kwigurira “agasima gahendutse”, nyamara ari ubwoba kubera ibimenyertso byagaragazaga ko batagera mu Rwanda amahoro.

7. Perezida Habyarimana yasabye mugenzi we w’uBurundi, Cyprien Ntaryamira ngo bajyane mu ndege imwe. Byari ukugirango abafite umugambi wo kuyihanura babe batinya kwica abaperezida babiri. Ntaryamira yarabyemeye, kumbi nawe urupfu rwari rwamurembuje.

8. Aho indege ya Habyarimana yarasiwe, mu gishanga cya Masaka, n’aho yaguye iwe mu busitani, byaba ari ukuyobya uburari uramutse ugerageje kwemeza ko hari undi utari uwo kwa Habyarimana wari kuhakandagira. Uretse abasirikari ba Leta ndetse n’Ababiligi bari basanzwe barinda ikibuga cy’indege cya Kanombe, bakanagenzuraga ibilometero byinshi uvuye ku nkengero zacyo, abarindaga urugo rwa Habyarimana narwo rwari hafi aho, FPR-Inkotanyi zari kugera aho hantu zinyuze he, imbunda yahanuye indege zari kuyinyuza hehe?

9. Nta ndege n’imwe itagira”agasanduku k’umukara” kabika amakuru yose y’ibyabaye ku ndege n’ibyayivugiwemo, nibura mu minota 30 iheruka. Ko abageze mbere ku ndege ya Habyarimana ikimara guhanuka ari abo mu muryango we ndetse n’abari bashinzwe kumurinda, ako “gasanduku k’umukara” ninde wagafashe? Kuki akimana?

Nyuma y’igihe gito iyo ndege ihanuwe, uwitwa Capt Paul Barril , Umufaransa wakoraga nk’impuguke muri jandarumori y’uRwanda icyo gihe, yeretse itangazamakuru icyo yise ako “gasanduku k’umukara”, nyamara byari ukubeshya, ahubwo yaberetse ‘pirate”, kuko agasanduku k’umwimerere abahanuye Habyarimana ari bo bonyine bazi aho kari.Aya makuru, kimwe n’andi akomeza kujya ahagaragara, arerekana ko ntaho FPR-Inkotanyi yari kumenera ngo yice Habyarimana. Abayigerekaho uyu mutwaro baba bagerageza kwerekana ko kwica habyarimana ari byo ”imbarutso” ya Jenoside yakorewe Abatutsi. Uretse ko byabananiye kwerekana ubufindo(magie) FPR yakoresheje ngo ihanure iyo ndege, babirengagiza ko isi yose izi ko Jenoside yateguwe ikanageragezwa mbere y’uko Habyarimana apfa.Ibimenyetso ku mugambi mubisha w’AKAZU, biracyaza.

2023-04-21
Editorial

IZINDI NKURU

Ruhunda : Perezida Kagame yasabye abaturage  kubyaza umusaruro ibikorwa bya  Ekocenter bagejejweho

Ruhunda : Perezida Kagame yasabye abaturage kubyaza umusaruro ibikorwa bya Ekocenter bagejejweho

Editorial 13 Jun 2016
APR BBC yerekeje muri Senegal gushaka itike y’imikino ya nyuma ya BAL izabera mu Rwanda

APR BBC yerekeje muri Senegal gushaka itike y’imikino ya nyuma ya BAL izabera mu Rwanda

Editorial 30 Apr 2024
Iperereza ryagaragaje ko gushinja Kayihura urupfu rwa Kaweesi nta shingiro bifite

Iperereza ryagaragaje ko gushinja Kayihura urupfu rwa Kaweesi nta shingiro bifite

Editorial 07 Aug 2018
Mbere yo kwerekeza mu birwa bya Comoros kwa AS Kigali, iyi kipe yabanje kwerekana Niyonzima Olivier Sefu nk’umukinnyi wayo mushya mu myaka ibiri iri imbere

Mbere yo kwerekeza mu birwa bya Comoros kwa AS Kigali, iyi kipe yabanje kwerekana Niyonzima Olivier Sefu nk’umukinnyi wayo mushya mu myaka ibiri iri imbere

Editorial 07 Sep 2021
Ruhunda : Perezida Kagame yasabye abaturage  kubyaza umusaruro ibikorwa bya  Ekocenter bagejejweho

Ruhunda : Perezida Kagame yasabye abaturage kubyaza umusaruro ibikorwa bya Ekocenter bagejejweho

Editorial 13 Jun 2016
APR BBC yerekeje muri Senegal gushaka itike y’imikino ya nyuma ya BAL izabera mu Rwanda

APR BBC yerekeje muri Senegal gushaka itike y’imikino ya nyuma ya BAL izabera mu Rwanda

Editorial 30 Apr 2024
Iperereza ryagaragaje ko gushinja Kayihura urupfu rwa Kaweesi nta shingiro bifite

Iperereza ryagaragaje ko gushinja Kayihura urupfu rwa Kaweesi nta shingiro bifite

Editorial 07 Aug 2018
Mbere yo kwerekeza mu birwa bya Comoros kwa AS Kigali, iyi kipe yabanje kwerekana Niyonzima Olivier Sefu nk’umukinnyi wayo mushya mu myaka ibiri iri imbere

Mbere yo kwerekeza mu birwa bya Comoros kwa AS Kigali, iyi kipe yabanje kwerekana Niyonzima Olivier Sefu nk’umukinnyi wayo mushya mu myaka ibiri iri imbere

Editorial 07 Sep 2021
Ruhunda : Perezida Kagame yasabye abaturage  kubyaza umusaruro ibikorwa bya  Ekocenter bagejejweho

Ruhunda : Perezida Kagame yasabye abaturage kubyaza umusaruro ibikorwa bya Ekocenter bagejejweho

Editorial 13 Jun 2016
APR BBC yerekeje muri Senegal gushaka itike y’imikino ya nyuma ya BAL izabera mu Rwanda

APR BBC yerekeje muri Senegal gushaka itike y’imikino ya nyuma ya BAL izabera mu Rwanda

Editorial 30 Apr 2024
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rutahizamu Kylian Mbappe  yasezeye Paris St Germain yitegura kwerekeza muri Real Madrid
Amakuru

Rutahizamu Kylian Mbappe yasezeye Paris St Germain yitegura kwerekeza muri Real Madrid

Editorial 10 May 2024
Nyuma y’igihe atumvikana Joseph Sebarenzi yatangaje uko yakiriye inkuru y’iyicwa ry’umuryango we muri jenoside
HIRYA NO HINO

Nyuma y’igihe atumvikana Joseph Sebarenzi yatangaje uko yakiriye inkuru y’iyicwa ry’umuryango we muri jenoside

Editorial 28 Sep 2018
Kabuga Felesiyani ntiyitanze yaguwe gitumo, menya byose uko byagenze, gahunda ya Guma Murugo mu Bufaransa yabigizemo uruhare
INKURU NYAMUKURU

Kabuga Felesiyani ntiyitanze yaguwe gitumo, menya byose uko byagenze, gahunda ya Guma Murugo mu Bufaransa yabigizemo uruhare

Editorial 21 May 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru