• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Imyaka 10 BK yavuye kuri miliyoni $200 ikagera kuri miliyari $1 y’umutungo mbumbe

Imyaka 10 BK yavuye kuri miliyoni $200 ikagera kuri miliyari $1 y’umutungo mbumbe

Editorial 11 May 2019 UBUKUNGU

Imyaka 53 irashize, Banki ya Kigali ihindura ubuzima bw’Abanyarwanda binyuze muri serivisi z’imari. Niyo banki ya kabiri yageze ku isoko ry’u Rwanda ku wa 22 Ukuboza 1966, itangira imirimo yayo muri Gashyantare 1967.

Banki ya Kigali yashinzwe ku bufatanye bwa Guverinoma y’u Rwanda na Banki yitwa Belgolaise ibarizwa muri Fortis Bank y’i Bruxelles, buri ruhande rufite imigabane ingana na 50%.

Itegeko rigenga ibigo byigenga mu Rwanda ryatumye mu 2011, BK ihindurirwa izina iva kuri Banki ya Kigali S.A iba Banki ya Kigali Ltd, ndetse mu 2017 yafashe irya BK Group Plc nk’ikigo cy’ishoramari kibumbatiye ibindi; birimo BK Techouse yita ku ikoranabuhanga; BK Insurance yita ku Bwishingizi, BK Plc yita kuri serivisi za banki na BK Capital Ltd itanga serivisi z’ubujyanama n’imari.

BK yatangiye yakira amafaranga, ikanatanga inguzanyo gusa ariko yagiye yagura ishoramari ryayo uko ikoranabuhanga ritera imbere.

Uko imyaka yicumye niko yaguye ishoramari ryayo kuva aho umutungo mbumbe wayo wavuye kuri miliyoni $200 mu 2009, ukaba ugeze ku arenga miliyari y’amadolari ya Amerika.

Ni intambwe yagezweho ku bufatanye bwa BK Plc n’abashoramari batandukanye bo mu Rwanda no hanze yarwo.

Inteko Rusange idasanzwe y’abanyamigabane yateranye mu Ukuboza 2017, yanzuye ko imari shingiro ya BK Plc yongerwaho miliyari eshatu na miliyoni 480 Frw, bihwanye n’imigabane isaga miliyoni 348 ku giciro cya 10 Frw kuri umwe.

Icyo gihe imari shingiro ya BK Group Plc yageze kuri miliyari 10 miliyoni 504 n’ibihumbi 600 Frw, bihwanye n’imigabane miliyari imwe, miliyoni 50 n’ibihumbi 460.

Kuri uyu wa 9 Gicurasi 2019, BK Group Plc, yasangije abashoramari biganjemo abaturuka mu mahanga bayishoyemo amafaranga ubwo yongeraga imari shingiro ya banki, serivisi itanga mu gikorwa cya ‘BK Investor Day’.

Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi ya BK Group Plc, Marc Holtzman, yabasangije iterambere ryagezweho mu myaka 10 aho umutungo mbumbe wavuye kuri miliyoni $200, ukaba ugeze kuri miliyari $1.

Yagize ati “Ubu turi ikigo gifite umutungo mbumbe urenga miliyari y’amadolari mu gihugu. Navuga ko ntacyo murabona kuko iminsi myiza iri imbere. Kuva mu mwaka ushize, twavuye ku kuba banki twubaka ikigo, twabikoze kuko benshi mwatubazaga niba tuzagana ku isoko ryo hanze.’’

Kuva mu 2009, BK yagutse bwangu muri serivisi z’imari iha abayigana n’inyungu ibona mu bikorwa byayo. Hagati y’uwo mwaka na 2017, BK yahembwe inshuro zirindwi na Emeafinance nka banki nziza mu Rwanda n’izindi esheshatu nka Banki y’umwaka na The Banker.

Mu 2011, BK yabaye ikigo cya kabiri cy’imbere mu gihugu cyanditswe ku isoko ry’imari n’imigabane, mu 2015 ihabwa igihembo cya African Banker Award cya Banki nziza muri Afurika y’Uburasirazuba, uwo mwaka yanahawe igihembo cya Euromoney nka Banki nziza mu Rwanda.

Src: IGIHE

2019-05-11
Editorial

IZINDI NKURU

Madamu Jeannette Kagame yeretse abayobozi ba Bloomberg Philanthropies ibikorwa bya Imbuto Foundation

Madamu Jeannette Kagame yeretse abayobozi ba Bloomberg Philanthropies ibikorwa bya Imbuto Foundation

Editorial 14 Nov 2017
Guverinoma y’u Rwanda irashimira abakinnyi n’abafana b’amasiganwa y’Isi y’Amagare 2025 ari kubera i Kigali bwambere ku mugabane wa Afurika

Guverinoma y’u Rwanda irashimira abakinnyi n’abafana b’amasiganwa y’Isi y’Amagare 2025 ari kubera i Kigali bwambere ku mugabane wa Afurika

Editorial 24 Sep 2025
Icyayi cy’u Rwanda ntikizongera kwitiranywa n’ibindi byayi

Icyayi cy’u Rwanda ntikizongera kwitiranywa n’ibindi byayi

Editorial 20 Nov 2017
Abayobozi b’Umujyi wa Kigali bibukijwe indangagaciro zikwiye mu kubaka ubukungu butajegajega

Abayobozi b’Umujyi wa Kigali bibukijwe indangagaciro zikwiye mu kubaka ubukungu butajegajega

Editorial 30 Jan 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Hitezwe iki k’uruzinduko rwa Gen. Nyamvumba i Kinshasa
INKURU NYAMUKURU

Hitezwe iki k’uruzinduko rwa Gen. Nyamvumba i Kinshasa

Editorial 11 May 2019
Umugore wa Ishimwe Moses Rutare yasobanuye iyicarubozo ryakorewe umugabo we muri Uganda
ITOHOZA

Umugore wa Ishimwe Moses Rutare yasobanuye iyicarubozo ryakorewe umugabo we muri Uganda

Editorial 12 Mar 2019
Angelique Kidjo yongeye gutsindira igihembo muri Grammy Awards
IMIKINO

Angelique Kidjo yongeye gutsindira igihembo muri Grammy Awards

Editorial 17 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru