• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

  • Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi   |   05 May 2025

  • Nyuma y’imyaka 8, APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2025 itsinze Rayon Sports 2-0   |   04 May 2025

  • APR FC na Rayon Sports zabonye itike yo gukina imikino Nyafurika zizahurira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2025   |   01 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Burundi:  Mu kiyaga cya Rweru hongeye kuboneka imirambo ijombyemo ibiti, abaturage ntibashira amakenga  ubuyobozi bwa komini n’ubw’abashinzwe umutekano.

Burundi:  Mu kiyaga cya Rweru hongeye kuboneka imirambo ijombyemo ibiti, abaturage ntibashira amakenga  ubuyobozi bwa komini n’ubw’abashinzwe umutekano.

Editorial 25 Feb 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Mu kiyaga cya Rweru ku ruhande rw’u Burundi muri Komini Busoni, mu majyaruguru y’iki gihugu, kuri uyu wa Gatanu ushize hongeye kugaragara imirambo itanu y’abantu ireremba hejuru y’amazi, ariko iziritse mu buryo budasanzwe, aho abaturage bo muri iyi komini bavuga ko imirambo imwe yari ifatanyishije igiti cyacishijwe mu mirambo kigatunguka ku rundi ruhande.

Ni imirambo bivugwa ko yabonetse ku mugoroba wo kuwa Gatanu, itariki 22 Gashyantare, aho umwe muri iyi mirambo ugaragara nk’uw’umusore ukiri muto wasanzwe mu gace ka Mubari ko ku musozi wa Nyagisozi.

Indi mirambo ine, harimo ibiri yapfumuwe, yasanzwe mu gace ka Ngeri ko ku musozi wa Gatare, yose ireremba hejuru y’amazi y’Ikiyaga cya Rweru, muri Komini Busoni, ho mu Ntara ya Kirundo nk’uko iyi nkuru dukesha RPA ikomeza ivuga.

Umwe mu baturage bo muri iki gice yagize ati: “Iyi mirambo yagaragaye kuva ejo ni njoro. Uwa mbere mu gace ka Mubari, hatari kure ya Nyagisozi, indi ine yabonetse aho bakunze kwita Ngeri, ku musozi wa Gatare.

Ibiri muri yo yari yanyujijwemo igiti. Abayobozi ba gisivili n’abapolisi batubujije kuroba umurambo wose uri hejuru y’amazi y’Ikiyaga cya Rweru.”

Abaturage rero ngo bibajije kuri iyo myitwarire y’ubuyobozi bwa komini n’ubw’abashinzwe umutekano.

Bati: “Turatekereza ko ubuyobozi bwa komini na polisi bubiziho ikintu kuko bidukomereye kumva ukuntu mu mazi y’Ikiyaga cya Rweru hakunze kugaragara ibintu biteye ubwoba buri byumweru bibiri cyangwa buri kwezi .”

Abaturage bongeraho ko kandi nta perereza rijya rikorwa ngo rigaragaze uko ubwo bwicanyi bwagenze n’ababugizemo uruhare ngo bashyikirizwe ubutabera.

Abaturage bo muri Busoni rero by’umwihariko abaturiye Ikiyaga cya Rweru bakaba babayeho mu bwoba kubera ibyo bakomeje kubona hafi yabo bagasaba ubuyobozi gukaza umutekano wabo.

Mu mwaka wa 2014, nibwo hagaragaye imirambo igera kuri 40 mu kiyaga cya Rweru iri mu mazi y’u Burundi, icyo gihe burayigarama ahubwo bugashaka kuyigereka ku Rwanda mu gihe narwo rwatangazaga ko ntaho ruhuriye nayo.

Iyo mirambo yarerembaga imwe iri mu mifuka, abishwe bamwe bari baboheye amaboko inyuma, bashyizwe ku ngoyi.

Mu gihe u Burundi ari nabwo bwahambye iyi mirambo ku butaka bwabo, Leta y’u Rwanda yateye utwatsi ibyo u Burundi bwavugaga ko yaturutse mu Rwanda, by’umwihariko inzego z’umutekano zinatangaza ko nta muntu wigeze uzigezaho ikirego ko yaba yarabuze umuntu we wenda ngo bikekwe ko yaba muri abo.

Ubu bwicanyi mu Burundi, bwakajije umurego  kuva muri Mata 2015, ubwo abaturage batangiraga kwigaragambya bagaragaza aho amarangamutima yabo abogamiye kuri manda ya 3 ya Perezida Nkurunziza, nibwo bamwe batangiye kwicwa umusubirizo, buri  munsi hagatoragurwa imirambo mu gace aka, ejo hagatoragurwa indi mu kandi gace, ngaho mu miyoboro y’amazi, mu mihanda, abiciwe mu bubari, mu isoko batewe gerenade n’Imbonerakure.

Muri aba bantu bagiye bicwa, hagiye hagaragara imirambo iboheye inyuma, uko bishwe ugasanga bisa neza nuko abakuwe muri Rweru mu mezi make yari ashize bishwe.

Ubu bwicanyi bwari bukabije, bwatumye abarenga ibihumbi b’Abarundi bahunga bava mu gihugu cyabo, abakoranaga na Leta ubu ikinariho batangira no kumena amwe mu mabanga n’uburyo Leta yabo ikomeje kumena amaraso y’abenegihugu.

2019-02-25
Editorial

IZINDI NKURU

Gutsindwa kwa RNC bishobora kongera iyicarubozo ry’inzirakarengane z’Abanyarwanda muri Uganda, bikaba n’ umuvuno kuri Dianne Rwigara

Gutsindwa kwa RNC bishobora kongera iyicarubozo ry’inzirakarengane z’Abanyarwanda muri Uganda, bikaba n’ umuvuno kuri Dianne Rwigara

Editorial 18 Jul 2019
Perezida Kagame ntanyuzwe n’uko bimwe mu bihugu bibaniye u Rwanda

Perezida Kagame ntanyuzwe n’uko bimwe mu bihugu bibaniye u Rwanda

Editorial 13 Dec 2018
MENYA UKURI: AMATEKA N’IMITERERE YA IDAMANGE IRYAMUGWIZA YVONNE

MENYA UKURI: AMATEKA N’IMITERERE YA IDAMANGE IRYAMUGWIZA YVONNE

Editorial 15 Feb 2021
RNC – Umutwe udafite ibitekerezo bya politiki bifatika

RNC – Umutwe udafite ibitekerezo bya politiki bifatika

Editorial 06 Mar 2019
Gutsindwa kwa RNC bishobora kongera iyicarubozo ry’inzirakarengane z’Abanyarwanda muri Uganda, bikaba n’ umuvuno kuri Dianne Rwigara

Gutsindwa kwa RNC bishobora kongera iyicarubozo ry’inzirakarengane z’Abanyarwanda muri Uganda, bikaba n’ umuvuno kuri Dianne Rwigara

Editorial 18 Jul 2019
Perezida Kagame ntanyuzwe n’uko bimwe mu bihugu bibaniye u Rwanda

Perezida Kagame ntanyuzwe n’uko bimwe mu bihugu bibaniye u Rwanda

Editorial 13 Dec 2018
MENYA UKURI: AMATEKA N’IMITERERE YA IDAMANGE IRYAMUGWIZA YVONNE

MENYA UKURI: AMATEKA N’IMITERERE YA IDAMANGE IRYAMUGWIZA YVONNE

Editorial 15 Feb 2021
RNC – Umutwe udafite ibitekerezo bya politiki bifatika

RNC – Umutwe udafite ibitekerezo bya politiki bifatika

Editorial 06 Mar 2019
Gutsindwa kwa RNC bishobora kongera iyicarubozo ry’inzirakarengane z’Abanyarwanda muri Uganda, bikaba n’ umuvuno kuri Dianne Rwigara

Gutsindwa kwa RNC bishobora kongera iyicarubozo ry’inzirakarengane z’Abanyarwanda muri Uganda, bikaba n’ umuvuno kuri Dianne Rwigara

Editorial 18 Jul 2019
Perezida Kagame ntanyuzwe n’uko bimwe mu bihugu bibaniye u Rwanda

Perezida Kagame ntanyuzwe n’uko bimwe mu bihugu bibaniye u Rwanda

Editorial 13 Dec 2018
prev
next

Igitekerezo kimwe

  1. Emmy
    February 27, 20199:19 am -

    Imana ikwiye gutabara iki gihugu kuko ibihabera ntaho bitaniye na Genocide ikorwa bucece ikibabaza nuko amahanga abirebera ntagire icyakora.guhagarika inkunga byonyine ntacyo bimaze.Ahubwo ubugome buriyongera .Ninde uzahagarika bino bintu?Mana tabara abarundi.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru