Uyu mu polisi mukuru uzwi ku izina rya Major Nduwimana Prime arashinjwa kwica umugore we amurashishije imbunda y’akazi ya Pisitoli, nyuma y’amakimbirane bari bagiranye.
Nduwimana yarashe umugore we mu ijoro ryo ku wa Kabiri tariki ya 4 Ukuboza 2018, mu rugo rwabo ruri i Kajiji, Komini Muha, mu mujyi wa Bujumbura. Abaturanyi bakaba bavuga ko yamurashe isasu ryamwishe ubwo yari asohotse mu nzu yiruka ahunga.
Aya makuru avuga ko uyu mu Polisi Major primé yarashe uyu mugore we ahetse umwana, uwo mugore yahise yitaba Imana, umwana arakomereka cyane. Uyu mwana akaba ari kuvurirwa muri MSF, uyu muryango wari ufite abana batandatu.
Aba ni abana basigaye mu gahinda nyuma y’urupfu rwa nyina
Nyirabayazana w’ubu bwicanyi ni uko uyu mugore yabujije umugabo we Major prime ko atararana n’indaya yari yazanye mu nzu babamo, bivugwa ko uyu mu Polisi nyuma yo gukora ibara yaje gutabwa muri yombi bigoranye.
Umwe mu baturanyi wabo yagize ati “Ni muri Kajiji, iruhande yo ku musigiti niho yamurasiye, yari umugore we, yatangiye kumurasira mu nzu ariko ayanyuma yayamurashe yiruka; ni ukuvuga ngo yitwa Nduwimana Prime”
Mu burundi hamaze igihe hari ubwicanyi nk’ubu bwa kinyamanswa, ari nabyo Komisiyo ya Loni muri raporo yayo yagaragaje ko muri icyo gihugu hari ihonyorwa rikabije ry’uburenganzira bwa muntu.
Aho kugirango Leta n’abayobozi bayo bikubite agashyi, ahubwo Leta,yahisemo kwirukana burundu iyi Komisiyo n’ubundi yari isanzwe yarahagaritswe by’agateganyo kuva mu mwaka wa 2016.
Tariki 5 Ukuboza nibwo u Burundi bwandikiye ibaruwa Umuhuzabikorwa wa Loni i Bujumbura, bumusaba kumenyesha abamukuriye i Genève gufunga ibiro y’iyo Komisiyo.
Umwe mu bakozi ba Minisiteri y’ububanyi n’amahanga yatangarije AFP ko iyo Komisiyo n’abakozi bayo, bahawe amezi abiri bakaba bavuye ku butaka bw’u Burundi.
Umuvugizi wa Guverinoma y’u Burundi, Prosper Ntahorwamiye, yabwiye Jeune Afrique ko nta mpamvu y’uko iyo Komisiyo ikomeza kuba ku butaka bw’icyo gihugu.
Umwe mu bakozi ba Loni yabwiye AFP ko u Burundi busa n’uburi gushyira ku ruhande umuntu wese utumva ibintu nkabwo.
Ni nyuma y’iminsi mike iyo Leta yanze kwitabira inama y’abakuru b’ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba yagombaga gufata umwanzuro ku biganiro bihuza Abarundi.
Iki gihugu kandi mu Ukwakira 2016 cyivanye mu rukiko mpuzamahanga mpanabyaha, nyuma y’uko rutangije iperereza ku bwicanyi n’ibyaha byibasiye inyokomuntu bivugwa mu Burundi kuva mu 2015.
RUGENDO
ARIKO SE MWAZADUHA IKENGERANYO
KUBAGABO BARASA ABAGORE BABO MU AMERICA,UBUFARANSA,UBWONGEREZA
NA ITALIE !!NIBA UMUGABO CYANGWA UMUGORE ASHORA KWICA UMUGABOWE
NUHONYERA AGATEKA KAZINA MUNTU????!!!!MWAJYIYE MWANDIKA KINYAMWUGA??
MWABAYE IKINYAMAKURU WAMATIKU !!MWANDIKA BYISHI BIBI
KU UGANDA NUBURUNDI ??UGANDA NUBURUNDI NTAKIZA KIBAYO!!!ESE
MU RWANDA NTABWICANYI BUHABA MUMIRYANGO NTIBASUBIRANO ,BAKICANA.
Emmy
Ubwo se Rugendo ushyigikiye aba bicana koko yewe ubanza nawe uri muri abo ukwiye gukizwa pe ntawe ubwicanyi bwakijije abarundi bavugango amaraso arahuma(arasama )mureke ibyo urimo kuko amaherezo bazabibazwa.
nimbare
ee kinogipolice gifite mumaso nkahi ihuku(injangwe)bigaragarako arumugome pe urabona ukuntu areba nkinjangwe iteze imbeba kweli numurozi bien bien.
Amahe
Aba ngo nibo bazafata u Rwanda da!!! Ngaho namwe nimurebe uko umwana wa major mu gipolisi asa!!!
Aba bantu ba CNDD FDD ni babandi bita Vya vyasaya vyibirobeli, aba babahaye akazi kubera ko mukinyeshyamba bali abakozi cyane, navuga abicanyi kabuhariwe.
Gutwika amamodoka, kwiba abaturage inkono zitogota, bacungaga umuturage atetse yakwibeshya akinjira munzu asize inkono kuziko ,bakayikorera.
Erega niko naba nkurumbi bakuze. Nzaba mbarirwa,….
nyirabukorikori bwa nzikoraho
Iki kivagundu se kirabona kidateje abana umugoko, uretse ko nubundi ndabona ntacyo yarabamariye kuko ntibagaragara nkabana ba officier mukuru. Gusa birababaje cyane.