• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Imbere y’abacamanza, abahoze ari abarwanyi ba Kayumba Nyamwasa bateranye amagambo na Mudathiru wabayoboraga uburyo binjijwe mu gisirikare

Imbere y’abacamanza, abahoze ari abarwanyi ba Kayumba Nyamwasa bateranye amagambo na Mudathiru wabayoboraga uburyo binjijwe mu gisirikare

Editorial 17 Sep 2020 INKURU NYAMUKURU

Urubanza rw’abantu 32 bahoze mu gisirikari cya Kayumba Nyamwasa bakaba barafashwe bayobowe na Maj (Rtd) Mudathiru rwakomeje kuri uyu wa gatatu tariki ya 16 Nzeli aho rwatangiye  Mudathiru yihakana ibyo abarwanyi be bavuga ko bashutswe we akavuga ko bari bakuru bihagije kandi ko bari bazi ibyo bagiyemo.

Muri 32, abahoze ari abarwanyi bagera kuri 11 babwiye urukiko ko bari barabaye imfungwa batabona ubwinyagamburiro bwo gutoroka bakigera mu mashyamba ya Kongo. Bongeyeho ko Mudathiru ariwe wabicungiraga ubwe kandi ko uwagerageje gutoroka bamukubise ifuni abanda babireba.

Mudathiru wari uzwi nk’umuyobozi w’ingabo za P5 ku izina rya Colonel Musa, ashinzwe ibikorwa bya gisirikari mu gihe umuyobozi w’ikirenga yari Kayumba Nyamwasa ariko akabarizwa muri Afurika y’Epfo. Mudathiru amaze gufatwa, Kayumba yasabye Robert Higiro na Micombero ngo bajye kumusimbura, bamusaba ko byaba byiza bahuriyeyo, nuko araruca ararumira.

Mudathiru nanubu aracyafite ibikomere yagiriye ku rugamba, igihe ingabo za FARDC zabategaga igico muri Kivu y’majyaruguru ubwo bazamukaga bavuye muri Kivu y’amajyepfo nyuma yo kubisabwa na Kayumba Nyamwasa. Bari bagiye kwihuza na FDLR ngo bagire umutwe umwe.

Ubwo yisobanuraga Mudathiru yamaganye ibyo abasirikari be bavuga ko nta bwinyagamburiro bwo gutoroka bari bafite ko inzira yari nyabagendwa. Yagize ati “ Bari bafite uburenganzira bwo kugenda aho bashaka, bajyaga kugura ibiryo n’ibindi bikenerwa. Abashaka gutoroka baragendaga” Abenshi muri uwo mutwe bavuze ko bawinjijwemo bijejwe ibitangaza by’akazi muri Kongo nuko bisanga mu mitwe yitwara gisirikari bababwira ko bagiye “kubohoza” u Rwanda

Umushinjacyaha Capt Bernard Kayumba nawe yanyomoje ibyatangajwe nabo barwanyi 11 aho yatangaje ko hari abatorotse uwo mutwe bakagaruka mu Rwanda ntawe ubibafashijemo. Bakaba batarashikirijwe inkiko kuko bo batashye ku bwabo ntabwo bategereje gufatwa. Ahubwo banyujijwe muri gahunda yo gisezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abahoze mu mitwe yitwaje intwaro.

Umwaka ushize, Mudathiru yemeye ibyaha byose ashinjwa ndetse n’abarwanyi be. Ariko bamwe mu barwanyi bagasaba gukurwaho icyaha cyo gushinga umutwe witwaje intwaro kugirango baburane ibindi byaha. Muri ibyo byaha harimo, ubugambayi, gushaka gukuraho ubutegetsi buriho bwatowe n’abaturage, ubufatanye na leta y’amahanga mugushoza intambara no kwinjira mu mitwe y’iterabwoba.

Kugeza ubu uwabuze muri uru rubanza ni Private Jean Bosco Ruhinda. Usibye abarwanyi 25 bacyuwe n’igihugu cya Kongo, abanda ni abafatiwe mu gihugu imbere bakoranaga nabo harimo abari mu gisirikari cy’u Rwanda.

Umutwe wa P5 washyizwe ahabona na Raporo ya LONI muri Ukuboza 2018. Abarwanyi bawo baturutse muri Uganda n’u Burundi aho ibyo bihugu byombi bifite uruhare runini mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

 

2020-09-17
Editorial

IZINDI NKURU

Burundi: Iterabwoba n’umutekano muke byatumye Meddy na Bruce Melody basubika ibitaramo i Bujumbura

Burundi: Iterabwoba n’umutekano muke byatumye Meddy na Bruce Melody basubika ibitaramo i Bujumbura

Editorial 27 Dec 2018
Nyuma y’ibuyera n’ifatwa rye, Ruharwa Fulgence Kayishema ashobora kwisanga mu nzira igana Arusha

Nyuma y’ibuyera n’ifatwa rye, Ruharwa Fulgence Kayishema ashobora kwisanga mu nzira igana Arusha

Editorial 16 Aug 2023
Perezida Paul Kagame azatanga “Igihango”, Impeta y’Ishimwe y’Ubucuti, kubantu icyenda kubera ibikorwa by’ikirenga bakoreye igihugu.

Perezida Paul Kagame azatanga “Igihango”, Impeta y’Ishimwe y’Ubucuti, kubantu icyenda kubera ibikorwa by’ikirenga bakoreye igihugu.

Editorial 15 Nov 2017
Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Ruharwa Laurent Bucyibaruta arashyize ashyikirijwe ubutabera

Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Ruharwa Laurent Bucyibaruta arashyize ashyikirijwe ubutabera

Editorial 09 May 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’abaminisitiri idasanzwe
Mu Mahanga

Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’abaminisitiri idasanzwe

Editorial 14 Nov 2016
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Editorial 24 Apr 2023
Abongereza barinubira leta yabo isesagura amafaranga menshi ku ba jenosideri batanu bahaburanishirizwa
INKURU NYAMUKURU

Abongereza barinubira leta yabo isesagura amafaranga menshi ku ba jenosideri batanu bahaburanishirizwa

Editorial 10 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru