• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Bobi Wine yakubitiwe mu ngobyi y’abarwayi

Bobi Wine yakubitiwe mu ngobyi y’abarwayi

Ubwanditsi 31 Aug 2018 HIRYA NO HINO

Umugore wa Depite Robert Kyagulanyi[Bobi Wine] aratabaza, arashinja igisirikare gukubita umugabo we ubwo yari amaze gufatirwa ku kibuga cy’indege cya Entebbe ajya mu mahanga kwivuza.

Bobi Wine yafashwe kuri uyu wa Kane tariki ya 30 Kanama 2018, yagiye kwivuza hanze ku cyemezo cy’abaganga bo mu bitaro bya Lubaga aho amaze igihe arwariye nyuma yo kuva mu munyururu.

Leta ivuga ko Bobi Wine azemererwa gusohoka akajya kwivuriza mu mahanga namara gusuzumwa n’abaganga bemewe n’igihugu.

Umugore wa Bobi Wine ntakozwa icyemezo cy’ubutegetsi, aravuga ko bugambiriye kumutinza nkana kugira ngo atabona ubuvuzi bityo azamugare burundu.

Barbie Itungo Kyagulanyi, yanditse ubutumwa burebure kuri Facebook agaragaza ko umuryango utishimiye na gato icyemezo leta yafashe cyo gufunga bwa kabiri Bobi Wine mu gihe urukiko rwa Gulu ruherutse kumurekura rukanamuha ibyangombwa byo kujya kwivuza hanze.

Yagize ati “Bobi yongeye gufatwa n’inzego z’umutekano mu buryo bumuhutaza ubwo yari ku kibuga cy’indege i Entebbe ajya i Washington kwivuza kandi yari afite icyemezo cy’urukiko kimwemerera kujya hanze.”

Yongeyeho ati “Afite icyemezo cya muganga cyatanzwe n’ibitaro bya Lubaga cyemeza ko akeneye ubuvuzi bwisumbuye hanze y’igihugu.”

Barbie Itungo yanahishuye ko mu biganiro yagiranye na Bobi Wine abapolisi bamaze kumugeza mu bitaro bya Kiruddu Hospital, yamubwiye ko yakubitiwe mu modoka itwara abarwayi[ambulance] ndetse ngo n’abaganga babyiboneye.

Yagize ati “Yambwiye ko bakimara gufunga inzugi za ambulance bongeye kumukubita mu buryo bubabaje imbere y’abaganga b’igihugu. Bazimije amatara yo muri ambulance ubundi baramukubita. Bobi ubu yasubiye mu buribwe bukomeye aho yashyizwe mu bitaro bya Kirudu”.

Bobi Wine amaze gufatirwa i Entebbe polisi yahise imujyana mu bitaro bya Kirudu

Uyu mugore yikomeye cyane inzego z’umutekano zikomeje kwica urubozo Bobi Wine. Yavuze ko nk’umuryango badashobora kwizera ibizava mu bizamini bizakorwa n’abaganga bari ku ruhande rw’abishe urubozo Bobi Wine.

Umugore wa Bobi Wine aherutse kuvuga ko azaherekeza umukunzi we mu byo azacamo byose

2018-08-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Abarimu bateguye imyigaragambyo kubera ikibazo cy’imishahara

Uganda: Abarimu bateguye imyigaragambyo kubera ikibazo cy’imishahara

Ubwanditsi 20 May 2019
Masisi: Hagabwe igitero gihitana ubuzima bw’abantu 14

Masisi: Hagabwe igitero gihitana ubuzima bw’abantu 14

Ubwanditsi 09 Oct 2018
Abatwa N’abakobwa Ntibashishikajwe No Kwinjira Mu Gisirikare Cy’u Burundi

Abatwa N’abakobwa Ntibashishikajwe No Kwinjira Mu Gisirikare Cy’u Burundi

Ubwanditsi 09 Jul 2018
Amakamba atatu ya mbere muri Miss Rwanda 2019 yabonye ba nyirayo

Amakamba atatu ya mbere muri Miss Rwanda 2019 yabonye ba nyirayo

Ubwanditsi 25 Jan 2019

Igitekerezo kimwe

  1. Sema Halelua
    August 31, 201810:47 am -

    Arikose Aka Karengane Kazarangira Ryari?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umutwe wa FPU7 wagiye gusimbura undi muri Haiti
Mu Mahanga

Umutwe wa FPU7 wagiye gusimbura undi muri Haiti

Ubwanditsi 24 Jul 2016
Ibiri mu mutwe wa Twagiramungu Alias  Rukokoma  ( VIDEO )
ITOHOZA

Ibiri mu mutwe wa Twagiramungu Alias Rukokoma ( VIDEO )

Ubwanditsi 26 Aug 2016
Trump yagiranye ibiganiro na Kim Kardashian ku ivugururwa ry’itegeko rigenga gereza
HIRYA NO HINO

Trump yagiranye ibiganiro na Kim Kardashian ku ivugururwa ry’itegeko rigenga gereza

Ubwanditsi 31 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru