• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Bobi Wine yakubitiwe mu ngobyi y’abarwayi

Bobi Wine yakubitiwe mu ngobyi y’abarwayi

Ubwanditsi 31 Aug 2018 HIRYA NO HINO

Umugore wa Depite Robert Kyagulanyi[Bobi Wine] aratabaza, arashinja igisirikare gukubita umugabo we ubwo yari amaze gufatirwa ku kibuga cy’indege cya Entebbe ajya mu mahanga kwivuza.

Bobi Wine yafashwe kuri uyu wa Kane tariki ya 30 Kanama 2018, yagiye kwivuza hanze ku cyemezo cy’abaganga bo mu bitaro bya Lubaga aho amaze igihe arwariye nyuma yo kuva mu munyururu.

Leta ivuga ko Bobi Wine azemererwa gusohoka akajya kwivuriza mu mahanga namara gusuzumwa n’abaganga bemewe n’igihugu.

Umugore wa Bobi Wine ntakozwa icyemezo cy’ubutegetsi, aravuga ko bugambiriye kumutinza nkana kugira ngo atabona ubuvuzi bityo azamugare burundu.

Barbie Itungo Kyagulanyi, yanditse ubutumwa burebure kuri Facebook agaragaza ko umuryango utishimiye na gato icyemezo leta yafashe cyo gufunga bwa kabiri Bobi Wine mu gihe urukiko rwa Gulu ruherutse kumurekura rukanamuha ibyangombwa byo kujya kwivuza hanze.

Yagize ati “Bobi yongeye gufatwa n’inzego z’umutekano mu buryo bumuhutaza ubwo yari ku kibuga cy’indege i Entebbe ajya i Washington kwivuza kandi yari afite icyemezo cy’urukiko kimwemerera kujya hanze.”

Yongeyeho ati “Afite icyemezo cya muganga cyatanzwe n’ibitaro bya Lubaga cyemeza ko akeneye ubuvuzi bwisumbuye hanze y’igihugu.”

Barbie Itungo yanahishuye ko mu biganiro yagiranye na Bobi Wine abapolisi bamaze kumugeza mu bitaro bya Kiruddu Hospital, yamubwiye ko yakubitiwe mu modoka itwara abarwayi[ambulance] ndetse ngo n’abaganga babyiboneye.

Yagize ati “Yambwiye ko bakimara gufunga inzugi za ambulance bongeye kumukubita mu buryo bubabaje imbere y’abaganga b’igihugu. Bazimije amatara yo muri ambulance ubundi baramukubita. Bobi ubu yasubiye mu buribwe bukomeye aho yashyizwe mu bitaro bya Kirudu”.

Bobi Wine amaze gufatirwa i Entebbe polisi yahise imujyana mu bitaro bya Kirudu

Uyu mugore yikomeye cyane inzego z’umutekano zikomeje kwica urubozo Bobi Wine. Yavuze ko nk’umuryango badashobora kwizera ibizava mu bizamini bizakorwa n’abaganga bari ku ruhande rw’abishe urubozo Bobi Wine.

Umugore wa Bobi Wine aherutse kuvuga ko azaherekeza umukunzi we mu byo azacamo byose

2018-08-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kigali: Umuhesha w’inkiko w’umwuga yatawe muri yombi akekwaho ubwambuzi bushukana

Kigali: Umuhesha w’inkiko w’umwuga yatawe muri yombi akekwaho ubwambuzi bushukana

Ubwanditsi 25 Jun 2018
Perezida Nkurunziza arasaba ko inama y’abakuru b’ibihugu bya EAC yari iteganyijwe isubikwa

Perezida Nkurunziza arasaba ko inama y’abakuru b’ibihugu bya EAC yari iteganyijwe isubikwa

Ubwanditsi 26 Nov 2018
Perezida Kagame yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Angola

Perezida Kagame yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Angola

Ubwanditsi 21 Mar 2019
Kigali: Umupolisi yarashe umumotari ahita apfa

Kigali: Umupolisi yarashe umumotari ahita apfa

Ubwanditsi 19 May 2018

Igitekerezo kimwe

  1. Sema Halelua
    August 31, 201810:47 am -

    Arikose Aka Karengane Kazarangira Ryari?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amavubi yerekeje muri Cameroun gukina umukino wa nyuma mu itsinda F isabwa gutsinda kugirango yizere kwerekeza CAN2021
Amakuru

Amavubi yerekeje muri Cameroun gukina umukino wa nyuma mu itsinda F isabwa gutsinda kugirango yizere kwerekeza CAN2021

Ubwanditsi 26 Mar 2021
Robot Yitwa Sophia Yavuze Ikinyarwanda I Kigali Aho Yitabiriye ‘Transform Africa’Abantu Baratangara
IKORANABUHANGA

Robot Yitwa Sophia Yavuze Ikinyarwanda I Kigali Aho Yitabiriye ‘Transform Africa’Abantu Baratangara

Ubwanditsi 15 May 2019
U Buyapani bwahaye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 90 $ yo kurwanya igwingira mu bana
UBUKUNGU

U Buyapani bwahaye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 90 $ yo kurwanya igwingira mu bana

Ubwanditsi 16 Aug 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru