• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Canada yanze ko amatora ya referandumu y’u Burundi abera ku butaka bwayo

Canada yanze ko amatora ya referandumu y’u Burundi abera ku butaka bwayo

Editorial 18 May 2018 INKURU NYAMUKURU

Guverinoma y’u Burundi iramagana icyo yise kuvogera ku mugaragaro amasezerano mpuzamahanga kwa Canada nyuma y’aho minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’iki gihugu cyo ku mugabane wa Amerika iburije Abarundi bagituyemo kwitabira amatora ya referandumu yakozwe kuri uyu wa Kane, itariki 17 Gicurasi 2018, mu Burundi ndetse no mu bindi bihugu bufitemo ambasade.

Nk’uko bigaragara mu nyandiko yagenewe ambasade y’u Burundi muri Ottawa, Stéphane Henry, umuyobozi muri minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Canada, yasobanuye ko hagendewe kuri politiki ya Canada ku matora y’amahanga ku butaka bwayo, Leta y’u Burundi idashobora gufungura ibiro by’itora muri Canada.

Iyi nyandiko ikaba yasubizaga ubusabe bwa ambasade y’u Burundi muri Ottawa yasabaga gufungura ibiro by’itora mu nyubako za ambasade muri Ottawa mu rwego rwo kwitabira amatora ya referandumu ku itegeko nshinga yari ateganyijwe kuri uyu wa 17 Gicurasi.

Agira icyo avuga kuri iyi nyandiko ya Canada, umuvugizi wa Guverinoma y’u Burundi, Philippe Nzobonariba, yatangarije Radio y’igihugu, RTNB, ko ibyo Canada yakoze ari uguhonyora amasezerano mpuzamahanga ku mugaragaro.

Philippe Nzobonariba

Miliyoni zigera kuri 5 z’Abarundi bemerewe gutora kuri uyu wa kane zitabiriye amatora ya referandumu ataravuzweho rumwe n’ubutegetsi n’abatavuga rumwe nabwo.

Nubwo mbere y’amatora kuwa gatatu hagaragaraga igisa nk’umwuka w’icyoba bitewe n’ibitero n’ibindi bikorwa bigamije guhungabanya amatora byagaragaye mu minsi ishize, amatora yatangiye mu mutuzo kuri uyu wa Kane arangira neza nubwo Atari hose kuko nko muri Muramvya havugwa abayoboke b’Amizero y’Abarundi batawe muri yombi.

Igihugu cy’u Burundi kuva mu 2015 kikaba gikomeje kuvugwamo ibibazo bya politiki n’umutekano mukeya byatangiye ubwo perezida Pierre Nkurunziza yafataga icyemezo cyo kwiyamamariza gukomeza kuyobora u Burundi nyuma ya manda yari yemerewe n’itegeko nshinga riri mu nzira yo kuvugururwa dore ko hatitezwe ko hari icyabihagarika.

 

 

2018-05-18
Editorial

IZINDI NKURU

Aho bukera Tshisekedi arabarutsa amadolari yabahaye ngo badobye amatora mu Rwanda bikabananira

Aho bukera Tshisekedi arabarutsa amadolari yabahaye ngo badobye amatora mu Rwanda bikabananira

Editorial 12 Jul 2024
Leta ya Uganda ikomeje gukorera ubuvugizi Tribert Rujugiro, umuterankunga wa RNC imukundisha abaturage b’icyo gihugu

Leta ya Uganda ikomeje gukorera ubuvugizi Tribert Rujugiro, umuterankunga wa RNC imukundisha abaturage b’icyo gihugu

Editorial 11 Apr 2020
Kudeta mu Rwanda interahamwe n’ibigarasha birota, ni filime itabona abayikina n’abayireba

Kudeta mu Rwanda interahamwe n’ibigarasha birota, ni filime itabona abayikina n’abayireba

Editorial 04 Sep 2024
Perezida Tshisekedi ahanganye n’ihuriro rikomeye: Katumbi na AFC/M23 bashyigikiye igaruka rya Kabila

Perezida Tshisekedi ahanganye n’ihuriro rikomeye: Katumbi na AFC/M23 bashyigikiye igaruka rya Kabila

Editorial 26 May 2025

Igitekerezo kimwe

  1. MAOMBI jOHN
    July 14, 20184:49 pm -

    NONESE KWANGA KWABO BA KOLONI KWATANZE IKI? AMATORA NTIYABAYE ISI YOSE IBONA BAKAMWARA?? NIMWE KWA KAGAME MUGITEZE IBIGANZA ABAKORONI MAZE NGO MWARATEYE IMBERE!!! HAHAHAHAH AKUMIRO NI AMAVUNJA PE!!!
    ABARUNDI BARABATAYE KURE MURI DEMOKARASI NA INDEPANDANCE, MWE NUKWIRIRWA MWIRATA GUSA! MWISHWE NO GUTUNGWA NIBISABIRANO NO GUKOMBA IBIRENGE BYABAZUNGU!!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kigali: Umusore yasanzwe mu nzu yapfuye hakekwa ko yiyahuye
ITOHOZA

Kigali: Umusore yasanzwe mu nzu yapfuye hakekwa ko yiyahuye

Editorial 15 Apr 2017
Umuhanzi J Cole yemejwe nk’umwe mu bakinnyi bazakinira ikipe ya Patriots BBC mu mikino ya BAL igiye kubera mu Rwanda.
Amakuru

Umuhanzi J Cole yemejwe nk’umwe mu bakinnyi bazakinira ikipe ya Patriots BBC mu mikino ya BAL igiye kubera mu Rwanda.

Editorial 11 May 2021
Uwahoze ari depite Mbanda Jean Daniel mu nzira yo kwiyamamariza kuba Perezida wa Repululika
ITOHOZA

Uwahoze ari depite Mbanda Jean Daniel mu nzira yo kwiyamamariza kuba Perezida wa Repululika

Editorial 03 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru