• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Bobi Wine yamaganye ibikorwa by’ubugome ndengakamere Polisi  ya Uganda yakoreye  Kizza Besigye
Imodoka yasutse amazi akonje kandi arimo urusenda afite ingufu kuri Besiggye nuko yikubita ku modoka

Bobi Wine yamaganye ibikorwa by’ubugome ndengakamere Polisi  ya Uganda yakoreye  Kizza Besigye

Ubwanditsi 05 Nov 2019 INKURU NYAMUKURU

Umuyobozi w’umutwe wa Politiki “People Power”, Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine yamaganye ibikorwa by’ubugome bw’indengakamere byakorewe Kizza Besigye wahoze ayobora ishyaka FDC bikozwe na Polisi ya Uganda kuri uyu wa mbere tariki 4 Ugushyingo 2019.  Besigye wiyamamarije kuyobora Uganda inshuro enye, yari yateguye inama yari kubera kuri Mandela  Stadium Namboole kuri uyu wa mbere. Gusa ubwo yari munzira yaje gutangirwa na Polisi ya Uganda imumenaho amazi arimo urusenda bakoresheje imodoka zabugenewe nuko yikubita ku modoka ye.

Ku rukuta rwe rwa Twitter, Bobi Wine yagize ati “namaganye nivuye inyuma ubugome bwa Polisi ya Uganda. Ntabwo tuzemera ko abanyapolitiki dukomeza gufatwa gutya n’ubutegetsi bwa Museveni, uyu muco wo kudahana ugomba gucika”  Ibi byabaye mu gihe ishyaka FDC ryari ryateguye inama y’iminsi ibiri ku buryo bakwitegura neza amatora ya Perezida ateganyijwe mu mwaka wa 2021. Ubuyobozi bwa FDC bwari bwabimenyesheje ababishinzwe ko bazakora inama ndetse bishyura amafaranga ya parking hanze ya stade, nkuko byatangajwe na Ingrid Turinawe ushinzwe ubukangurambaga muri FDC.

Besigye yafunzwe hamwe n’abandi bayobozi bo muri FDC. Polisi yabanje imena ikirahuri cy’imodoka ye mbere yo kumusukaho amazi menshi arimo urusenda mbere yuko afatwa. Yafungiwe  kuri Station ya Naggalama mbere yuko arekurwa saa yine z’ijoro.

Kuva FDC yihuza na People Power, byateye ubwoba NRM ya Museveni ikaba ibangamira ibikorwa byose bihuza abayobozi bayo mashyaka cyane cyane ko agizwe n’urubyiruko rwiyemeje kwitabira amatora ku buryo budasanzwe. Ibi ntibyigeze bibaho muri Uganda kuko nubundi bavugaga ko watora utatora,Museveni agomba kuyobora. Ubu urubyiruko rwavutse Museveni ari Perezida rurashaka impinduka cyane cyane bihereye ku ihinduka ry’ubutegetsi. Ibi Museveni ntabikozwa kuko akomeje kugaragaza inyota y’ubutegetsi nubwo intege z’umubiri zigenda zanga. Mu nama yabaye mu minsi ishize yabereye Sochi ihuza u Burusiya na Afurika, Museveni yagaragaye asinziriye bityo abaturage ba Uganda bagaragaza ko batishimiye imyifatire y’umuyobozi wabo mu ruhando mpuzamahanga.

2019-11-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Itangazamakuru rya Uganda mu kugoreka nkana ukuri ku iyicwa rya Camille Nkurunziza

Itangazamakuru rya Uganda mu kugoreka nkana ukuri ku iyicwa rya Camille Nkurunziza

Ubwanditsi 05 Jun 2019
Ubufatanye hagati ya leta y’u Burundi, Uganda n’imitwe ya gisirikare mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubufatanye hagati ya leta y’u Burundi, Uganda n’imitwe ya gisirikare mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 30 Aug 2018
Imodoka yari itwaye abasirikare ba Uganda yamaze iminsi ibiri mu ishyamba yabuze lisansi

Imodoka yari itwaye abasirikare ba Uganda yamaze iminsi ibiri mu ishyamba yabuze lisansi

Ubwanditsi 06 Jul 2019
Ali Hassan Mwinyi   yahishuye uburyo Mwalimu Julius Nyerere yamurakariye amubaza impamvu atamagana ku mugaragaro Leta y’u Rwanda yakoraga Jenoside

Ali Hassan Mwinyi   yahishuye uburyo Mwalimu Julius Nyerere yamurakariye amubaza impamvu atamagana ku mugaragaro Leta y’u Rwanda yakoraga Jenoside

Ubwanditsi 17 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

N’imiyaga iduturutse imbere ikadusunika, tuyinyuramo –Perezida Kagame
INKURU NYAMUKURU

N’imiyaga iduturutse imbere ikadusunika, tuyinyuramo –Perezida Kagame

Ubwanditsi 05 Oct 2019
Amavubi yitegura Benin yahamagawe atarimo Sahabo na York bazize imyitwarire mibi
Amakuru

Amavubi yitegura Benin yahamagawe atarimo Sahabo na York bazize imyitwarire mibi

Ubwanditsi 28 Sep 2024
Impamvu Umugore w’Umurundikazi yahanutse mu igorofa rya 10 muri hoteli Ubumwe Grande agahita apfa
ITOHOZA

Impamvu Umugore w’Umurundikazi yahanutse mu igorofa rya 10 muri hoteli Ubumwe Grande agahita apfa

Ubwanditsi 19 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru