• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Burundi: Umupolisi mukuru yarashe umugore we ahita apfa, amuziza ko yamubujije kurarana n’indaya mu nzu

Burundi: Umupolisi mukuru yarashe umugore we ahita apfa, amuziza ko yamubujije kurarana n’indaya mu nzu

Editorial 07 Dec 2018 INKURU NYAMUKURU

Uyu mu polisi mukuru uzwi ku izina rya Major  Nduwimana Prime arashinjwa kwica umugore we amurashishije imbunda y’akazi ya Pisitoli, nyuma y’amakimbirane bari bagiranye.

Nduwimana yarashe umugore we mu ijoro ryo ku wa Kabiri tariki ya 4 Ukuboza 2018, mu rugo rwabo ruri i Kajiji, Komini Muha, mu mujyi wa Bujumbura. Abaturanyi bakaba bavuga ko yamurashe isasu ryamwishe ubwo yari asohotse mu nzu yiruka ahunga.

Aya makuru avuga ko  uyu mu Polisi Major primé yarashe uyu mugore we ahetse umwana,  uwo mugore yahise  yitaba Imana, umwana arakomereka cyane. Uyu mwana  akaba ari kuvurirwa muri  MSF, uyu muryango wari ufite  abana batandatu.

Aba ni abana basigaye mu gahinda nyuma y’urupfu rwa nyina

Nyirabayazana  w’ubu bwicanyi ni uko  uyu mugore yabujije umugabo we  Major prime ko atararana  n’indaya yari yazanye mu nzu babamo, bivugwa ko uyu mu Polisi nyuma yo gukora ibara yaje gutabwa muri yombi bigoranye.

Umwe mu baturanyi wabo yagize ati “Ni muri Kajiji, iruhande yo ku musigiti niho yamurasiye,  yari umugore we,  yatangiye kumurasira mu nzu ariko ayanyuma yayamurashe yiruka; ni ukuvuga ngo yitwa Nduwimana Prime”

Mu burundi hamaze igihe hari ubwicanyi nk’ubu bwa kinyamanswa, ari nabyo Komisiyo ya Loni muri raporo yayo yagaragaje ko muri icyo gihugu hari ihonyorwa rikabije ry’uburenganzira bwa muntu.

Aho kugirango Leta n’abayobozi bayo bikubite agashyi, ahubwo  Leta,yahisemo kwirukana burundu  iyi Komisiyo n’ubundi yari isanzwe yarahagaritswe by’agateganyo kuva mu mwaka wa 2016.

Tariki 5 Ukuboza nibwo u Burundi bwandikiye ibaruwa Umuhuzabikorwa wa Loni i Bujumbura, bumusaba kumenyesha abamukuriye i Genève gufunga ibiro y’iyo Komisiyo.

Umwe mu bakozi ba Minisiteri y’ububanyi n’amahanga yatangarije AFP ko iyo Komisiyo n’abakozi bayo, bahawe amezi abiri bakaba bavuye ku butaka bw’u Burundi.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Burundi, Prosper Ntahorwamiye, yabwiye Jeune Afrique ko nta mpamvu y’uko iyo Komisiyo ikomeza kuba ku butaka bw’icyo gihugu.

Umwe mu bakozi ba Loni yabwiye AFP ko u Burundi busa n’uburi gushyira ku ruhande umuntu wese utumva ibintu nkabwo.

Ni nyuma y’iminsi mike iyo Leta yanze kwitabira inama y’abakuru b’ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba yagombaga gufata umwanzuro ku biganiro bihuza Abarundi.

Iki gihugu kandi mu Ukwakira 2016 cyivanye mu rukiko mpuzamahanga mpanabyaha, nyuma y’uko rutangije iperereza ku bwicanyi n’ibyaha byibasiye inyokomuntu bivugwa mu Burundi kuva mu 2015.

 

2018-12-07
Editorial

IZINDI NKURU

Museveni yategetse ihagarikwa ry’Umuryango SWI wa  Prossy Bonabaana na Sulah Nuwamanya, ibikoresho bya RNC ya Kayumba Nyamwasa

Museveni yategetse ihagarikwa ry’Umuryango SWI wa  Prossy Bonabaana na Sulah Nuwamanya, ibikoresho bya RNC ya Kayumba Nyamwasa

Editorial 02 Mar 2020
Perezida Nkurunziza agomba kuryozwa ibyaha byose by’ihohoterwa bikorerwa mu Burundi- Raporo ya (UN)

Perezida Nkurunziza agomba kuryozwa ibyaha byose by’ihohoterwa bikorerwa mu Burundi- Raporo ya (UN)

Editorial 18 Sep 2019
Nyuma y’ibikorwa by’urugomo byabereye mu Nteko, umutwe wa Sena, muri Leta Zunze ubumwe za Amerika, wa Musenateri Carolyn Maloney uherutse gusaba ko umugizi wa nabi Rusesabagina arekurwa, ubu yakongera gutanga amasomo ya demokarasi?

Nyuma y’ibikorwa by’urugomo byabereye mu Nteko, umutwe wa Sena, muri Leta Zunze ubumwe za Amerika, wa Musenateri Carolyn Maloney uherutse gusaba ko umugizi wa nabi Rusesabagina arekurwa, ubu yakongera gutanga amasomo ya demokarasi?

Editorial 08 Jan 2021
Bwa mbere MONUSCO yemeje ubufatanye bwa  FDLR n’igisirikari cya Kongo ku rugamba, nubwo umutwe wa M23 ukomeje kubambura ibirindiro

Bwa mbere MONUSCO yemeje ubufatanye bwa  FDLR n’igisirikari cya Kongo ku rugamba, nubwo umutwe wa M23 ukomeje kubambura ibirindiro

Editorial 03 Jan 2023

5 Ibitekerezo

  1. RUGENDO
    December 7, 20183:44 pm -

    ARIKO SE MWAZADUHA IKENGERANYO
    KUBAGABO BARASA ABAGORE BABO MU AMERICA,UBUFARANSA,UBWONGEREZA
    NA ITALIE !!NIBA UMUGABO CYANGWA UMUGORE ASHORA KWICA UMUGABOWE
    NUHONYERA AGATEKA KAZINA MUNTU????!!!!MWAJYIYE MWANDIKA KINYAMWUGA??
    MWABAYE IKINYAMAKURU WAMATIKU !!MWANDIKA BYISHI BIBI
    KU UGANDA NUBURUNDI ??UGANDA NUBURUNDI NTAKIZA KIBAYO!!!ESE
    MU RWANDA NTABWICANYI BUHABA MUMIRYANGO NTIBASUBIRANO ,BAKICANA.

    Subiza
  2. Emmy
    December 7, 20185:30 pm -

    Ubwo se Rugendo ushyigikiye aba bicana koko yewe ubanza nawe uri muri abo ukwiye gukizwa pe ntawe ubwicanyi bwakijije abarundi bavugango amaraso arahuma(arasama )mureke ibyo urimo kuko amaherezo bazabibazwa.

    Subiza
  3. nimbare
    December 8, 20182:24 pm -

    ee kinogipolice gifite mumaso nkahi ihuku(injangwe)bigaragarako arumugome pe urabona ukuntu areba nkinjangwe iteze imbeba kweli numurozi bien bien.

    Subiza
  4. Amahe
    December 10, 20182:32 pm -

    Aba ngo nibo bazafata u Rwanda da!!! Ngaho namwe nimurebe uko umwana wa major mu gipolisi asa!!!

    Aba bantu ba CNDD FDD ni babandi bita Vya vyasaya vyibirobeli, aba babahaye akazi kubera ko mukinyeshyamba bali abakozi cyane, navuga abicanyi kabuhariwe.
    Gutwika amamodoka, kwiba abaturage inkono zitogota, bacungaga umuturage atetse yakwibeshya akinjira munzu asize inkono kuziko ,bakayikorera.
    Erega niko naba nkurumbi bakuze. Nzaba mbarirwa,….

    Subiza
  5. nyirabukorikori bwa nzikoraho
    October 10, 20199:38 am -

    Iki kivagundu se kirabona kidateje abana umugoko, uretse ko nubundi ndabona ntacyo yarabamariye kuko ntibagaragara nkabana ba officier mukuru. Gusa birababaje cyane.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

LUPITA Nyong’o Uzwi Cyane mu Mukina Filime Yatangaje Impamvu Yahisemo Gutega “Amasunzu”
SHOWBIZ

LUPITA Nyong’o Uzwi Cyane mu Mukina Filime Yatangaje Impamvu Yahisemo Gutega “Amasunzu”

Editorial 08 Mar 2018
Amb. Amri Sued  yitabye Imana
Mu Rwanda

Amb. Amri Sued yitabye Imana

Editorial 06 Oct 2017
Undi murwanyi ukomeye wa FDLR/FOCA Koloneri Gaspard Africa amaze kwicwa n’ingabo za FARDC
INKURU NYAMUKURU

Undi murwanyi ukomeye wa FDLR/FOCA Koloneri Gaspard Africa amaze kwicwa n’ingabo za FARDC

Editorial 06 Dec 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru