• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Ibivugwa kuri Tuyisenge Jacques wari Kapitani wa mavubi muri CHAN

Ibivugwa kuri Tuyisenge Jacques wari Kapitani wa mavubi muri CHAN

Editorial 09 Mar 2016 IMIKINO

Umutoza w’Amavubi, Jonathan Mckinsty yatangaje ko Hakizimana Muhadjiri ukinira Mukura VS, Uzamukunda Elias Baby na Nirisarike Salomon ukinira Saint Trond mu Bubiligi ari bamwe mu bashobora kugaragara mu mukino ibiri yo gushaka itike ya CAN 2017 izahuza u Rwanda n’ikipe y’Ibirwa bya Mauritius izaba taliki 26 na 29 Werurwe 2016.

-86.png
Jacques Tuyisenge

Uyu mutoza yagiye muri Tanzania gukurikira umukino wahuje Yanga ikinamo kapiteni w’Amavubi Haruna Niyonzima na Azam FC ikinamo Mugiraneza Jean Baptitse, nyuma ajya no muri Kenya ahari myugariro Sibomana Abouba na Tuyisenge Jacques ba Gor Mahia mu mukino batsinzwemo na AFC Leopards igitego 1-0.

Avuga ku bakinnyi bari muri Kenya, Mckinstry yavuze ko Sibomana Abouba yigaragaje mu minota 90 yamubonyemo. Avuga ko Tuyisenge Jacques we atazagaragara muri uyu mukino wa Mauritius.

Ati “Sibomana yakinnye neza iminota 90, bigaragara ko ahagaze neza. Jacques Tuyisenge ntaratangira gukina, navuganye nawe nyuma y’umukino, mvugana kandi n’abatoza b’ikipe ye bambwira ko ashobora gutangira gukina mu byumweru bibiri, kuba azagaragara tuzabireba. Gusa namubwiye ko ari umwe mu bantu b’ingenzi, nakinira Gor Ma.

Uzamukunda Elias Baby ushobora kongera guhamagarwa mu ikipe y’igihugu
Undi mukinnyi ushobora kutagaragara muri uyu mukino ni Sugira Ernest, kuri Mckinstry avuga ko nta mpungenge bikwiye gutera kuko hari abakinnyi bo kubasimbura bigaragaje barimo Hakizimana Muhadjiri wa Mukura umaze gutsinda ibitego 9 muri shampiyona.

Ati “Sugira na Tuyisenge barigaragaje muri CHAN 2016 . Kuri Sugira dutegereje kureba niba imvune ye izaba yakize. Byanze twazareba ku bakinnyi nka Muhadjiri wa Mukura utaragize amahirwe yo kujya mu bakinnyi bari muri CHAN 2016 ariko ntacike intege agakomeza gutsinda ibitego muri shampiyona”.

Imvugo y’umutoza w’amavubi inumvikanisha ko ashobora kwifashisha rutahizamu Uzamukunda Elias « Baby » ukina mu Bufaransa na myugariro Salomon Nirisarike muri uyu mukino.

Ati “Uzamukunda na Nirisarike Salomon ni abakinnyi bahoraho mu makipe yabo. Nka Baby yabanje mu mikino 15 muri 17, gusa bamihunduriye umwanya ava ku gukina imbere ajya ku ruhande. Nirisarike Salomon yakinnye 75 % by’imikino ya Saint Trond, ubwo rero tuzareba”.

Mckinstry agiye gusinya amasezerano mashya
Umutoza Mckinstry yanatangaje ko mu minsi mike agiye guhabwa amasezerano mashya yo gutoza Amavubi.

Ati “Ntegereje ko bampa impapuro ngasinya, ibintu byose twarabyumvikanye, byararangiye. Mu minsi mike nzasinya amasezerano y’imyaka ibiri”.

M.Fils

2016-03-09
Editorial

IZINDI NKURU

Umukinnyi w’umu-Kongomani Heritier Nzinga Luvumbu ukinira Rayon Sports yitwikiriye Siporo ayivangamo Politiki, Ikipe ye yitandukanya nawe

Umukinnyi w’umu-Kongomani Heritier Nzinga Luvumbu ukinira Rayon Sports yitwikiriye Siporo ayivangamo Politiki, Ikipe ye yitandukanya nawe

Editorial 13 Feb 2024
Muri Congo Kinshasa hakoreshejwe Miliyoni 324 z’Amadorali y’Amerika mu mikino ya Francophonie mu gihe hari hateganyijwe Miliyoni 48$

Muri Congo Kinshasa hakoreshejwe Miliyoni 324 z’Amadorali y’Amerika mu mikino ya Francophonie mu gihe hari hateganyijwe Miliyoni 48$

Editorial 30 Oct 2023
Imbwa yategereje shebuja amezi 7 yose ku muhanda

Imbwa yategereje shebuja amezi 7 yose ku muhanda

Editorial 25 Jan 2016
Umukino wagombaga guhuza Simba na Yanga yo muri Tanzaniya byarangiye utabaye kubera ko Yanga yanze impinduka z’isaha y’umukino zaje ku munota wa nyuma.

Umukino wagombaga guhuza Simba na Yanga yo muri Tanzaniya byarangiye utabaye kubera ko Yanga yanze impinduka z’isaha y’umukino zaje ku munota wa nyuma.

Editorial 09 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bane bafunzwe bacyekwaho guha ruswa abapolisi kugira ngo bakorerwe ibinyuranije n’amategeko
Mu Mahanga

Bane bafunzwe bacyekwaho guha ruswa abapolisi kugira ngo bakorerwe ibinyuranije n’amategeko

Editorial 23 Feb 2017
René Mugenzi yakatiwe igifungo cy’imyaka ibiri azira kwiba amaturo ya Kiliziya, ibi bibaye nyuma yuko we na Ally Yussuf Mugenzi wa BBC bacucuye impunzi ngo barabashakira ibyangombwa
INKURU NYAMUKURU

René Mugenzi yakatiwe igifungo cy’imyaka ibiri azira kwiba amaturo ya Kiliziya, ibi bibaye nyuma yuko we na Ally Yussuf Mugenzi wa BBC bacucuye impunzi ngo barabashakira ibyangombwa

Editorial 24 Oct 2020
Raporo ya HRW ku matora ya Perezida wa Repubulika y’u Rwanda irashingira ku miryango n’ itangazamakuru  bibogama – Mbanda
ITOHOZA

Raporo ya HRW ku matora ya Perezida wa Repubulika y’u Rwanda irashingira ku miryango n’ itangazamakuru bibogama – Mbanda

Editorial 25 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru