• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Gahanga na Nyamata: PL yaserukanye ubunararibonye ifite mu Nteko isaba icyizere

Gahanga na Nyamata: PL yaserukanye ubunararibonye ifite mu Nteko isaba icyizere

Editorial 30 Aug 2018 POLITIKI

Ishyaka riharanira ukwishyira ukizana kwa buri wese (PL), ryasabye abaturage bo mu Murenge wa Gahanga muri Kicukiro n’aba Nyamata mu Bugesera, kongera kurigirira icyizere mu matora y’Abadepite ateganyijwe mu minsi mike iri imbere.

PL ikomeje ibikorwa byo kwiyamamariza kujya mu Nteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite, mu matora azaba kuwa 2 no kuwa 3 Nzeri 2018.

Iri shyaka rimaze imyaka 27, ntabwo ari rishya mu Nteko kuko mu matora ya 2003, ryatsindiye intebe esheshatu; mu 2008 ribona enye naho mu ya 2013 ritsindira eshanu. Mu matora ya Perezida wa Repubulika mu 2010, ryanatanze umukandida.

Ubu bunararibonye nibwo Perezida wa PL, Mukabalisa Donatille, yahereyeho abwira ab’I Gahanga na Nyamata, ko amajwi babasaba batazayapfusha ubusa kuko kuyabyaza umusaruro mu Nteko atari ibyo biga.

Akurikije igihe PL imaze itanga umusanzu wayo mu kubaka igihugu, yagaragaje imwe mu mishinga ikomeye yagezweho iri shyaka riyigizemo uruhare.

Mukabalisa yavuze ko muri manda iherutse y’abadepite, abarwanashyaka ba PL nk’abandi banyarwanda hafi ya bose, bari mu basabye ko Itegeko Nshinga rihinduka, banasaba Perezida wa Repubulika ko yakwemera kongera kwiyamamaza.

Ati “Twanakiriye ubusabe bw’abanyarwanda hafi ya bose bwo guhindura ingingo ya 101 y’Itegeko Nshinga yazitiraga Perezida wa Repubulika kongera kwiyamamaza, turabibakorera na we murabimusaba arabakundira, kandi muzi ko ishyaka PL twamutanzeho umukandida”.

Yakomeje avuga ko ari ingenzi gukomeza gusigasira ibyagezweho, mu rwego rwo kugera ku ntego PL yiyemeje.

Mukabalisa yavuze ko PL izakomeza gushyira imbaraga mu nshingano zireba Inteko, yaba mu gushyiraho amategeko, kugenzura ibikorwa bya Guverinoma kandi byose bikazakorwa habanza gutega amatwi ibitekerezo by’abaturage.

Umwe mu baturage bitabiriye igikorwa cya PL cyo kwiyamamaza, Nyirahabineza Adelphine wo mu Murenge wa Mareba, yavuze ko azatora iri shyaka kuko aryitezeho byinshi.

Ati “PL tuzayitora itugeze ku iterambere, turwanye bwaki tuzamure imibereho yacu. Nk’abakobwa twari twarahejejwe inyuma, kandi nizeye ko nitsinda nzakomeza kuzamura ubucuruzi bwanjye.”

Mu matora y’Abadepite PL ifite abakandida 80.

Banyuzagamo bagacinya akadiho ari nako basobanurirwa icyo PL izabagezaho nibabatora

2018-08-30
Editorial

IZINDI NKURU

Urukiko rwateye utwatsi ubusabe bwa Uganda ku kirego gisaba ko Museveni atongera kwiyamamaza

Urukiko rwateye utwatsi ubusabe bwa Uganda ku kirego gisaba ko Museveni atongera kwiyamamaza

Editorial 23 Feb 2020
Dufite ubushobozi n’ubumenyi bihagije kugira ngo duteze imbere EAC yacu- Magufuli

Dufite ubushobozi n’ubumenyi bihagije kugira ngo duteze imbere EAC yacu- Magufuli

Editorial 24 Apr 2018
Perezida Nkurunziza agiye guhura n’ibibazo bikomeye

Perezida Nkurunziza agiye guhura n’ibibazo bikomeye

Editorial 15 Dec 2016
Jean Pierre Bemba yiyemeje gusubira muri Congo, aburira Perezida Kabila

Jean Pierre Bemba yiyemeje gusubira muri Congo, aburira Perezida Kabila

Editorial 26 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuryango wa Rogers Donne Kayibanda washimutiwe muri Uganda uratabaza
ITOHOZA

Umuryango wa Rogers Donne Kayibanda washimutiwe muri Uganda uratabaza

Editorial 24 Jan 2019
Ikipe ya Kiyovu Sports yatandukanye na rutahizamu wayo Ishimwe Kevin
Amakuru

Ikipe ya Kiyovu Sports yatandukanye na rutahizamu wayo Ishimwe Kevin

Editorial 29 Dec 2021
Abanyeshuri 855 basobanuriwe ububi bw’ibiyobyabwenge
Mu Mahanga

Abanyeshuri 855 basobanuriwe ububi bw’ibiyobyabwenge

Editorial 19 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru