• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Icyo Depite Gatabazi yavuze k’ urupfu rwa Mukayisenga

Icyo Depite Gatabazi yavuze k’ urupfu rwa Mukayisenga

Editorial 12 Jun 2017 Mu Rwanda

Depite Gatabazi Jean Marie Vianney avuga ko n’ubwo Nyakwigendera Depite Mukayisenga yavukaga ku babyeyi bahoze ari abasirikare ba Perezida Habyarimana, ibi ngo bitamuciye intege zo gukorera Umuryango wa FPR-Inkotanyi.

Gatabazi yavuze ko uyu mudepite yagaragaje ubwitange bukomeye mu Rwanda nyuma yo kuva mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, aho yagize uruhare mu kunga Abanyarwanda.

Depite Mukayisenga Françoise yitabye Imana kuri uyu wa 12 Kamena 2017 mu bitaro bya gisirikare i Kanombe azize indwara.

-33.gif

Depite Gatabazi Jean Marie Vianney

Mu kiganiro Depite Gatabazi Jean Marie Vianney wabanye cyane na nyakwigendera Mukayisenga yahaye Izubarirashe.rw, dukesha iyi nkuru yavuze ko igihugu kibuze umuntu ukomeye.

Gatabazi avuga azi Mukayisenga kuva kera kuko bose bakoranye mu nzego z’ibanze.

Yagize ati “Depite Mukayisenga ndamuzi cyane kuko muzi tukiri no mu nzego z’ibanze, yari kontabure wa Komini Rwerere nanjye ndi kontabure wa komini Kiyombe mbere y’uko tuza mu Nteko Ishinga Amategeko aho yaje ansanga, Mukayisenga ni umunyamuryango wa FPR Inkotanyi wakoraga cyane, ariko kandi akaba anafite isomo ryo kuba yari ashoboye gutahuka akava mu buhungiro muri Zaire, mu gihe atari afite icyizere cyo kuba yagira agaciro mu gihugu..”

Yakomeje agira ati “Akigera mu Rwanda yarakiriwe ajya mu nzego zikomeye. Nk’umuntu wakomokaga ku babyeyi bari abasirikare mu gihe cya Perezida Habyarimana, we yumvaga nta gaciro yari afite ko kuba yagira agaciro mu gihugu, gusa byahoraga bimushimisha cyane kuba yarakiriwe agahabwa agaciro mu gihugu akaza no kugera mu rwego rukomeye mu nteko ishinga amategeko, mu by’ukuri yakundaga kugaragaza ko umuryango wa FPR ari umuryango udaheeza, ushaka gukora no kujya mu nzira y’ubumwe bw’abanyarwanda.”

Avuga ko Mukayisenga ngo yari umuntu buri munsi uharanira guhuza abanyarwanda.

Yunzemo ati “Mukayisenga yari umuntu ukomeye cyane mu bintu byo guhuza abanyarwanda, ku bintu by’ubumwe bw’abanyarwanda cyane cyane no guhangana n’abashaka gusubiza u Rwanda mu bibe by’icuraburindi, yari umuntu udashobora kugamburuzwa n’iminsi ngo abe yatatira igihango cyo kunga abanyarwanda, ni umuntu wari ufite urukundo, witondaga kandi wacishaga make.”

Avuga ko uyu mudepite ngo ibi yabigaragazaga cyane cyane mu bice Rwerere.

Depite Gatabazi avuga ko no mu gihe nyakwigendera Mukayisenga yari arwaye, yagaragazaga ubwitange no gushaka gukora, ibi akabikora afite imbaraga nke.

Uyu mudepite ngo yari amaze iminsi arwariye mu bitaro, yaje koroherwa gusa nyuma yongera kubisubiramo kugeza yitabye Imana.

Depite Mukayisenga w’imyaka 48, yakomokaga mu mutwe wa FPR-Inkotanyi mu Ntara y’Iburengerazuba, yagiye mu nteko ishinga amategeko mu mwaka wa 2003.

-6950.jpg

Nyakwigendera Depite Mukayisenga

2017-06-12
Editorial

IZINDI NKURU

Musanze: Uwishe mugenzi we amukubise ibuye mu mutwe yakaniwe urumukwiye

Musanze: Uwishe mugenzi we amukubise ibuye mu mutwe yakaniwe urumukwiye

Editorial 07 Jun 2018
Partiots BBC yateye intambwe iyigeza muri 1/2 cya Basketball Africa League, ni nyuma yo gutsinda Ferroviário de Maputo amanota 73 kuri 71.

Partiots BBC yateye intambwe iyigeza muri 1/2 cya Basketball Africa League, ni nyuma yo gutsinda Ferroviário de Maputo amanota 73 kuri 71.

Editorial 28 May 2021
Ku nshuro ya kane, Urubanza rw’abo kwa Rwigara rwasubitswe, basabye guhabwa Bibiliya zabo  n’ ibitabo by’indirimbo

Ku nshuro ya kane, Urubanza rw’abo kwa Rwigara rwasubitswe, basabye guhabwa Bibiliya zabo n’ ibitabo by’indirimbo

Editorial 13 Oct 2017
Amikoro make yatumye komite nyobozi ya As Muhanga yegura

Amikoro make yatumye komite nyobozi ya As Muhanga yegura

Editorial 11 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umukozi wo mu rugo yafatanywe asaga miliyoni y’amanyarwanda yibye umukoresha we
Mu Rwanda

Umukozi wo mu rugo yafatanywe asaga miliyoni y’amanyarwanda yibye umukoresha we

Editorial 19 Apr 2017
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson

Editorial 20 Jan 2020
Intare FA irakira ikipe ya Heroes Fc mu mukino w’umunsi wa gatatu wo guhatanira gukina icyiciro cya mbere 2021-2022
Amakuru

Intare FA irakira ikipe ya Heroes Fc mu mukino w’umunsi wa gatatu wo guhatanira gukina icyiciro cya mbere 2021-2022

Editorial 24 Sep 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru